Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umubyeyi umwe byamurenze amuha umugisha: Buravan yizihije isabukuru asura impinja bavukiye rimwe

radiotv10by radiotv10
28/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umubyeyi umwe byamurenze amuha umugisha: Buravan yizihije isabukuru asura impinja bavukiye rimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Burabyo Yvan uzwi nka Yvan Buravan wagize isabukuru y’amavuko, yakoze igikorwa kidasanzwe, asura impinja bavukiye ku itariki imwe ziri mu Bitaro binyuranye, umubyeyi umwe biramurenga amuha umugisha.

Uyu muhanzi uri mu bakunzwe mu Rwanda, yavuze ko kuri uyu wa 27 Mata 2022 yizihije isabukuru y’imyaka 27 akagirirwa umugisha wo kwifuriza abandi bavutse kuri iyi tariki.

Yavuze ko yagize igitekerezo cyo kwizihizanya iyi sabukuru n’iminja zavutse kuri iyi tariki 27 Mata 2022 ndetse no gushimira ababyeyi bazibarutse aho bari mu bitaro binyuranye.

Ati “Byari agatangaza kubona impinja n’ababyeyi bari mu Bitaro bine nshimira byimazeyo kuba byanyemereye kwizihizanya n’abo twavukiye rimwe.”

Ubu butumwa Buravan yashyize kuri instagram ye buherekejwe n’amashusho amugaragaza ari gusura abo babyeyi abahereza indabyo yari yabateganyirije.

Ni igikorwa cyakoze ku mutima benshi barimo abo babyeyi bamugaragarije akanyamuneza ko kuba aje kubasura mu bitaro aho umwe yamusabye guca bugudi amuha umugisha ku gahanga ibimenyerewe muri kiliziya Gatulika.

Buravan yasuye bamwe mu babyeyi babyariye mu bitaro bine byo mu Mujyi wa Kigali nk’Ibyitiriwe Umwami Fayisali, iby’Akarere ka Gasabo bya Kacyiru, ibyo ku Muhima ndetse ibya La Croix du Sud bizwi nko Kwa Nyirinkwaya.

Iki gikorwa kandi cyakoze benshi ku mutima, nk’uwitwa

Barachou Barada wagize ati “Isabukuru nziza Yvan buravan, icyo gitekerezo ni kiza kabisa, Imana iguhe umugisha.”

Abandi na bo bavuze ko banyuzwe n’iki gikorwa, bavuga ko na bo ubutaha bazabigenza uku.

Byashimishije ababyeyi

Na we bamuhaye umwana aramuterura

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Minisitiri w’Ingabo wa Botswana yavuze icyatumye agenderera u Rwanda

Next Post

Hamenyekanye icyakurikiye igifungo cy’imyaka 5 cyahanishijwe Umuyobozi w’Umusigiti wishe ingurube

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyakurikiye igifungo cy’imyaka 5 cyahanishijwe Umuyobozi w’Umusigiti wishe ingurube

Hamenyekanye icyakurikiye igifungo cy’imyaka 5 cyahanishijwe Umuyobozi w’Umusigiti wishe ingurube

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.