Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

radiotv10by radiotv10
26/11/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we amuhoye kumutangaho amakuru ku nkoko yashinjwaga ko yibye abaturanyi, mu gihe we avuga ko yamurembanye mu ijoro, akitaba Imana.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Coko, Robert Niyomwungeri yabwiye RADIOTV10 ko amakuru y’urupfu rw’uyu mwana yamugezeho mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa Kabiri.

Ati “Njyewe ku giti cyanjye nabimenye saa kumi ahagana saa kumi n’igice, mpita njyayo, ngezeyo umubyeyi ndahamusanga koko, ambwira ko umwana we yitabye Imana, ntakindi nahise nkora uretse guhita mpuruza inzego zibishinzwe z’umutekano.”

Izi nzego zirimo urw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB na Polisi, zahise zifata ibimenyetso by’ibanze kugira ngo zitangire gukora iperereza, zihita zinajyana nyakwigendera mu bitaro bya Ruli kugira ngo hakorwe isuzuma ry’icyamuhitanye.

Uyu muyobozi avuga ko amakuru yavuye mu baturanyi b’uyu mubyeyi, avuga ko ari we waba wiyiciye umwana we amuhoye kumutangaho amakuru ko yibye inkoko.

Ati “Icyo abaturage bakitsagaho ko ejo hari bamwe mu baturage bari babuze inkoko yabo ndetse baza aho ku rugo rwe akababwira ko ntayihari, ariko umwana akababwira ati ‘inkoko irahari’.”

Uyu muyobozi avuga ko kandi aba baturage bemeza ko iyo nkoko bayumvaga mu nzu y’uyu mubyeyi ariko ntibabasha kuyinjiramo kuko batemerewe gusaka kuko bifite inzego zibyemerewe.

Ati “Mu gihe bakisuganya ngo bahamagare inzego zibafashe kureba niba iyo nkoko irimo, ntawuzi niba yari irimo cyangwa itari irimo, niba yari irimo akaba yarayishe, ibyo byose biragoye kubimenya, cyane ko na nyiri ubwite atabyemera, ariko mu baturage ni cyo kivugwa.”

Gitifu Niyomwungeri avuga ko uriya mubyeyi we ahakana kwica umwana we, akavuga ko “yamurembanye nijoro, ataka ababara, noneho akabona yitabye Imana.”

Uyu muyobozi avuga ko uyu mubyeyi asanzwe azwiho ingeso yo gukorakora, kuko abaturanyi babimuvugagaho, ariko bari bataramufatira mu cyuho cyangwa ngo bamufatane igihanga.

Uyu mubyeyi yahise atabwa muri yombi, ubu akaba acumbikiwe kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ya Ruli, kugira ngo akorweho iperereza ku rupfu rw’umwana we akekwaho kwica.

Gitifu yaboneyeho gutanga ubutumwa, avuga ko koko nyakwigendera niba yaba yishwe n’uburwayi, nta mubyeyi ukwiye kurangarana umwana we mu gihe yaba amurembanye, ariko nanone mu gihe uriya mubyeyi yaba ari we wiyiciye umwana, agasaba abantu kujya batangira amakuru ku gihe mu gihe babona hari ikibazo gishobora gutuma umuntu yakwambura undi ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − two =

Previous Post

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Next Post

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.