Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umufaransa wakoreye ingendo mu karere n’igare ridasanzwe nyuma y’u Rwanda n’u Burundi yageze Tanzania

radiotv10by radiotv10
12/06/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Umufaransa wakoreye ingendo mu karere n’igare ridasanzwe nyuma y’u Rwanda n’u Burundi yageze Tanzania
Share on FacebookShare on Twitter

Kino Yves umaze iminsi agaragaza ibihe yagiriye mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba mu rugendo yakoze n’igare, yerekanye yasubiye muri Tanzania yari yanyuzemo avuye mu Rwanda ubwo yerecyezaga mu Burundi.

Uyu Mufaransa wamenyekanye cyane ubwo yagiriraga urugendo mu Rwanda, aho yagiriye ibihe byiza, akagaragaza uburyo yakiranywe ubwuzu n’Abanyarwanda, yari aherutse kugaragaza ibihe yagiriye mu Burundi, yabanje gukangwa n’umupolisi ubwo yari akihagera.

Mu mashusho anyuza kuri YouTube Channel ye, aheruka yagaragaje ubwo yahagurukaga mu Burundi yerecyeza muri Tanzania, nabwo yinjiyemo agatangarirwa na benshi babonye igare rye ry’amapine atatu.

Bamwe mu Banya-Tanzania babonaga uyu Mufaransa, harimo n’abamusabye amafaranga, ariko akababera ibamba ababwira ko ntayo afite.

Muri uru rugendo rwo muri Tanzania, yanageze mu nzira ahura n’abandi bakerarugendo na bo bari mu butembere n’amagare, bajya no kumwereka aho afatira amafunguro.

Amaze gufata ifunguro, yahise yerecyeza mu mujyi wa Kigoma aho yavuze ko agiye kureba Ikiyaga cya Tanganyika, aza guhura na bamwe mu Banya-Tanzania bari ku muhanda, aho uwitwa Raymond yamusabye kugira inama abatuye iki Gihugu.

Kino Yves wabanje kuvuga ko nta bumenyi budasanzwe bwo kuba yagira inama Igihugu runaka, yageze aho yemera kuyibagira, ababwira ko icya mbere ari ukwiha umutuzo, ubundi abantu bagashaka uburyo bwo gushora imari mu bitekerezo byose baba bafite.

Yagize ati “Gufasha ba rwiyemezamirimo no kubaha amafaranga, ni cyo America ikora, ni na yo mpamvu America ari Igihugu cyateye imbere ku Isi kuko bashyigikira ba rwiyemezamirimo mu rwego rwo guteza imbere Igihugu.”

Ubwo Kino Yves yageraga aho yacumbitse, na bwo yatunguye ababonye igare rye nk’uko byamugendekeye ubwo yari mu Rwanda, aho umwe mu bakozi b’icumbi yarayemo, yabanje kuryicaraho ngo yumve uko rimeze.

Kuri iri cumbi, yari yitegeye ikiyaga rya Tanganyika gihuriraho Ibihugu birimo Tanzania, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaragaza ko aho yari ari yari yitegeye Igihugu cya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Israel&Hamas: Hagaragajwe igishobora gutuma intambara irangira n’ahakiri imbogamizi

Next Post

Abapolisi b’u Rwanda bagiye mu butumwa bagaragarijwe ikizatuma bagarukana ishema

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi b’u Rwanda bagiye mu butumwa bagaragarijwe ikizatuma bagarukana ishema

Abapolisi b’u Rwanda bagiye mu butumwa bagaragarijwe ikizatuma bagarukana ishema

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.