• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyanza: Ikiyaga gihangano cyabazaniye ibibazo none n’ibyo bizejwe byakurikiwe n’igihirahiro

radiotv10by radiotv10
06/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyanza: Ikiyaga gihangano cyabazaniye ibibazo none n’ibyo bizejwe byakurikiwe n’igihirahiro
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage 50 bahinga mu gishanga cya Bishya kiri mu rugabano rw’Imirenge ya Rwabicuma na Busasamana mu Karere ka Nyanza, bavuga ko bamaze imyaka irindwi bishyuza indishyi za Miliyoni 32 Frw z’imyaka yabo yangijwe n’ikiyaga gihangano kinifashishwa n’uruganda rw’amazi.

Iki kiyaga gihangano cyaje kwegurirwa Ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi (WASAC) kugira ngo kijye cyifashishwa mu gukusanya amazi atunganywa n’uruganda wa Mpanga.

Bamwe mu bafite imitungo yiganjemo imyaka yarengewe n’aya mazi, bavuga ko bamaze igihe kitari gito biruka ku ndishyi bemerewe batarahabwa.

Umwe muri bo yagize ati “Twahingagamo imyaka yose, huzura harimo imyaka irarengerwa, baravuga ngo bazatubarira ibyangijwe twishyurwe, twarategereje turaheba.”

Undi ati “Imyaka irindwi irashize bahora batubwira ngo tuzishyurwa twarategereje turaheba. Turasaba ko twakwishyurwa mafaranga y’imitungo yacu yangijwe.”

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda avuga ko hari harabayemo amakosa ku rutonde rwari rwoherejwe mu kigo cy’Igihugu gishinzwe amazi, isuku n’Isukura WASAC, ariko ngo kuri ubu byarakosowe ku buryo iki kibazo kigiye gukemuka.

Ati “Twarababariye bigeze muri WASAC basanga hari ibibura barabigarura kugira ngo bikosorwe. Kuri ubu byamaze gukosorwa.”

Abaturage bishyuza aya mafaranga bagera muri mirongo itanu (50) aho bose hamwe bishyuza amafaranga angana na miliyoni 32 Frw.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

U Rwanda rwasubije America ku birego by’ibinyoma yarushinje gukorera muri Congo

Next Post

Umubano w’u Rwanda na Uganda wongeye kuganirwaho hanagaragazwa uko uhagaze

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Umubano w’u Rwanda na Uganda wongeye kuganirwaho hanagaragazwa uko uhagaze

Umubano w’u Rwanda na Uganda wongeye kuganirwaho hanagaragazwa uko uhagaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.