Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umudepite wo muri Canada ukomoka mu Burundi yavuze icyemezo gikwiye gufatirwa FDLR

radiotv10by radiotv10
12/04/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umudepite wo muri Canada ukomoka mu Burundi yavuze icyemezo gikwiye gufatirwa FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

Arielle Kayabaga, Umudepite mu Nteko ya Canada, yavuze ko Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bageze ku ntambwe ishimishije mu kwiyubaka nyuma y’imyaka 30, ariko ko bashengurwa no kuba hadashyirwa imbaraga zihagije mu gukurikirana abakomeje kwimika Ingengabitekerezo ya Jenoside by’umwihariko umutwe wa FDLR, asaba ko Canada iwushyira mu mitwe y’iterabwoba.

Hon. Arielle Kayabaga w’imyaka 33 y’amavuko ufite inkomoko mu Gihugu cy’u Burundi, yabaye impunzi mbere yo kugera ku mwanya wo kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada.

Muri 2022 ubwo yari mu Rwanda, yasuye ibikorwa binyuranye birimo Urwibutso rwa Kigali ku Gisozi ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Icyo gihe Arielle Kayabaga washimishijwe n’intambwe u Rwanda rwari rumaze gutera mu kwiyubaka nyuma y’imyaka 28 yari ishize ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yaboneyeho gushimira ubuyobozi bw’u Rwanda bureba kure, bwubatse iki Gihugu.

Muri iki gihe u Rwanda n’Isi yose bibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, uyu Mudepide mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, yasobanuye umusaruro w’urugendo rw’imyaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye.

Yaboneyeho kubwira bagenzi be mu Nteko ya Canada ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bashengurwa no kuba amahanga adashyira imbaraga zihagije mu gukurikirana abayigizemo uruhare ndetse n’abakomeje kwimika ingengabitekerezo yayo.

Yagize ati “Mu izina ry’agace mpagarariye; ndetse no mu izina ry’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bahanganye n’ingaruka z’ibyabaye mu mwaka wa 1994; ndabasa ibintu bibiri: Icya mbere; ndasaba Canada ko yacumbikira abarokotse benshi n’imiryango yabo. Ikindi ni uko twafata FDLR nk’umutwe w’iterabwoba kubera ikomeje kwica Abatutsi benshi mu karere.”

 

Abahanga babona ari ugushishiza

Umuhanga muri politike mpuzamahanga, Dr Ismael Buchanan; unigisha muri kaminuza, avuga ko uyu mutwe wa FDLR usanzwe ufite izina ry’iterabwoba, icyakora amahanga akaba yaragiye awirengagiza bigatuma atawufatira ingamba nk’izifatirwa indi mitwe bahuje ibikorwa.

Yavuze ko iki gitekerezo cy’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, gishobora kugira imbaraga zinafite ubushobozi bwo guhindura ibibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ati “FDLR ntabwo ari ubwa mbere igiye kwitwa umutwe w’iterabwoba, usanzwe uzwi mu mitwe y’iterabwoba, ahubwo impamvu Umuryango w’Abibumbye utagira icyo ukorana; ni ho hakiri ikibazo. Biriya rero byatuma imbaraga zishoboka zose zikoreshwa mu guhangana na bo. Biriya biragaragariza amahanga ko FDLR ikiriho kandi igomba gufatirwa ibyemezo, ndetse na Guverinoma ya Congo na yo igafatirwa ibyemezo byo kuba ikorana n’uriya mutwe.”

FDLR imaze imyaka 23 ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba, dore ko kuva muri 2001, Leta Zunze Ubumwe za America zashyize uyu mutwe kuri urwo rutonde nyuma y’aho wari wiciye muri Uganda ba mukerarugendo umunani (8) barimo abanyamerika 2.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − fifteen =

Previous Post

Hatangajwe undi munsi w’ikiruhuko mu Rwanda

Next Post

Israel yagaragaje ko guhagarika intambara muri Gaza bitari vuba

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel yagaragaje ko guhagarika intambara muri Gaza bitari vuba

Israel yagaragaje ko guhagarika intambara muri Gaza bitari vuba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.