Thursday, October 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umudepite wo muri Canada ukomoka mu Burundi yavuze icyemezo gikwiye gufatirwa FDLR

radiotv10by radiotv10
12/04/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umudepite wo muri Canada ukomoka mu Burundi yavuze icyemezo gikwiye gufatirwa FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Arielle Kayabaga, Umudepite mu Nteko ya Canada, yavuze ko Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bageze ku ntambwe ishimishije mu kwiyubaka nyuma y’imyaka 30, ariko ko bashengurwa no kuba hadashyirwa imbaraga zihagije mu gukurikirana abakomeje kwimika Ingengabitekerezo ya Jenoside by’umwihariko umutwe wa FDLR, asaba ko Canada iwushyira mu mitwe y’iterabwoba.

Hon. Arielle Kayabaga w’imyaka 33 y’amavuko ufite inkomoko mu Gihugu cy’u Burundi, yabaye impunzi mbere yo kugera ku mwanya wo kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada.

Muri 2022 ubwo yari mu Rwanda, yasuye ibikorwa binyuranye birimo Urwibutso rwa Kigali ku Gisozi ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Icyo gihe Arielle Kayabaga washimishijwe n’intambwe u Rwanda rwari rumaze gutera mu kwiyubaka nyuma y’imyaka 28 yari ishize ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yaboneyeho gushimira ubuyobozi bw’u Rwanda bureba kure, bwubatse iki Gihugu.

Muri iki gihe u Rwanda n’Isi yose bibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, uyu Mudepide mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, yasobanuye umusaruro w’urugendo rw’imyaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye.

Yaboneyeho kubwira bagenzi be mu Nteko ya Canada ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bashengurwa no kuba amahanga adashyira imbaraga zihagije mu gukurikirana abayigizemo uruhare ndetse n’abakomeje kwimika ingengabitekerezo yayo.

Yagize ati “Mu izina ry’agace mpagarariye; ndetse no mu izina ry’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bahanganye n’ingaruka z’ibyabaye mu mwaka wa 1994; ndabasa ibintu bibiri: Icya mbere; ndasaba Canada ko yacumbikira abarokotse benshi n’imiryango yabo. Ikindi ni uko twafata FDLR nk’umutwe w’iterabwoba kubera ikomeje kwica Abatutsi benshi mu karere.”

 

Abahanga babona ari ugushishiza

Umuhanga muri politike mpuzamahanga, Dr Ismael Buchanan; unigisha muri kaminuza, avuga ko uyu mutwe wa FDLR usanzwe ufite izina ry’iterabwoba, icyakora amahanga akaba yaragiye awirengagiza bigatuma atawufatira ingamba nk’izifatirwa indi mitwe bahuje ibikorwa.

Yavuze ko iki gitekerezo cy’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, gishobora kugira imbaraga zinafite ubushobozi bwo guhindura ibibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ati “FDLR ntabwo ari ubwa mbere igiye kwitwa umutwe w’iterabwoba, usanzwe uzwi mu mitwe y’iterabwoba, ahubwo impamvu Umuryango w’Abibumbye utagira icyo ukorana; ni ho hakiri ikibazo. Biriya rero byatuma imbaraga zishoboka zose zikoreshwa mu guhangana na bo. Biriya biragaragariza amahanga ko FDLR ikiriho kandi igomba gufatirwa ibyemezo, ndetse na Guverinoma ya Congo na yo igafatirwa ibyemezo byo kuba ikorana n’uriya mutwe.”

FDLR imaze imyaka 23 ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba, dore ko kuva muri 2001, Leta Zunze Ubumwe za America zashyize uyu mutwe kuri urwo rutonde nyuma y’aho wari wiciye muri Uganda ba mukerarugendo umunani (8) barimo abanyamerika 2.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Hatangajwe undi munsi w’ikiruhuko mu Rwanda

Next Post

Israel yagaragaje ko guhagarika intambara muri Gaza bitari vuba

Related Posts

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

by radiotv10
16/10/2025
0

Amabandi yitwaje intwaro yagabye igitero cy’ubujura kuri Banki iri mu gace kamwe i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

by radiotv10
16/10/2025
0

Nyuma y’ibiganiro byayobowe na Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byabereye i Nairobi mu minsi ibiri,...

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

Perezida wa Kenya yatangaje icyunamo mu Gihugu nyuma y’urupfu rwa Odinga

by radiotv10
15/10/2025
1

Perezida wa Kenya, William Ruto yatangaje ko yababajwe n’urupfu rwa Raila Odinga wabaye Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, anatangaza ko cyinjiye...

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

Imodoka zo mu kirere zamuritswe mu Rwanda zigiye gutangira gutwara abagenzi mu mujyi ukomeye ku Isi

by radiotv10
15/10/2025
0

Umujyi wa Dubai urateganya gutangira gukoresha imodoka zo mu kirere zitwara abagenzi mu mwaka utaha, umushinga umwe n’uherutse kumurikwa mu...

Amakuru avugwa ku mirwano ya M23 na FARDC n’ibice yakomerejemo

Haravugwa gusubiranamo hagati ya FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha guhangana na AFC/M23

by radiotv10
15/10/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, bakozanyijeho mu mirwano yabereye muri Teritwari ya...

IZIHERUKA

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo
AMAHANGA

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

by radiotv10
16/10/2025
0

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

16/10/2025
Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

16/10/2025
Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

16/10/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

16/10/2025
Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

16/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel yagaragaje ko guhagarika intambara muri Gaza bitari vuba

Israel yagaragaje ko guhagarika intambara muri Gaza bitari vuba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.