• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umufaransa bitagendekeye neza akigera i Burundi yavuze ibyo iki Gihugu cyagereranywaho n’u Rwanda n’ibitagereranywa

radiotv10by radiotv10
22/05/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Umufaransa bitagendekeye neza akigera i Burundi yavuze ibyo iki Gihugu cyagereranywaho n’u Rwanda n’ibitagereranywa
Share on FacebookShare on Twitter

Umufaransa Kinos Yves umaze iminsi agaragaza ingendo agirira mu Bihugu bitandukanye akoresheje igare, akaba aherutse kugera i Burundi, agakangwa n’umupolisi, yavuze ko imiterere y’iki Gihugu n’u Rwanda ari imwe, ariko ko ikijyanye n’ubukungu bihabanye.

Kino Yves mu mashusho akunze kunyuza kuri YouTube Channel ye, mu cyumweru gishize, yari yagaragaje akigera i Burundi ko yabanje guterwa ubwoba n’Umupolisi bahuye mu isantere y’ubucuruzi, akamubuza gufata amashusho.

Uyu Mufaransa wagiye i Burundi avuye mu Rwanda ariko akanyura muri Tanzania kubera ifungwa ry’imipaka, yanenze uku guterwa ubwoba n’Umupolisi w’i Burundi, avuga ko ari yo mpamvu iki Gihugu kidasurwa.

Mu yandi mashusho yashyize hanze, Kino Yves agaragaza afata urugendo ava ahitwa Muyinga yerecyeza i Gitega, na bwo yagiye ashagarwa n’Abarundi benshi bahuriraga mu muhanda banyonga amagare, bakamugaragariza urugwiro.

Muri aya mashusho, Kino Yves n’ubundi yakomeje kugenda anagaragaza bimwe mu byo abantu bibaza ku Gihugu cy’u Burundi.

Ati “Kimwe mu biteye amatsiko ni uko, ubundi u Burundi ni cyo Gihugu cya mbere gikennye ku Isi, mu bijyanye na GDP Per capita [umusaru mbumbe w’umuturage ku mwaka] ni amadolari 250, biratangaje, ni hafi 1/10 cya Kenya.”

Akomeza avuga ko na we yabyiboneye kuko agereranyije n’Ibindi Bihugu na byo biri mu bikennye cyane ku Isi.

Ati “Mu by’ukuri kirakennye cyane ugereranyije n’Igihugu cya kabiri mu bikennye ku Isi [Sierra Leone].”

Kino Yves akomeza avuga ko nubwo u Rwanda na rwo ruri ku rutonde rw’Ibihugu bikennye, ariko rwo umusaruro warwo wazamutse cyane.

Ati “Kigali irakize cyane, bo bazamuye GDP cyane nubwo na yo itarazamuka cyane, ariko urebye Ibihugu byo bijya kumera kimwe. Ariko igiteye amatsiko ni uko u Burundi ari kimwe n’u Rwanda, abantu ntabwo bigaragara ko bakennye, nubwo nta mafaranga bafite ariko bafite ibiribwa kuko bashobora guhinga ahantu hose.”

Avuga ko nubwo muri ibi Bihugu byombi, umusaruro w’ababituye utarazamuka ku rwego rushimishije ariko bafite aho batuye kandi bakaba babasha kubona ibyo kurya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 7 =

Previous Post

Tchad: Minisitiri w’Intebe yeguye nyuma yo gutsindwa mu matora ya Perezida

Next Post

Ishyaka PDI ryasobanuye impamvu bwa mbere ryatanze kandidatire ritisunze RPF-Inkotanyi

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Ishyaka PDI ryasobanuye impamvu bwa mbere ryatanze kandidatire ritisunze RPF-Inkotanyi

Ishyaka PDI ryasobanuye impamvu bwa mbere ryatanze kandidatire ritisunze RPF-Inkotanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.