Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umufaransa bitagendekeye neza akigera i Burundi yavuze ibyo iki Gihugu cyagereranywaho n’u Rwanda n’ibitagereranywa

radiotv10by radiotv10
22/05/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Umufaransa bitagendekeye neza akigera i Burundi yavuze ibyo iki Gihugu cyagereranywaho n’u Rwanda n’ibitagereranywa
Share on FacebookShare on Twitter

Umufaransa Kinos Yves umaze iminsi agaragaza ingendo agirira mu Bihugu bitandukanye akoresheje igare, akaba aherutse kugera i Burundi, agakangwa n’umupolisi, yavuze ko imiterere y’iki Gihugu n’u Rwanda ari imwe, ariko ko ikijyanye n’ubukungu bihabanye.

Kino Yves mu mashusho akunze kunyuza kuri YouTube Channel ye, mu cyumweru gishize, yari yagaragaje akigera i Burundi ko yabanje guterwa ubwoba n’Umupolisi bahuye mu isantere y’ubucuruzi, akamubuza gufata amashusho.

Uyu Mufaransa wagiye i Burundi avuye mu Rwanda ariko akanyura muri Tanzania kubera ifungwa ry’imipaka, yanenze uku guterwa ubwoba n’Umupolisi w’i Burundi, avuga ko ari yo mpamvu iki Gihugu kidasurwa.

Mu yandi mashusho yashyize hanze, Kino Yves agaragaza afata urugendo ava ahitwa Muyinga yerecyeza i Gitega, na bwo yagiye ashagarwa n’Abarundi benshi bahuriraga mu muhanda banyonga amagare, bakamugaragariza urugwiro.

Muri aya mashusho, Kino Yves n’ubundi yakomeje kugenda anagaragaza bimwe mu byo abantu bibaza ku Gihugu cy’u Burundi.

Ati “Kimwe mu biteye amatsiko ni uko, ubundi u Burundi ni cyo Gihugu cya mbere gikennye ku Isi, mu bijyanye na GDP Per capita [umusaru mbumbe w’umuturage ku mwaka] ni amadolari 250, biratangaje, ni hafi 1/10 cya Kenya.”

Akomeza avuga ko na we yabyiboneye kuko agereranyije n’Ibindi Bihugu na byo biri mu bikennye cyane ku Isi.

Ati “Mu by’ukuri kirakennye cyane ugereranyije n’Igihugu cya kabiri mu bikennye ku Isi [Sierra Leone].”

Kino Yves akomeza avuga ko nubwo u Rwanda na rwo ruri ku rutonde rw’Ibihugu bikennye, ariko rwo umusaruro warwo wazamutse cyane.

Ati “Kigali irakize cyane, bo bazamuye GDP cyane nubwo na yo itarazamuka cyane, ariko urebye Ibihugu byo bijya kumera kimwe. Ariko igiteye amatsiko ni uko u Burundi ari kimwe n’u Rwanda, abantu ntabwo bigaragara ko bakennye, nubwo nta mafaranga bafite ariko bafite ibiribwa kuko bashobora guhinga ahantu hose.”

Avuga ko nubwo muri ibi Bihugu byombi, umusaruro w’ababituye utarazamuka ku rwego rushimishije ariko bafite aho batuye kandi bakaba babasha kubona ibyo kurya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Tchad: Minisitiri w’Intebe yeguye nyuma yo gutsindwa mu matora ya Perezida

Next Post

Ishyaka PDI ryasobanuye impamvu bwa mbere ryatanze kandidatire ritisunze RPF-Inkotanyi

Related Posts

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

IZIHERUKA

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day
MU RWANDA

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishyaka PDI ryasobanuye impamvu bwa mbere ryatanze kandidatire ritisunze RPF-Inkotanyi

Ishyaka PDI ryasobanuye impamvu bwa mbere ryatanze kandidatire ritisunze RPF-Inkotanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.