Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umucamanza yategetse Niger gusubiza uburenganzira Abanyarwanda 8 iherutse kwambura ibyangombwa

radiotv10by radiotv10
17/01/2022
in MU RWANDA
0
Icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda 8 boherejwe muri Niger cyabaye gihagaritswe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Leta ya Niger yambuye Abanyarwanda umunani (8) ibyangombwa ndetse ikanafata umwanzuro wo kubirukana, Umucamanza w’Urwego IRMCT rwabohereje muri iki Gihugu, yategetse iki Gihugu kubasubiza ibyangombwa yari yarabahaye bakihagera.

IRMC itangaza ko yohereje aba Banyarwanda umunani muri Niger ku bwumvikane bw’ubuyobozi bw’iki Gihugu n’uru rwego.

Mu mpera z’Ukuboza 2021, Guverinoma ya Niger yari yafashe icyemezo cyo kwirukana aba Banyarwanda ndetse ibaha iminsi irindwi yo kuba batakiri ku butaka bw’iki Gihugu.

Aba banyarwanda barimo abari bafite imyanya ikomeye ku butegetsi bwa Habyarimana Juvenal, bahise bitabaza Urwego IRMCT rwasigariyeho zimwe mu Nkiko Mpuzamahanga z’Umuryango w’Abibumbye ngo rubarenganure.

Ibi byatumye aba Banyarwanda bahabwa indi minsi 30 kugira ngo ibibazo by’aba Banyarwanda bihabwe umurongo.

Umucamanza Joseph E. Chiondo Masanche wa IRMCT ukurikirana ikibazo cy’aba Banyarwanda boherejwe muri Niger ariko bakaba bamaze iminsi mu manza zo kubirukana, yasabye ubuyobozi bwa Niger gusubiza aba Banyarwanda ibyangombwa bari bahawe n’iki Gihugu ubwo bari bagezeyo.

Aba Banyarwanda bari boherejwe muri Niger, barimo abarangije ibihano ndetse n’abagizwe abere ku byaha bya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Guverinoma y’u Rwanda iherutse gutangaza ko atari yo yasabye Niger yirukana aba Banyarwanda ndetse ko igihe cyose baba babishaka bafunguriwe amarembo bakaba baza kuba mu Rwanda.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda aherutse gutangaza ko aba Banyarwanda badakwiye kugira impungenge kuko u Rwanda ari Igihugu kigendera ku mategeko ku buryo badashobora guhanwa cyangwa kuburanishwa kabiri ku cyaha kimwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 13 =

Previous Post

Turi ihene zitagira umushumba- Abamotari ngo ibibazo byabo ni umusaraba uruta uwa Yezu

Next Post

Bakomeje gukurira ingofero Kate Bashabe kubera igorofa yujuje

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bakomeje gukurira ingofero Kate Bashabe kubera igorofa yujuje

Bakomeje gukurira ingofero Kate Bashabe kubera igorofa yujuje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.