Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

radiotv10by radiotv10
26/11/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we amuhoye kumutangaho amakuru ku nkoko yashinjwaga ko yibye abaturanyi, mu gihe we avuga ko yamurembanye mu ijoro, akitaba Imana.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Coko, Robert Niyomwungeri yabwiye RADIOTV10 ko amakuru y’urupfu rw’uyu mwana yamugezeho mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa Kabiri.

Ati “Njyewe ku giti cyanjye nabimenye saa kumi ahagana saa kumi n’igice, mpita njyayo, ngezeyo umubyeyi ndahamusanga koko, ambwira ko umwana we yitabye Imana, ntakindi nahise nkora uretse guhita mpuruza inzego zibishinzwe z’umutekano.”

Izi nzego zirimo urw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB na Polisi, zahise zifata ibimenyetso by’ibanze kugira ngo zitangire gukora iperereza, zihita zinajyana nyakwigendera mu bitaro bya Ruli kugira ngo hakorwe isuzuma ry’icyamuhitanye.

Uyu muyobozi avuga ko amakuru yavuye mu baturanyi b’uyu mubyeyi, avuga ko ari we waba wiyiciye umwana we amuhoye kumutangaho amakuru ko yibye inkoko.

Ati “Icyo abaturage bakitsagaho ko ejo hari bamwe mu baturage bari babuze inkoko yabo ndetse baza aho ku rugo rwe akababwira ko ntayihari, ariko umwana akababwira ati ‘inkoko irahari’.”

Uyu muyobozi avuga ko kandi aba baturage bemeza ko iyo nkoko bayumvaga mu nzu y’uyu mubyeyi ariko ntibabasha kuyinjiramo kuko batemerewe gusaka kuko bifite inzego zibyemerewe.

Ati “Mu gihe bakisuganya ngo bahamagare inzego zibafashe kureba niba iyo nkoko irimo, ntawuzi niba yari irimo cyangwa itari irimo, niba yari irimo akaba yarayishe, ibyo byose biragoye kubimenya, cyane ko na nyiri ubwite atabyemera, ariko mu baturage ni cyo kivugwa.”

Gitifu Niyomwungeri avuga ko uriya mubyeyi we ahakana kwica umwana we, akavuga ko “yamurembanye nijoro, ataka ababara, noneho akabona yitabye Imana.”

Uyu muyobozi avuga ko uyu mubyeyi asanzwe azwiho ingeso yo gukorakora, kuko abaturanyi babimuvugagaho, ariko bari bataramufatira mu cyuho cyangwa ngo bamufatane igihanga.

Uyu mubyeyi yahise atabwa muri yombi, ubu akaba acumbikiwe kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ya Ruli, kugira ngo akorweho iperereza ku rupfu rw’umwana we akekwaho kwica.

Gitifu yaboneyeho gutanga ubutumwa, avuga ko koko nyakwigendera niba yaba yishwe n’uburwayi, nta mubyeyi ukwiye kurangarana umwana we mu gihe yaba amurembanye, ariko nanone mu gihe uriya mubyeyi yaba ari we wiyiciye umwana, agasaba abantu kujya batangira amakuru ku gihe mu gihe babona hari ikibazo gishobora gutuma umuntu yakwambura undi ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + nine =

Previous Post

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Next Post

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.