Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umubyeyi umwe byamurenze amuha umugisha: Buravan yizihije isabukuru asura impinja bavukiye rimwe

radiotv10by radiotv10
28/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umubyeyi umwe byamurenze amuha umugisha: Buravan yizihije isabukuru asura impinja bavukiye rimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Burabyo Yvan uzwi nka Yvan Buravan wagize isabukuru y’amavuko, yakoze igikorwa kidasanzwe, asura impinja bavukiye ku itariki imwe ziri mu Bitaro binyuranye, umubyeyi umwe biramurenga amuha umugisha.

Uyu muhanzi uri mu bakunzwe mu Rwanda, yavuze ko kuri uyu wa 27 Mata 2022 yizihije isabukuru y’imyaka 27 akagirirwa umugisha wo kwifuriza abandi bavutse kuri iyi tariki.

Yavuze ko yagize igitekerezo cyo kwizihizanya iyi sabukuru n’iminja zavutse kuri iyi tariki 27 Mata 2022 ndetse no gushimira ababyeyi bazibarutse aho bari mu bitaro binyuranye.

Ati “Byari agatangaza kubona impinja n’ababyeyi bari mu Bitaro bine nshimira byimazeyo kuba byanyemereye kwizihizanya n’abo twavukiye rimwe.”

Ubu butumwa Buravan yashyize kuri instagram ye buherekejwe n’amashusho amugaragaza ari gusura abo babyeyi abahereza indabyo yari yabateganyirije.

Ni igikorwa cyakoze ku mutima benshi barimo abo babyeyi bamugaragarije akanyamuneza ko kuba aje kubasura mu bitaro aho umwe yamusabye guca bugudi amuha umugisha ku gahanga ibimenyerewe muri kiliziya Gatulika.

Buravan yasuye bamwe mu babyeyi babyariye mu bitaro bine byo mu Mujyi wa Kigali nk’Ibyitiriwe Umwami Fayisali, iby’Akarere ka Gasabo bya Kacyiru, ibyo ku Muhima ndetse ibya La Croix du Sud bizwi nko Kwa Nyirinkwaya.

Iki gikorwa kandi cyakoze benshi ku mutima, nk’uwitwa

Barachou Barada wagize ati “Isabukuru nziza Yvan buravan, icyo gitekerezo ni kiza kabisa, Imana iguhe umugisha.”

Abandi na bo bavuze ko banyuzwe n’iki gikorwa, bavuga ko na bo ubutaha bazabigenza uku.

Byashimishije ababyeyi

Na we bamuhaye umwana aramuterura

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Minisitiri w’Ingabo wa Botswana yavuze icyatumye agenderera u Rwanda

Next Post

Hamenyekanye icyakurikiye igifungo cy’imyaka 5 cyahanishijwe Umuyobozi w’Umusigiti wishe ingurube

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyakurikiye igifungo cy’imyaka 5 cyahanishijwe Umuyobozi w’Umusigiti wishe ingurube

Hamenyekanye icyakurikiye igifungo cy’imyaka 5 cyahanishijwe Umuyobozi w’Umusigiti wishe ingurube

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.