Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umubano w’u Rwanda na Uganda wongeye kuganirwaho hanagaragazwa uko uhagaze

radiotv10by radiotv10
06/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umubano w’u Rwanda na Uganda wongeye kuganirwaho hanagaragazwa uko uhagaze
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa z’u Rwanda n’iza Uganda; zahuye mu nama iri kubera mu Karere ka Nyagatare, kugira ngo ziganire icyatuma imigenderanire n’umubano by’Ibihugu byombi, birushaho gutera imbere, hagaragazwa ko ubucuti bw’ibi Bihugu budashingiye ku kuba bituranye gusa.

Iyi nama ya kabiri ku bijyanye n’abinjira n’abasohoka ku mpande zombi, yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gicurasi 2024, aho intumwa z’Ibihugu byombi, zahuye ngo zirebere hamwe uko Ibihugu byombi byarushaho gukorana mu guhangana n’ibyaha byambukiranya imipaka, ndetse no guteza imbere ubucuruzi n’ubuhahirane hagati yabyo.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Clementine Mukeka, wafunguye ku mugaragaro iyi nama, yavuze ko guhura kw’intumwa z’Ibihugu byombi, ari ingingo yagutse kuko ibi Bihugu bifite byinshi bisangiye.

Yagize ati “Ibihugu byacu, bisangiye ibirenze kuba ari ibituranyi, dusangiye amateka akomeye, umuco ndetse n’ubukungu.”

Clementine Mukeka yakomeje avuga ko muri byinshi u Rwanda na Uganda basangiye, harimo n’imbogamizi, “by’umwihariko ibijyanye n’umutekano n’amahoro by’abaturage bacu.”

Ati “Ku bw’ibyo rero, mu gukorera hamwe, mu gusangizanya amakuru ndetse no guhuza imbaraga, dushobora kubaka umwuka mwiza n’ahantu hatekanye ku baturage bacu ndetse tukanukaba iterambere rirambye ryambukiranya imipaka.”

Yavuze kandi ko iyi nama ari n’umwanya mwiza wo gusuzuma intambwe imaze guterwa mu mubano n’imikoranire y’Ibihugu byombi, ndetse no kurebera hamwe ibikwiye gushyirwamo imbaraga.

Ambasaderi Julius Kivuna, uyobora ishami rishinzwe amahoro n’Umutekano muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Uganda, yavuze ko mbere na mbere ashima imiyoborere y’Ibihugu byombi, ihora ishyize imbere icyatuma umubano wabyo urushaho kumera neza.

Yavuze ko yizeye ko iyi nama ya kabiri, iza kuba umuyobora wo gushakira umuti imbogamizi n’ibibazo bikiri mu migenderanire ku mipaka ihuza Ibihugu byombi.

Ati “Mu gihe duhuye uyu munsi, ni n’umwanya wo gusubiza amaso inyuma tukareba intambwe yatewe mu nzego zitandukanye yaba mu rwego rw’abinjira n’abasohoka, mu buzima, umutekano, ubucuruzi n’isoreshwa ndetse no kugaragaza imbibi z’imipaka yacu.”

Ambasaderi Julius Kivuna yavuze ko umubano wa Uganda n’u Rwanda, ukomeje guhagarara bwuma, bityo ko iyi nama ikwiye kuba umwanya wo kurebera hamwe icyakuraho imbogamizi zigihari, ndetse n’icyakorwa kugira ngo imikoranire irushaho kuba myiza.

Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET, Clementine Mukeka yavuze ko umubano w’u Rwanda na Uganda urenze kuba ari Ibituranyi

Ambasaderi Julius Kivuna yashimiye Imiyoborere y’Ibihugu byombi
Ni inama yanitabiriwe n’inzego z’Umutekano ku mpande zomb. Uyu ni Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 20 =

Previous Post

Nyanza: Ikiyaga gihangano cyabazaniye ibibazo none n’ibyo bizejwe byakurikiwe n’igihirahiro

Next Post

U Rwanda rwasubije abagereranya kurwoherezamo abimukira nk’igihano

Related Posts

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari bimaze imyaka itanu, byorohejwe ku cyiciro cy’ibanze, aho bakoresha...

Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

In today’s world, many employers are facing the same challenge: young workers leaving jobs after only a few months. In...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

by radiotv10
17/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, aherutse kuburanishwa mu mizi ku byaha aregwa bishingiye ku ihohotera akekwaho gukorera umugore we...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi...

IZIHERUKA

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana
MU RWANDA

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

18/09/2025
Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

18/09/2025
Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

17/09/2025
Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

17/09/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwasubije abagereranya kurwoherezamo abimukira nk’igihano

U Rwanda rwasubije abagereranya kurwoherezamo abimukira nk’igihano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.