Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umufaransa uri gutembera Afurika n’igare wanyuze benshi mu Rwanda yongeye kwigaragaza

radiotv10by radiotv10
25/04/2024
in MU RWANDA, UDUSHYA
1
Umufaransa uri gutembera Afurika n’igare wanyuze benshi mu Rwanda yongeye kwigaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umufaransa Kino Yves uri gutembera Umugabane wa Afurika n’igare, uherutse kugarara aganira n’umusore w’Umunyarwanda bahuriye mu muhanda banyonga igare, mu kiganiro cyanyuze benshi, noneho yagaragaye ari muri resitora yagiye kwica isari yanuriwe n’ifunguro ryo mu Rwanda.

Kino Yves yageze muri Kenya mu mpera z’umwaka ushize wa 2023 avuye iwabo i Burayi akoresheje inzira y’ubutaka, aho mu ngendo ze akoresha igare rye ridasanzwe ry’amapine atatu.

Uyu mugabo ukomoka mu Bufaransa umaze kugera mu bindi Bihugu bitandukanye ku Mugabane wa Afurika birimo Sudani na Ethiopia, mu minsi micye ishize aherutse kugera mu Rwanda avuye muri Uganda.

Ubwo yageraga mu Rwanda, yagaragarijwe urugrwiro n’Abanyarwanda barimo umusore bahuriye mu muhanda na we wari uri kunyonga igare, bagirana ikiganiro cyakunzwe na benshi.

Mu mashusho y’uyu Mufaransa Kino Yves yongeye kujya hanze, agaragara yagiye kwica isari, yaka ibiryo bya Kinyarwanda, byamugeraho akishimira uburyo iri funguro rinurira.

Kino Yves uri gutembera Umugabane wa Afurika akoresheje igare, uherutse kugarara aganira n’Umunyarwanda bahuriye mu muhanda, mu kiganiro cyanyuze benshi, noneho yagaragaye ari muri resitora yagiye kwica isari yanuriwe n’ifunguro ryo mu Rwanda. pic.twitter.com/cn7s3Zs8Eu

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) April 25, 2024

Akimara kubwirwa ubwoko bw’amafuro ya Kinyarwanda ari muri resitora yagiye gufatiramo ifunguro, yahise asaba ko bamugaburira umuceri uzananye n’igitoki, ibishyimbo ndetse n’inyama z’ihene.

Uyu Mufaransa ugaragaza ko yishimiye u Rwanda, amaze kubona iri funguro, yahise agaragaza akanyamuneza kenshi by’umwihariko ashimishwa n’ibishyimbo byinshi bari bamushyiriyeho.

Atangiye gufata iri funguro avuga ko ari irya mbere yafatiye mu Rwanda, yagize ati “Reka ngerageze ifunguro ryo mu Rwanda. Amafunguro yose ha hano mu Rwanda aba ari meza ku buzima bw’umuntu.”

Ageze ku rusenda, ahita ashyiramo rwinshi, ariko akavuga ko rushyoshye kubi nubwo rwageze aho rukamukora.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Gregory Tayi says:
    2 years ago

    kuki mutamukorera interview aho gufata amakuru yo kuri youtube?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 10 =

Previous Post

Igihugu cyo muri Afurika cyateye utwatsi ubusabe bw’u Bwongereza bwo kucyoherereza abimukira

Next Post

Afurika y’Epfo: Umugabo yahamijwe ubutinganyi yakoreye umwana we hatangazwa n’igihano yakatiwe

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika y’Epfo: Umugabo yahamijwe ubutinganyi yakoreye umwana we hatangazwa n’igihano yakatiwe

Afurika y’Epfo: Umugabo yahamijwe ubutinganyi yakoreye umwana we hatangazwa n’igihano yakatiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.