Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umubano w’u Rwanda na Uganda wongeye kuganirwaho hanagaragazwa uko uhagaze

radiotv10by radiotv10
06/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umubano w’u Rwanda na Uganda wongeye kuganirwaho hanagaragazwa uko uhagaze
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa z’u Rwanda n’iza Uganda; zahuye mu nama iri kubera mu Karere ka Nyagatare, kugira ngo ziganire icyatuma imigenderanire n’umubano by’Ibihugu byombi, birushaho gutera imbere, hagaragazwa ko ubucuti bw’ibi Bihugu budashingiye ku kuba bituranye gusa.

Iyi nama ya kabiri ku bijyanye n’abinjira n’abasohoka ku mpande zombi, yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gicurasi 2024, aho intumwa z’Ibihugu byombi, zahuye ngo zirebere hamwe uko Ibihugu byombi byarushaho gukorana mu guhangana n’ibyaha byambukiranya imipaka, ndetse no guteza imbere ubucuruzi n’ubuhahirane hagati yabyo.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Clementine Mukeka, wafunguye ku mugaragaro iyi nama, yavuze ko guhura kw’intumwa z’Ibihugu byombi, ari ingingo yagutse kuko ibi Bihugu bifite byinshi bisangiye.

Yagize ati “Ibihugu byacu, bisangiye ibirenze kuba ari ibituranyi, dusangiye amateka akomeye, umuco ndetse n’ubukungu.”

Clementine Mukeka yakomeje avuga ko muri byinshi u Rwanda na Uganda basangiye, harimo n’imbogamizi, “by’umwihariko ibijyanye n’umutekano n’amahoro by’abaturage bacu.”

Ati “Ku bw’ibyo rero, mu gukorera hamwe, mu gusangizanya amakuru ndetse no guhuza imbaraga, dushobora kubaka umwuka mwiza n’ahantu hatekanye ku baturage bacu ndetse tukanukaba iterambere rirambye ryambukiranya imipaka.”

Yavuze kandi ko iyi nama ari n’umwanya mwiza wo gusuzuma intambwe imaze guterwa mu mubano n’imikoranire y’Ibihugu byombi, ndetse no kurebera hamwe ibikwiye gushyirwamo imbaraga.

Ambasaderi Julius Kivuna, uyobora ishami rishinzwe amahoro n’Umutekano muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Uganda, yavuze ko mbere na mbere ashima imiyoborere y’Ibihugu byombi, ihora ishyize imbere icyatuma umubano wabyo urushaho kumera neza.

Yavuze ko yizeye ko iyi nama ya kabiri, iza kuba umuyobora wo gushakira umuti imbogamizi n’ibibazo bikiri mu migenderanire ku mipaka ihuza Ibihugu byombi.

Ati “Mu gihe duhuye uyu munsi, ni n’umwanya wo gusubiza amaso inyuma tukareba intambwe yatewe mu nzego zitandukanye yaba mu rwego rw’abinjira n’abasohoka, mu buzima, umutekano, ubucuruzi n’isoreshwa ndetse no kugaragaza imbibi z’imipaka yacu.”

Ambasaderi Julius Kivuna yavuze ko umubano wa Uganda n’u Rwanda, ukomeje guhagarara bwuma, bityo ko iyi nama ikwiye kuba umwanya wo kurebera hamwe icyakuraho imbogamizi zigihari, ndetse n’icyakorwa kugira ngo imikoranire irushaho kuba myiza.

Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET, Clementine Mukeka yavuze ko umubano w’u Rwanda na Uganda urenze kuba ari Ibituranyi

Ambasaderi Julius Kivuna yashimiye Imiyoborere y’Ibihugu byombi
Ni inama yanitabiriwe n’inzego z’Umutekano ku mpande zomb. Uyu ni Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Nyanza: Ikiyaga gihangano cyabazaniye ibibazo none n’ibyo bizejwe byakurikiwe n’igihirahiro

Next Post

U Rwanda rwasubije abagereranya kurwoherezamo abimukira nk’igihano

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwasubije abagereranya kurwoherezamo abimukira nk’igihano

U Rwanda rwasubije abagereranya kurwoherezamo abimukira nk’igihano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.