Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umubyinnyi w’indirimbo zigezweho Titi Brown yagizwe umwere nyuma y’imyaka 2 afunze

radiotv10by radiotv10
10/11/2023
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, UBUTABERA
1
Umubyinnyi w’indirimbo zigezweho Titi Brown yagizwe umwere nyuma y’imyaka 2 afunze
Share on FacebookShare on Twitter

Ishimwe Thierry wari ukurikiranyweho gusambanya umukobwa utaruzuza imyaka y’ubukure, yagizwe umwere n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Ugushyingo 2023, rwanzuye ko Ishimwe Thierry adahamwa n’icyaha yari akurikiranyweho, rutegeka ko ahita arekurwa.

Titi Brown watawe muri yombi mu mpera za 2021, yari amaze iminsi aburana kuri iki cyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa, yakunze kugihakana.

Titi Brown watawe muri yombi tariki 13 Ugushyingo 2021, yaburaga iminsi itatu ngo yuzuza imyaka ibiri afunze, aho yakekwagaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 17.

Mu maburanisha yagiye aba, Titi Brown yakunze guhakana icyaha yari akurikiranyweho, mu gihe Ubushinjacyaha bwo bwagaragazaga ko hari ibimenyetso bushingiraho buvuga ko yakoze icyaha bwamushinjaga.

Isomwa ry’uru rubanza ryagombaga kuba tariki 22 Nzeri 2023, ryasubitswe mu buryo butunguranye nyuma y’uko Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruvuze ko hari ibimenyetso bishya byagaragaye bigomba kuburanwaho.

Ikimenyetso kigizwe n’amashusho byavugwaga ko yafashwe tariki 14 Kanama 2023, Ubushinjacyaha bwavugaga ko yafashwe ubwo umukobwa wavugwagaho ko yasambanyijwe na Titi Brown bari kumwe mu ruganiriro iwe, ari na wo munsi yasambanyijwe.

Iki kimenyetso cyaburanyweho tariki 13 z’ukwezi gushize k’Ukwakira, uruhande rw’uregwa, rwari rwavuze ko ari igihimbano kandi ko kidafitanye isano n’ibyaburanwagaho.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwasomye icyemezo cyarwo uyu munsi ku wa Gatanu, rwavuze ko ibimenyetso byatanzwe bidafite ishingiro, ndetse ko n’ikirego cy’Ubushinjacyaha kidafite ishingiro, ndetse rutesha agaciro ku kirego cy’indishyi na cyo cyatanzwe mu iburanisha riheruka, rutegeka ko uregwa arekurwa.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Fhjgff says:
    2 years ago

    Ubutabera burabonetse rwose!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 4 =

Previous Post

Imvune ya Rutahizamu wa Tottenham uyigoboka ahakomeye yayishyize mu ihurizo

Next Post

Umugore wari utwaye udupfunyika 1.000 tw’urumogi mu mayeri adasanzwe yatahuwe

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugore wari utwaye udupfunyika 1.000 tw’urumogi mu mayeri adasanzwe yatahuwe

Umugore wari utwaye udupfunyika 1.000 tw’urumogi mu mayeri adasanzwe yatahuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.