Saturday, August 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umufaransa wakoreye ingendo mu karere n’igare ridasanzwe nyuma y’u Rwanda n’u Burundi yageze Tanzania

radiotv10by radiotv10
12/06/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Umufaransa wakoreye ingendo mu karere n’igare ridasanzwe nyuma y’u Rwanda n’u Burundi yageze Tanzania
Share on FacebookShare on Twitter

Kino Yves umaze iminsi agaragaza ibihe yagiriye mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba mu rugendo yakoze n’igare, yerekanye yasubiye muri Tanzania yari yanyuzemo avuye mu Rwanda ubwo yerecyezaga mu Burundi.

Uyu Mufaransa wamenyekanye cyane ubwo yagiriraga urugendo mu Rwanda, aho yagiriye ibihe byiza, akagaragaza uburyo yakiranywe ubwuzu n’Abanyarwanda, yari aherutse kugaragaza ibihe yagiriye mu Burundi, yabanje gukangwa n’umupolisi ubwo yari akihagera.

Mu mashusho anyuza kuri YouTube Channel ye, aheruka yagaragaje ubwo yahagurukaga mu Burundi yerecyeza muri Tanzania, nabwo yinjiyemo agatangarirwa na benshi babonye igare rye ry’amapine atatu.

Bamwe mu Banya-Tanzania babonaga uyu Mufaransa, harimo n’abamusabye amafaranga, ariko akababera ibamba ababwira ko ntayo afite.

Muri uru rugendo rwo muri Tanzania, yanageze mu nzira ahura n’abandi bakerarugendo na bo bari mu butembere n’amagare, bajya no kumwereka aho afatira amafunguro.

Amaze gufata ifunguro, yahise yerecyeza mu mujyi wa Kigoma aho yavuze ko agiye kureba Ikiyaga cya Tanganyika, aza guhura na bamwe mu Banya-Tanzania bari ku muhanda, aho uwitwa Raymond yamusabye kugira inama abatuye iki Gihugu.

Kino Yves wabanje kuvuga ko nta bumenyi budasanzwe bwo kuba yagira inama Igihugu runaka, yageze aho yemera kuyibagira, ababwira ko icya mbere ari ukwiha umutuzo, ubundi abantu bagashaka uburyo bwo gushora imari mu bitekerezo byose baba bafite.

Yagize ati “Gufasha ba rwiyemezamirimo no kubaha amafaranga, ni cyo America ikora, ni na yo mpamvu America ari Igihugu cyateye imbere ku Isi kuko bashyigikira ba rwiyemezamirimo mu rwego rwo guteza imbere Igihugu.”

Ubwo Kino Yves yageraga aho yacumbitse, na bwo yatunguye ababonye igare rye nk’uko byamugendekeye ubwo yari mu Rwanda, aho umwe mu bakozi b’icumbi yarayemo, yabanje kuryicaraho ngo yumve uko rimeze.

Kuri iri cumbi, yari yitegeye ikiyaga rya Tanganyika gihuriraho Ibihugu birimo Tanzania, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaragaza ko aho yari ari yari yitegeye Igihugu cya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 3 =

Previous Post

Israel&Hamas: Hagaragajwe igishobora gutuma intambara irangira n’ahakiri imbogamizi

Next Post

Abapolisi b’u Rwanda bagiye mu butumwa bagaragarijwe ikizatuma bagarukana ishema

Related Posts

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Perezida William Ruto wa Kenya yatangaje ko yishimiye gutembereza mu Biro by’Umukuru w’Igihugu Uhuru Kenyatta yasimbuye yanigeze kubera Visi Perezida...

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaganye yivuye inyuma Umudipolomate wayo uherutse gufatirwa muri Bulgarie ari mu modoka itwaye...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ko muri Gurupoma...

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

by radiotv10
30/07/2025
0

Leta ya Tanzania yafashe icyemezo cyo guhagarika abanyamahanga gufungura ibikorwa by’ubucuruzi mu nzego z’ingenzi z’ubukungu bw’iki Gihugu. Iki cyemezo cya...

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi b’u Rwanda bagiye mu butumwa bagaragarijwe ikizatuma bagarukana ishema

Abapolisi b’u Rwanda bagiye mu butumwa bagaragarijwe ikizatuma bagarukana ishema

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.