Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umucyo kuri gapapu yavugwaga ko yakorewe Rayon kuri rutahizamu wasinyiye Police akimara kwakirwa na Perezida

radiotv10by radiotv10
23/01/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umucyo kuri gapapu yavugwaga ko yakorewe Rayon kuri rutahizamu wasinyiye Police akimara kwakirwa na Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Rayon Sports, Thadée Twagirayezu yatanze umucyo kuri rutahizamu mushya wa Police FC, Byiringiro Lague uherutse gusinyira iyi kipe nyamara yari amaze kumwakira ku Kibuga cy’Indege, avuga ko nta gapapu yabayeho nk’uko byavuzwe, kuko Rayon itigeze igira igitekerezo cyo kumusinyisha.

Thadée Twagirayezu yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 23 Mutarama 2025 mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, nyuma y’ibyumweru bibiri rutahizamu Byiringiro Lague asinyiye Police FC.

Uyu rutahizamu watandukanye n’ikipe yo muri Sweden, ubwo yasesekaraga mu Rwanda tariki 06 Mutarama 2025, yakiriwe ku Kibuga cy’Indege n’abarimo Perezida wa Rayon Sports, Thadée Twagirayezu; byanatumye benshi bemeza ko ahita anasinyira iyi kipe, ariko nyuma y’amasaha macye, bikumvikana ko yasinyiye ikipe ya Police FC.

Thadée Twagirayezu avuga ko kuba yari yagiye kwakira uyu rutahizamu ntaho bihuriye no kuba yarifuzwaga n’ikipe ayobora, kuko yabikoze nka serivisi yahaga inshuti kubera umubano Lague yari asanzwe afitanye n’umuvandimwe we uba mu Gihugu cya Sweden uyu rutahizamu yakinagamo.

Ati “Muri Sweden hari umuvandimwe wanjye murumuna wanjye witwa Emmanuel wamwakiriye muri Sweden aho aba, ndetse bashobora kuba barabanye nk’iminsi ibiri, aho yakinaga, uwo murumuna wanjye babanaga ni nk’aho bahoranaga.

Lague yagiye kuza, twavuganye na murumuna wanjye arambwira ati ‘Lague agiye kuza mu Rwanda, nta kipe afite muri iyi minsi’, ndavuga nti ‘ok’, tuvugana na Lague akiri muri Sweden arambwira ati ‘nzaza ejo, ese ubundi wazaje kumfata Perezida?’ namufashe nk’umuntu w’inshuti, ntabwo namufashe nk’umuntu ugiye kuzana umukinnyi.”

Thadée Twagirayezu avuga ko yari yanibagiwe iyi gahunda, ndetse ko Lague yamuhamagaye ubwo indege yari imuzanye yari imaze kururuka, agahita ajya kumufata avuye mu nama.

Uyu Perezida wa Rayon kandi yagiye gufata Lague ku kibuga cy’Indege ari kumwe na Claude Mushimire ushinzwe imishinga muri iyi kipe ya Rayon, na byo byahise biha imbaraga ibyatekerezwaga ko uyu rutahizamu agomba gusinyira iyi kipe.

Thadée avuga ko impamvu yari kumwe na Claude, ari uko bari kumwe muri iyo nama y’ibya Rayon Sports. Ati “Twageze ku Kibuga cy’Indege ataramenya n’uwo tugiye gufata.”

Yavuze ko uyu Claude yanamusabye ko bahita bamusinyisha, ariko akamubwira ko “amaze iminsi hafi amezi angahe adakina, ntabwo nzi uko ahagaze.”

Bamaze kumwakira, yabaye nk’umuganiriza, amubwira ngo azajye gukora igerageza muri iyi kipe ya Rayon Sports, ariko ko batabitinzeho kuko, bitari biri muri gahunda. Ati “Lague ntabwo twigeze tuvuga ngo ngiye kumusinyisha, oya.”

Avuga ko na we yatunguwe n’iyo gapapu yahise itangira kuvugwa ko uyu mukinnyi bamutwawe na Police FC, kandi iyi kipe ya Rayon itarigeze imwifuza. Ati “Iyo nza kuba nshaka gusinyisha Lague, ntabwo Lague biba byaragenze kuriya.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 17 =

Previous Post

Rusizi: Umuhanda ukoreshwa cyane uhuza u Rwanda, u Burundi na Congo ubu nturi nyabagendwa

Next Post

Amakuru ava ku rugamba: M23 yafashe akandi gace, FARDC ikizwa n’amaguru

Related Posts

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru ava ku rugamba: M23 yafashe akandi gace, FARDC ikizwa n’amaguru

Amakuru ava ku rugamba: M23 yafashe akandi gace, FARDC ikizwa n’amaguru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.