Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umudatenguha abakunda udukoryo: Ariel Wayz yateye imitoma umukobwa mugenzi we mu ndirimbo bituma hibazwa byinshi

radiotv10by radiotv10
11/01/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Umudatenguha abakunda udukoryo: Ariel Wayz yateye imitoma umukobwa mugenzi we mu ndirimbo bituma hibazwa byinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ariel Wayz udahwema kwigaragaza mu dushya haba ku mbuga nkoranyambaga ze no mu bihangano akora, yashyize hanze indirimbo yise 10 Days yagaragayemo ari kwita ku mukobwa.

Ni indirimbo yashyize hanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 10 Mutarama 2022 ubwo yashyigara hanze iyi ndirimbo ‘10 Days’ iri kumwe n’amashusho yayo.

Ubwo yashyiraga kuri instagram ifoto imenyesha ko agiye gusohora iyi ndirimbo yahise afunga aho batangira ibitecyerezo.

Muri iyi ndirimbo iri mu rurimi rw’icyongereza, Ariel Wayz agaragazamo amagambo asa nagaruka ku rukundo rwe rwa mbere rwamubabaje ariko akaba yongeye gukunda undi muntu kandi akaba afite ubwoba ko umutima we wakongera kwibeshya ukababazwa.

Mu mashusho agaragara ari mu bihe bidasanzwe by’urukundo n’umukobwa w’umuzungu baba bakina urukundo rwimbitse rw’abiyumvanamo.

Harimo aho yagize ati “Hari  byinshi byo gutekereza, hari amagambo menshi yo kuvuga, hari urukundo rwinshi rwo gutanga…, Ntibishoboka ku kujya kure hari ikintu kuri wowe, biragoye ko twakureka ukagenda.”

Akomeza agaragaza ko ibyamubayeho bishobora kongera kumubaho, agira ati “Mfite ubwoba ko inzozi zanjye zakongera kurangira, mfite ubwoba ko umutima wanjye wakongera kwibeshya, mfite ubwoba bwo kwerura ngo mvuge ariko ndimo ku gukunda. Wahuje n’inzozi zanjye reka nguhe urukundo.”

 

Inyikiririzo y’iyi ndirimbo nayo ikomeza ibara inkuru y’urukundo aho igira iti “Nshaka ku kubwira ko ngukunda ariko nkeneye ibirenze. Nzategereza kugeza ubaye uwanjye, nifuza guhindura intekerezo zawe. Nshaka kuba umwe kuri wowe nkajya niramira mu gituza cyawe.”

Igitero cya kabiri cy’iyi ndirimbo ’10 Days’, Ariel Wayz akomeza abara iyi nkuru y’urukundo, harimo aho avuga uburyo iyo bamusomye ku ijosi ava mu bye.

Muri amwe muri ayo magambo agira, agira ati “Ndatangara iyo nkurebye, akabizu ku ijosi gatuma mba umunyantege nke. Si indirimbo gusa birenze amagambo, ese nakujyana mu rugo. Iyo nkurebye mu maso nongera kugukunda, iyo ugiye nongera kwibura ariko iyo nongeye ku kureba ngaruka mu buzima.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Mukansanga Salima yakoze amateka ku mugabane w’Afrika

Next Post

Utikingije COVID-19 ntakwiye kwimwa serivisi asanzwe yemerewe- Evariste/CLADHO

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Utikingije COVID-19 ntakwiye kwimwa serivisi asanzwe yemerewe- Evariste/CLADHO

Utikingije COVID-19 ntakwiye kwimwa serivisi asanzwe yemerewe- Evariste/CLADHO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.