Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umufaransa bitagendekeye neza akigera i Burundi yavuze ibyo iki Gihugu cyagereranywaho n’u Rwanda n’ibitagereranywa

radiotv10by radiotv10
22/05/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Umufaransa bitagendekeye neza akigera i Burundi yavuze ibyo iki Gihugu cyagereranywaho n’u Rwanda n’ibitagereranywa
Share on FacebookShare on Twitter

Umufaransa Kinos Yves umaze iminsi agaragaza ingendo agirira mu Bihugu bitandukanye akoresheje igare, akaba aherutse kugera i Burundi, agakangwa n’umupolisi, yavuze ko imiterere y’iki Gihugu n’u Rwanda ari imwe, ariko ko ikijyanye n’ubukungu bihabanye.

Kino Yves mu mashusho akunze kunyuza kuri YouTube Channel ye, mu cyumweru gishize, yari yagaragaje akigera i Burundi ko yabanje guterwa ubwoba n’Umupolisi bahuye mu isantere y’ubucuruzi, akamubuza gufata amashusho.

Uyu Mufaransa wagiye i Burundi avuye mu Rwanda ariko akanyura muri Tanzania kubera ifungwa ry’imipaka, yanenze uku guterwa ubwoba n’Umupolisi w’i Burundi, avuga ko ari yo mpamvu iki Gihugu kidasurwa.

Mu yandi mashusho yashyize hanze, Kino Yves agaragaza afata urugendo ava ahitwa Muyinga yerecyeza i Gitega, na bwo yagiye ashagarwa n’Abarundi benshi bahuriraga mu muhanda banyonga amagare, bakamugaragariza urugwiro.

Muri aya mashusho, Kino Yves n’ubundi yakomeje kugenda anagaragaza bimwe mu byo abantu bibaza ku Gihugu cy’u Burundi.

Ati “Kimwe mu biteye amatsiko ni uko, ubundi u Burundi ni cyo Gihugu cya mbere gikennye ku Isi, mu bijyanye na GDP Per capita [umusaru mbumbe w’umuturage ku mwaka] ni amadolari 250, biratangaje, ni hafi 1/10 cya Kenya.”

Akomeza avuga ko na we yabyiboneye kuko agereranyije n’Ibindi Bihugu na byo biri mu bikennye cyane ku Isi.

Ati “Mu by’ukuri kirakennye cyane ugereranyije n’Igihugu cya kabiri mu bikennye ku Isi [Sierra Leone].”

Kino Yves akomeza avuga ko nubwo u Rwanda na rwo ruri ku rutonde rw’Ibihugu bikennye, ariko rwo umusaruro warwo wazamutse cyane.

Ati “Kigali irakize cyane, bo bazamuye GDP cyane nubwo na yo itarazamuka cyane, ariko urebye Ibihugu byo bijya kumera kimwe. Ariko igiteye amatsiko ni uko u Burundi ari kimwe n’u Rwanda, abantu ntabwo bigaragara ko bakennye, nubwo nta mafaranga bafite ariko bafite ibiribwa kuko bashobora guhinga ahantu hose.”

Avuga ko nubwo muri ibi Bihugu byombi, umusaruro w’ababituye utarazamuka ku rwego rushimishije ariko bafite aho batuye kandi bakaba babasha kubona ibyo kurya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Tchad: Minisitiri w’Intebe yeguye nyuma yo gutsindwa mu matora ya Perezida

Next Post

Ishyaka PDI ryasobanuye impamvu bwa mbere ryatanze kandidatire ritisunze RPF-Inkotanyi

Related Posts

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu banyuranye barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, bamaganye imvugo yuzuye ingengabitekerezo mbi y’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge...

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

IZIHERUKA

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika
MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

28/12/2025
Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishyaka PDI ryasobanuye impamvu bwa mbere ryatanze kandidatire ritisunze RPF-Inkotanyi

Ishyaka PDI ryasobanuye impamvu bwa mbere ryatanze kandidatire ritisunze RPF-Inkotanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.