Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umubare w’amafaranga amaze gukusanywa nk’imfashanyo y’abashegeshwe n’ibiza wamenyekanye

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umubare w’amafaranga amaze gukusanywa nk’imfashanyo y’abashegeshwe n’ibiza wamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’iminsi 14 Guverinoma y’u Rwanda ishyizeho uburyo bwo gukusanya imfashanyo y’abagizweho ingaruka n’ibiza; Minisiteri Ishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi ivuga ko hamaze kwakirwa asaga miliyoni 465 Frw.

Aya mafaranga yavuye mu byiciro bitandukanye by’Abanyarwanda, ndetse n’abandi Baturarwanda, bakomeje kwitanga uko bifite ngo hafashwe abavandimwe babo bagize ibyago.

Nyuma y’iminsi itanu bimwe mu bice by’u Rwanda bishegeshwe n’ibiza, tariki 08 Gicurasi 2023, Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho uburyo bwo gutanga inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’ibi biza byahitanye abantu 131.

Ubu buryo bwari ubwo gukusanya inkunga irimo ibikoresho n’amafaranga yo kugira uruhare ku mibereho y’aba Baturarwanda.

Hashyizweho konte eshatu ziri muri Banki Nkuru y’Igihugu ndetse n’uburyo bubiri bukoreshwa na sosiyete z’itumanaho zikorera mu Rwanda buzwi nka Mobile Money.

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi ivuga ko ibikoresho bigoye kubibara, icyakora umubare w’amafaranga nubwo na wo wiyongera buri munsi; ariko ngo imibare yo kugeza ku itariki 19 Gicurasi 2023 irazwi.

Umuyobozi Mukuru muri iyi Minisiteri, ushinzwe Politike yo gukumira ibiza n’igenamigambi, Adalbert Rukebanuka; yagize ati “Ibikoresho byo biragoye kuba wahita ubiha agaciro; ngo uvuge ngo haje matera, haje ifu y’ubugari, haje amavuta y’abana; ngo uhite ubibara. Haracyari kare ariko turacyabyegeranya. Tuzabigaragariza Abanyarwanda igihe cyo kubibara cyarangiye.”

Yakomeje agira ati “Naho ku mafaranga, kugeza ejo [19/5/2023] hari hamaze kugeraho miliyoni Magana ane na mirongo itandatu n’eshanu (465 000 000 Frw) zavuye mu Banyarwanda, ziva mu Baturarwanda barimo n’abanyamahanga, ariko n’Abanyarwanda baba hanze y’Igihugu na bo barohereza.”

Avuga ko gushyiraho ubu buryo bwo gukusanya inkunga, byari bigamije gukumira imikorere mibi ya bamwe bashobora kurangwa n’imigirire mibi mu gukusanya iyi nkunga.

Yaboneyeho gusaba abashobora kwitwaza biriya byago byabayeho bakajya kwaka abantu amafaranga, kubigagarika kuko hari uburyo buzwi bwashyizweho.

Ati “Kiriya kintu cy’abantu bajya gusaba amafaranga muri karitsiye ngo ni ayo gufasha abakuwe mu byabo n’ibiza, ntabwo byemewe. Ni yo mpamvu hashyizweho konte, hagashyirwaho na MoMo, ni ukugira ngo byorohereze buri wese. Twirinda ko n’abantu bose uzanye ikintu ashaka kujyayo kucyifotorezaho.”

Iyi Minisiteri igaragaza ko mu bantu 110 bari barakomeretse; 97 bakize, naho 13 baracyari kwa muganga, gusa ngo hari n’abari kuvurwa ibindi bibazo bari basanganywe mbere y’ibiza.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + eleven =

Previous Post

Ibisobanuro bitunguranye by’ishuri ryagaragayeho abana burira impinga bajya kuvoma abandi bari kwiga

Next Post

Congo: Minisitiri wateye inda umwungirije bombi bafite abo bashakanye yatanze igisobanuro gisekeje

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Minisitiri wateye inda umwungirije bombi bafite abo bashakanye yatanze igisobanuro gisekeje

Congo: Minisitiri wateye inda umwungirije bombi bafite abo bashakanye yatanze igisobanuro gisekeje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.