Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umudepite wo muri Canada ukomoka mu Burundi yavuze icyemezo gikwiye gufatirwa FDLR

radiotv10by radiotv10
12/04/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umudepite wo muri Canada ukomoka mu Burundi yavuze icyemezo gikwiye gufatirwa FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Arielle Kayabaga, Umudepite mu Nteko ya Canada, yavuze ko Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bageze ku ntambwe ishimishije mu kwiyubaka nyuma y’imyaka 30, ariko ko bashengurwa no kuba hadashyirwa imbaraga zihagije mu gukurikirana abakomeje kwimika Ingengabitekerezo ya Jenoside by’umwihariko umutwe wa FDLR, asaba ko Canada iwushyira mu mitwe y’iterabwoba.

Hon. Arielle Kayabaga w’imyaka 33 y’amavuko ufite inkomoko mu Gihugu cy’u Burundi, yabaye impunzi mbere yo kugera ku mwanya wo kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada.

Muri 2022 ubwo yari mu Rwanda, yasuye ibikorwa binyuranye birimo Urwibutso rwa Kigali ku Gisozi ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Icyo gihe Arielle Kayabaga washimishijwe n’intambwe u Rwanda rwari rumaze gutera mu kwiyubaka nyuma y’imyaka 28 yari ishize ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yaboneyeho gushimira ubuyobozi bw’u Rwanda bureba kure, bwubatse iki Gihugu.

Muri iki gihe u Rwanda n’Isi yose bibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, uyu Mudepide mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, yasobanuye umusaruro w’urugendo rw’imyaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye.

Yaboneyeho kubwira bagenzi be mu Nteko ya Canada ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bashengurwa no kuba amahanga adashyira imbaraga zihagije mu gukurikirana abayigizemo uruhare ndetse n’abakomeje kwimika ingengabitekerezo yayo.

Yagize ati “Mu izina ry’agace mpagarariye; ndetse no mu izina ry’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bahanganye n’ingaruka z’ibyabaye mu mwaka wa 1994; ndabasa ibintu bibiri: Icya mbere; ndasaba Canada ko yacumbikira abarokotse benshi n’imiryango yabo. Ikindi ni uko twafata FDLR nk’umutwe w’iterabwoba kubera ikomeje kwica Abatutsi benshi mu karere.”

 

Abahanga babona ari ugushishiza

Umuhanga muri politike mpuzamahanga, Dr Ismael Buchanan; unigisha muri kaminuza, avuga ko uyu mutwe wa FDLR usanzwe ufite izina ry’iterabwoba, icyakora amahanga akaba yaragiye awirengagiza bigatuma atawufatira ingamba nk’izifatirwa indi mitwe bahuje ibikorwa.

Yavuze ko iki gitekerezo cy’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, gishobora kugira imbaraga zinafite ubushobozi bwo guhindura ibibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ati “FDLR ntabwo ari ubwa mbere igiye kwitwa umutwe w’iterabwoba, usanzwe uzwi mu mitwe y’iterabwoba, ahubwo impamvu Umuryango w’Abibumbye utagira icyo ukorana; ni ho hakiri ikibazo. Biriya rero byatuma imbaraga zishoboka zose zikoreshwa mu guhangana na bo. Biriya biragaragariza amahanga ko FDLR ikiriho kandi igomba gufatirwa ibyemezo, ndetse na Guverinoma ya Congo na yo igafatirwa ibyemezo byo kuba ikorana n’uriya mutwe.”

FDLR imaze imyaka 23 ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba, dore ko kuva muri 2001, Leta Zunze Ubumwe za America zashyize uyu mutwe kuri urwo rutonde nyuma y’aho wari wiciye muri Uganda ba mukerarugendo umunani (8) barimo abanyamerika 2.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + six =

Previous Post

Hatangajwe undi munsi w’ikiruhuko mu Rwanda

Next Post

Israel yagaragaje ko guhagarika intambara muri Gaza bitari vuba

Related Posts

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

by radiotv10
25/11/2025
0

Amafoto mashya ya Michelle Obama, Madamu wa Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yazamuye impaka ndende...

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

26/11/2025
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel yagaragaje ko guhagarika intambara muri Gaza bitari vuba

Israel yagaragaje ko guhagarika intambara muri Gaza bitari vuba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.