Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umubare w’abahitanywe n’umwuzure muri Pakistan watumbagiye

radiotv10by radiotv10
20/08/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Umubare w’abahitanywe n’umwuzure muri Pakistan watumbagiye
Share on FacebookShare on Twitter

Imirimo yo gutabara irakomeje muri Pakistan nyuma y’umwuzure ukomeye watewe n’imvura nyinshi yaguye kuva ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, aho kugeza hamaze kumenyekana abantu hafi 400, bahitanywe n’ibi biza.

Iyi mvura nyinshi yaguye n’ubu igikomeje, yateje umwuzure ukomeye  n’inkangu byibasiye cyane agace k’amajyaruguru y’uburengerazuba bw’Igihugu, aho inzu nyinshi zasenyutse ndetse bigatuma abaturage bisanga bari mu bisigazwa by’inzu zasenyutse.

Kugeza kuri uyu wa Kabiri tariki19 kanama, abayobozi bo mu Karere ka Buner muri Khyber Pakhtunkhwa bavuze ko nibura abantu basaga 150 baburiwe irengero, mu gihe ibikorwa byo kubashakisha no gutabara abari mu kaga na byo bigikomeje.

Abashinzwe ubutabazi bavuga ko imibare y’abapfuye ishobora gukomeza kwiyongera, mu gihe imvura na yo idahagarara ndetse ibikorwa by’ubutabazi bikaba bikigoranye cyane cyane ku baturage bo mu bice byashegeshwe n’ibi biza.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, abinyujije kuri X yavuze ko yababajwe cyane n’ababuriye ubuzima bwabo muri ibi biza ndetse avuga ko uyu Muryango ayoboye witeguye gutanga ubufasha.

Yagize ati “Nababajwe cyane n’icyorezo cy’umwuzure giherutse guhitana ubuzima bw’abantu mu Buhinde na Pakistani, Ndatanga ubutumwa bw’ihumure n’ubwo kwifatanya n’imiryango yabuze ababo, kandi mpagararanye n’abahuye n’ingaruka z’iki kiza. Umuryango w’Abibumbye witeguye gutanga ubufasha bwose bukenewe.”

Abaturage bo mu Karere ka Buner kibasiwe cyane bashinje inzego z’ibanze kudatanga amakuru ku gihe ndetse n’impuruza kugira ngo bimurwe hakiri kare kubw’umutekano wabo, ni mugihe kandi  abakuru b’Imidugudu na bo bavuze ko nta butumwa bwo kuburira abaturage bwigeze butangazwa hakoreshejwe indangururamajwi cyangwa kubunyuza mu insengero, nk’uburyo busanzwe bukoreshwa  mu gutanga impuruza mu bice by’icyaro.

Gusa ku ruhande rw’abayobozi na bo bavuze ko batabimenye kuko igicu cy’imvura cyaturitse bitunguranye ku buryo bitashobokaga gutanga ubwo butumwa bw’impuruza.

Kuva muri kamena uyu mwaka Imvura y’umusenyi irenze ku kigero gisanzwe ku yagwaga yateje imyuzure kuri ubu imaze guhitana abantu barenga 700 hirya no hino muri Pakistan.

Ihindagurika ry’ibihe (climate change) ni kimwe mu byatumye iyi mvura nyinshi irushaho gukaza ubukana, nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi bwa World Weather Attribution bwasohotse ku ya 06 Kanama.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 9 =

Previous Post

America n’u Burayi ntibumva kimwe inzira yifuzwa gukoreshwa mu kurangiza intambara yo muri Ukraine

Next Post

MTN Rwanda, in Partnership with Yellow, Launches Affordable Smartphone Financing Program Tunga Taci na MTN Starting from as Low as Rwf 16,000

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda, in Partnership with Yellow, Launches Affordable Smartphone Financing Program Tunga Taci na MTN Starting from as Low as Rwf 16,000

MTN Rwanda, in Partnership with Yellow, Launches Affordable Smartphone Financing Program Tunga Taci na MTN Starting from as Low as Rwf 16,000

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.