Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umufaransa uri gutembera Afurika n’igare wanyuze benshi mu Rwanda yongeye kwigaragaza

radiotv10by radiotv10
25/04/2024
in MU RWANDA, UDUSHYA
1
Umufaransa uri gutembera Afurika n’igare wanyuze benshi mu Rwanda yongeye kwigaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umufaransa Kino Yves uri gutembera Umugabane wa Afurika n’igare, uherutse kugarara aganira n’umusore w’Umunyarwanda bahuriye mu muhanda banyonga igare, mu kiganiro cyanyuze benshi, noneho yagaragaye ari muri resitora yagiye kwica isari yanuriwe n’ifunguro ryo mu Rwanda.

Kino Yves yageze muri Kenya mu mpera z’umwaka ushize wa 2023 avuye iwabo i Burayi akoresheje inzira y’ubutaka, aho mu ngendo ze akoresha igare rye ridasanzwe ry’amapine atatu.

Uyu mugabo ukomoka mu Bufaransa umaze kugera mu bindi Bihugu bitandukanye ku Mugabane wa Afurika birimo Sudani na Ethiopia, mu minsi micye ishize aherutse kugera mu Rwanda avuye muri Uganda.

Ubwo yageraga mu Rwanda, yagaragarijwe urugrwiro n’Abanyarwanda barimo umusore bahuriye mu muhanda na we wari uri kunyonga igare, bagirana ikiganiro cyakunzwe na benshi.

Mu mashusho y’uyu Mufaransa Kino Yves yongeye kujya hanze, agaragara yagiye kwica isari, yaka ibiryo bya Kinyarwanda, byamugeraho akishimira uburyo iri funguro rinurira.

Kino Yves uri gutembera Umugabane wa Afurika akoresheje igare, uherutse kugarara aganira n’Umunyarwanda bahuriye mu muhanda, mu kiganiro cyanyuze benshi, noneho yagaragaye ari muri resitora yagiye kwica isari yanuriwe n’ifunguro ryo mu Rwanda. pic.twitter.com/cn7s3Zs8Eu

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) April 25, 2024

Akimara kubwirwa ubwoko bw’amafuro ya Kinyarwanda ari muri resitora yagiye gufatiramo ifunguro, yahise asaba ko bamugaburira umuceri uzananye n’igitoki, ibishyimbo ndetse n’inyama z’ihene.

Uyu Mufaransa ugaragaza ko yishimiye u Rwanda, amaze kubona iri funguro, yahise agaragaza akanyamuneza kenshi by’umwihariko ashimishwa n’ibishyimbo byinshi bari bamushyiriyeho.

Atangiye gufata iri funguro avuga ko ari irya mbere yafatiye mu Rwanda, yagize ati “Reka ngerageze ifunguro ryo mu Rwanda. Amafunguro yose ha hano mu Rwanda aba ari meza ku buzima bw’umuntu.”

Ageze ku rusenda, ahita ashyiramo rwinshi, ariko akavuga ko rushyoshye kubi nubwo rwageze aho rukamukora.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Gregory Tayi says:
    2 years ago

    kuki mutamukorera interview aho gufata amakuru yo kuri youtube?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 6 =

Previous Post

Igihugu cyo muri Afurika cyateye utwatsi ubusabe bw’u Bwongereza bwo kucyoherereza abimukira

Next Post

Afurika y’Epfo: Umugabo yahamijwe ubutinganyi yakoreye umwana we hatangazwa n’igihano yakatiwe

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika y’Epfo: Umugabo yahamijwe ubutinganyi yakoreye umwana we hatangazwa n’igihano yakatiwe

Afurika y’Epfo: Umugabo yahamijwe ubutinganyi yakoreye umwana we hatangazwa n’igihano yakatiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.