Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umubyinnyi w’indirimbo zigezweho Titi Brown yagizwe umwere nyuma y’imyaka 2 afunze

radiotv10by radiotv10
10/11/2023
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, UBUTABERA
1
Umubyinnyi w’indirimbo zigezweho Titi Brown yagizwe umwere nyuma y’imyaka 2 afunze
Share on FacebookShare on Twitter

Ishimwe Thierry wari ukurikiranyweho gusambanya umukobwa utaruzuza imyaka y’ubukure, yagizwe umwere n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Ugushyingo 2023, rwanzuye ko Ishimwe Thierry adahamwa n’icyaha yari akurikiranyweho, rutegeka ko ahita arekurwa.

Titi Brown watawe muri yombi mu mpera za 2021, yari amaze iminsi aburana kuri iki cyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa, yakunze kugihakana.

Titi Brown watawe muri yombi tariki 13 Ugushyingo 2021, yaburaga iminsi itatu ngo yuzuza imyaka ibiri afunze, aho yakekwagaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 17.

Mu maburanisha yagiye aba, Titi Brown yakunze guhakana icyaha yari akurikiranyweho, mu gihe Ubushinjacyaha bwo bwagaragazaga ko hari ibimenyetso bushingiraho buvuga ko yakoze icyaha bwamushinjaga.

Isomwa ry’uru rubanza ryagombaga kuba tariki 22 Nzeri 2023, ryasubitswe mu buryo butunguranye nyuma y’uko Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruvuze ko hari ibimenyetso bishya byagaragaye bigomba kuburanwaho.

Ikimenyetso kigizwe n’amashusho byavugwaga ko yafashwe tariki 14 Kanama 2023, Ubushinjacyaha bwavugaga ko yafashwe ubwo umukobwa wavugwagaho ko yasambanyijwe na Titi Brown bari kumwe mu ruganiriro iwe, ari na wo munsi yasambanyijwe.

Iki kimenyetso cyaburanyweho tariki 13 z’ukwezi gushize k’Ukwakira, uruhande rw’uregwa, rwari rwavuze ko ari igihimbano kandi ko kidafitanye isano n’ibyaburanwagaho.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwasomye icyemezo cyarwo uyu munsi ku wa Gatanu, rwavuze ko ibimenyetso byatanzwe bidafite ishingiro, ndetse ko n’ikirego cy’Ubushinjacyaha kidafite ishingiro, ndetse rutesha agaciro ku kirego cy’indishyi na cyo cyatanzwe mu iburanisha riheruka, rutegeka ko uregwa arekurwa.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Fhjgff says:
    2 years ago

    Ubutabera burabonetse rwose!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 1 =

Previous Post

Imvune ya Rutahizamu wa Tottenham uyigoboka ahakomeye yayishyize mu ihurizo

Next Post

Umugore wari utwaye udupfunyika 1.000 tw’urumogi mu mayeri adasanzwe yatahuwe

Related Posts

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugore wari utwaye udupfunyika 1.000 tw’urumogi mu mayeri adasanzwe yatahuwe

Umugore wari utwaye udupfunyika 1.000 tw’urumogi mu mayeri adasanzwe yatahuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.