Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umubyinnyi w’Umunyarwandakazi yagaragaje ubundi bumenyi nyuma yo gukorana n’abafite amazina aremereye ku Isi

radiotv10by radiotv10
29/12/2023
in MU RWANDA
0
Umubyinnyi w’Umunyarwandakazi yagaragaje ubundi bumenyi nyuma yo gukorana n’abafite amazina aremereye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Sherrie Silver ukomoka mu Rwanda umaze kuba ikirangirire ku Isi mu kubyina, yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba yarayoboye ifatwa ry’amafoto n’amashusho y’abakinnyi b’ikipe ya Mercedes mu mukino w’isigarwa rya Formula 1, izwi nka Mercedes-AMG PETRONAS F1, igizwe n’abarimo rurangiranwa Lewis Hamilton.

Sherrie Silver yagaragaje ibi byishimo mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, buherekejwe n’amafoto n’amashusho yafashwe ari we uyayoboye, arimo Lewis Hamilton, rurangiranwa muri uyu mukino wo gusiganwa ku tumodoka duto.

Iyi kipe ya Mercedes-AMG PETRONAS F1 izitabira shampiyona y’Isi ya Formula 1, igizwe kandi na George Russell, Mick Schumacher, na Toto Wolff.

Sherrie Silver mu kugaragaza ibyishimo yatewe n’akazi yakoze, yagize ati “Ntewe ishema no kuvuga ko muri uyu mwaka nayoboye ifatwa ry’amafoto n’amashusho by’ikipe ya Mercedes-AMG PETRONAS F1. Mwarakoze kumpitamo Lewis Hamilton, George Russell, Mick Schumacher, na Toto Wolff.”

Ikipe ya Mercedes-AMG PETRONAS F1 iri mu makipe mbere ku Isi mu masiganwa y’utumodoka duto azwi nka Formula 1.

Abakinnyi babiri bayo ari bo Lewis Hamilton na George Russell, baje mu icumi ba mbere ku Isi, mu gihe iyi kipe ubwayo yo yaje ku mwanya wa kabiri mu makipe icumi ya mbere mu mwaka wa 2023.

Sherrie Silver, uvuka mu Rwanda akaba afite ubwenegihugu bw’u Bwongereza, ubu akaba ari no mu Rwanda mu kwizihiza iminsi mikuru, ni umwe mu babyinnyi bafite izina rikomeye ku Isi, akaba yaragaragaye mu ndirimbo zagiye zica uduhigo ku Isi.

Ni umwe mu bagize uruhare muri filimi zirimo iyitwa ‘Sing’ ndetse na ‘Minions,’ akaba yarahawe igihembo cya MTV Video Music Award, akaba asanzwe ari na Ambasaderi w’ikigega cy’Umuryango w’Abibumbye cya IFAD.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Liberia: Guhurura kw’abari bagiye kuvoma Lisansi y’ikamyo yakoze impanuka kwakurikiwe n’amarira

Next Post

Abarenga 1/2 babonye Ibihugu bibakira: Ibyo wamenya ku bimukira 2.000 bakiriwe n’u Rwanda

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarenga 1/2 babonye Ibihugu bibakira: Ibyo wamenya ku bimukira 2.000 bakiriwe n’u Rwanda

Abarenga 1/2 babonye Ibihugu bibakira: Ibyo wamenya ku bimukira 2.000 bakiriwe n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.