Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umubano w’u Rwanda na Uganda wongeye kuganirwaho hanagaragazwa uko uhagaze

radiotv10by radiotv10
06/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umubano w’u Rwanda na Uganda wongeye kuganirwaho hanagaragazwa uko uhagaze
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa z’u Rwanda n’iza Uganda; zahuye mu nama iri kubera mu Karere ka Nyagatare, kugira ngo ziganire icyatuma imigenderanire n’umubano by’Ibihugu byombi, birushaho gutera imbere, hagaragazwa ko ubucuti bw’ibi Bihugu budashingiye ku kuba bituranye gusa.

Iyi nama ya kabiri ku bijyanye n’abinjira n’abasohoka ku mpande zombi, yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gicurasi 2024, aho intumwa z’Ibihugu byombi, zahuye ngo zirebere hamwe uko Ibihugu byombi byarushaho gukorana mu guhangana n’ibyaha byambukiranya imipaka, ndetse no guteza imbere ubucuruzi n’ubuhahirane hagati yabyo.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Clementine Mukeka, wafunguye ku mugaragaro iyi nama, yavuze ko guhura kw’intumwa z’Ibihugu byombi, ari ingingo yagutse kuko ibi Bihugu bifite byinshi bisangiye.

Yagize ati “Ibihugu byacu, bisangiye ibirenze kuba ari ibituranyi, dusangiye amateka akomeye, umuco ndetse n’ubukungu.”

Clementine Mukeka yakomeje avuga ko muri byinshi u Rwanda na Uganda basangiye, harimo n’imbogamizi, “by’umwihariko ibijyanye n’umutekano n’amahoro by’abaturage bacu.”

Ati “Ku bw’ibyo rero, mu gukorera hamwe, mu gusangizanya amakuru ndetse no guhuza imbaraga, dushobora kubaka umwuka mwiza n’ahantu hatekanye ku baturage bacu ndetse tukanukaba iterambere rirambye ryambukiranya imipaka.”

Yavuze kandi ko iyi nama ari n’umwanya mwiza wo gusuzuma intambwe imaze guterwa mu mubano n’imikoranire y’Ibihugu byombi, ndetse no kurebera hamwe ibikwiye gushyirwamo imbaraga.

Ambasaderi Julius Kivuna, uyobora ishami rishinzwe amahoro n’Umutekano muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Uganda, yavuze ko mbere na mbere ashima imiyoborere y’Ibihugu byombi, ihora ishyize imbere icyatuma umubano wabyo urushaho kumera neza.

Yavuze ko yizeye ko iyi nama ya kabiri, iza kuba umuyobora wo gushakira umuti imbogamizi n’ibibazo bikiri mu migenderanire ku mipaka ihuza Ibihugu byombi.

Ati “Mu gihe duhuye uyu munsi, ni n’umwanya wo gusubiza amaso inyuma tukareba intambwe yatewe mu nzego zitandukanye yaba mu rwego rw’abinjira n’abasohoka, mu buzima, umutekano, ubucuruzi n’isoreshwa ndetse no kugaragaza imbibi z’imipaka yacu.”

Ambasaderi Julius Kivuna yavuze ko umubano wa Uganda n’u Rwanda, ukomeje guhagarara bwuma, bityo ko iyi nama ikwiye kuba umwanya wo kurebera hamwe icyakuraho imbogamizi zigihari, ndetse n’icyakorwa kugira ngo imikoranire irushaho kuba myiza.

Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET, Clementine Mukeka yavuze ko umubano w’u Rwanda na Uganda urenze kuba ari Ibituranyi

Ambasaderi Julius Kivuna yashimiye Imiyoborere y’Ibihugu byombi
Ni inama yanitabiriwe n’inzego z’Umutekano ku mpande zomb. Uyu ni Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Nyanza: Ikiyaga gihangano cyabazaniye ibibazo none n’ibyo bizejwe byakurikiwe n’igihirahiro

Next Post

U Rwanda rwasubije abagereranya kurwoherezamo abimukira nk’igihano

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwasubije abagereranya kurwoherezamo abimukira nk’igihano

U Rwanda rwasubije abagereranya kurwoherezamo abimukira nk’igihano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.