Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umubare w’amafaranga amaze gukusanywa nk’imfashanyo y’abashegeshwe n’ibiza wamenyekanye

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umubare w’amafaranga amaze gukusanywa nk’imfashanyo y’abashegeshwe n’ibiza wamenyekanye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’iminsi 14 Guverinoma y’u Rwanda ishyizeho uburyo bwo gukusanya imfashanyo y’abagizweho ingaruka n’ibiza; Minisiteri Ishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi ivuga ko hamaze kwakirwa asaga miliyoni 465 Frw.

Aya mafaranga yavuye mu byiciro bitandukanye by’Abanyarwanda, ndetse n’abandi Baturarwanda, bakomeje kwitanga uko bifite ngo hafashwe abavandimwe babo bagize ibyago.

Nyuma y’iminsi itanu bimwe mu bice by’u Rwanda bishegeshwe n’ibiza, tariki 08 Gicurasi 2023, Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho uburyo bwo gutanga inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’ibi biza byahitanye abantu 131.

Ubu buryo bwari ubwo gukusanya inkunga irimo ibikoresho n’amafaranga yo kugira uruhare ku mibereho y’aba Baturarwanda.

Hashyizweho konte eshatu ziri muri Banki Nkuru y’Igihugu ndetse n’uburyo bubiri bukoreshwa na sosiyete z’itumanaho zikorera mu Rwanda buzwi nka Mobile Money.

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi ivuga ko ibikoresho bigoye kubibara, icyakora umubare w’amafaranga nubwo na wo wiyongera buri munsi; ariko ngo imibare yo kugeza ku itariki 19 Gicurasi 2023 irazwi.

Umuyobozi Mukuru muri iyi Minisiteri, ushinzwe Politike yo gukumira ibiza n’igenamigambi, Adalbert Rukebanuka; yagize ati “Ibikoresho byo biragoye kuba wahita ubiha agaciro; ngo uvuge ngo haje matera, haje ifu y’ubugari, haje amavuta y’abana; ngo uhite ubibara. Haracyari kare ariko turacyabyegeranya. Tuzabigaragariza Abanyarwanda igihe cyo kubibara cyarangiye.”

Yakomeje agira ati “Naho ku mafaranga, kugeza ejo [19/5/2023] hari hamaze kugeraho miliyoni Magana ane na mirongo itandatu n’eshanu (465 000 000 Frw) zavuye mu Banyarwanda, ziva mu Baturarwanda barimo n’abanyamahanga, ariko n’Abanyarwanda baba hanze y’Igihugu na bo barohereza.”

Avuga ko gushyiraho ubu buryo bwo gukusanya inkunga, byari bigamije gukumira imikorere mibi ya bamwe bashobora kurangwa n’imigirire mibi mu gukusanya iyi nkunga.

Yaboneyeho gusaba abashobora kwitwaza biriya byago byabayeho bakajya kwaka abantu amafaranga, kubigagarika kuko hari uburyo buzwi bwashyizweho.

Ati “Kiriya kintu cy’abantu bajya gusaba amafaranga muri karitsiye ngo ni ayo gufasha abakuwe mu byabo n’ibiza, ntabwo byemewe. Ni yo mpamvu hashyizweho konte, hagashyirwaho na MoMo, ni ukugira ngo byorohereze buri wese. Twirinda ko n’abantu bose uzanye ikintu ashaka kujyayo kucyifotorezaho.”

Iyi Minisiteri igaragaza ko mu bantu 110 bari barakomeretse; 97 bakize, naho 13 baracyari kwa muganga, gusa ngo hari n’abari kuvurwa ibindi bibazo bari basanganywe mbere y’ibiza.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 4 =

Previous Post

Ibisobanuro bitunguranye by’ishuri ryagaragayeho abana burira impinga bajya kuvoma abandi bari kwiga

Next Post

Congo: Minisitiri wateye inda umwungirije bombi bafite abo bashakanye yatanze igisobanuro gisekeje

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Minisitiri wateye inda umwungirije bombi bafite abo bashakanye yatanze igisobanuro gisekeje

Congo: Minisitiri wateye inda umwungirije bombi bafite abo bashakanye yatanze igisobanuro gisekeje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.