Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umucyo kuri gapapu yavugwaga ko yakorewe Rayon kuri rutahizamu wasinyiye Police akimara kwakirwa na Perezida

radiotv10by radiotv10
23/01/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umucyo kuri gapapu yavugwaga ko yakorewe Rayon kuri rutahizamu wasinyiye Police akimara kwakirwa na Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Rayon Sports, Thadée Twagirayezu yatanze umucyo kuri rutahizamu mushya wa Police FC, Byiringiro Lague uherutse gusinyira iyi kipe nyamara yari amaze kumwakira ku Kibuga cy’Indege, avuga ko nta gapapu yabayeho nk’uko byavuzwe, kuko Rayon itigeze igira igitekerezo cyo kumusinyisha.

Thadée Twagirayezu yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 23 Mutarama 2025 mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, nyuma y’ibyumweru bibiri rutahizamu Byiringiro Lague asinyiye Police FC.

Uyu rutahizamu watandukanye n’ikipe yo muri Sweden, ubwo yasesekaraga mu Rwanda tariki 06 Mutarama 2025, yakiriwe ku Kibuga cy’Indege n’abarimo Perezida wa Rayon Sports, Thadée Twagirayezu; byanatumye benshi bemeza ko ahita anasinyira iyi kipe, ariko nyuma y’amasaha macye, bikumvikana ko yasinyiye ikipe ya Police FC.

Thadée Twagirayezu avuga ko kuba yari yagiye kwakira uyu rutahizamu ntaho bihuriye no kuba yarifuzwaga n’ikipe ayobora, kuko yabikoze nka serivisi yahaga inshuti kubera umubano Lague yari asanzwe afitanye n’umuvandimwe we uba mu Gihugu cya Sweden uyu rutahizamu yakinagamo.

Ati “Muri Sweden hari umuvandimwe wanjye murumuna wanjye witwa Emmanuel wamwakiriye muri Sweden aho aba, ndetse bashobora kuba barabanye nk’iminsi ibiri, aho yakinaga, uwo murumuna wanjye babanaga ni nk’aho bahoranaga.

Lague yagiye kuza, twavuganye na murumuna wanjye arambwira ati ‘Lague agiye kuza mu Rwanda, nta kipe afite muri iyi minsi’, ndavuga nti ‘ok’, tuvugana na Lague akiri muri Sweden arambwira ati ‘nzaza ejo, ese ubundi wazaje kumfata Perezida?’ namufashe nk’umuntu w’inshuti, ntabwo namufashe nk’umuntu ugiye kuzana umukinnyi.”

Thadée Twagirayezu avuga ko yari yanibagiwe iyi gahunda, ndetse ko Lague yamuhamagaye ubwo indege yari imuzanye yari imaze kururuka, agahita ajya kumufata avuye mu nama.

Uyu Perezida wa Rayon kandi yagiye gufata Lague ku kibuga cy’Indege ari kumwe na Claude Mushimire ushinzwe imishinga muri iyi kipe ya Rayon, na byo byahise biha imbaraga ibyatekerezwaga ko uyu rutahizamu agomba gusinyira iyi kipe.

Thadée avuga ko impamvu yari kumwe na Claude, ari uko bari kumwe muri iyo nama y’ibya Rayon Sports. Ati “Twageze ku Kibuga cy’Indege ataramenya n’uwo tugiye gufata.”

Yavuze ko uyu Claude yanamusabye ko bahita bamusinyisha, ariko akamubwira ko “amaze iminsi hafi amezi angahe adakina, ntabwo nzi uko ahagaze.”

Bamaze kumwakira, yabaye nk’umuganiriza, amubwira ngo azajye gukora igerageza muri iyi kipe ya Rayon Sports, ariko ko batabitinzeho kuko, bitari biri muri gahunda. Ati “Lague ntabwo twigeze tuvuga ngo ngiye kumusinyisha, oya.”

Avuga ko na we yatunguwe n’iyo gapapu yahise itangira kuvugwa ko uyu mukinnyi bamutwawe na Police FC, kandi iyi kipe ya Rayon itarigeze imwifuza. Ati “Iyo nza kuba nshaka gusinyisha Lague, ntabwo Lague biba byaragenze kuriya.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + three =

Previous Post

Rusizi: Umuhanda ukoreshwa cyane uhuza u Rwanda, u Burundi na Congo ubu nturi nyabagendwa

Next Post

Amakuru ava ku rugamba: M23 yafashe akandi gace, FARDC ikizwa n’amaguru

Related Posts

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru ava ku rugamba: M23 yafashe akandi gace, FARDC ikizwa n’amaguru

Amakuru ava ku rugamba: M23 yafashe akandi gace, FARDC ikizwa n’amaguru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.