Monday, October 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umufaransa wasuye u Rwanda akahishimira yageze i Burundi birahinduka ahahurira n’uruva gusenya

radiotv10by radiotv10
16/05/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
3
Umufaransa wasuye u Rwanda akahishimira yageze i Burundi birahinduka ahahurira n’uruva gusenya
Share on FacebookShare on Twitter

Umufaransa Kino Yves ukomeje gusangiza abantu ibyo yaboneye mu rugendo yagize akoresheje igare mu Bihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, nko mu Rwanda yishimiye, noneho yerekanye yageze i Burundi, aho yutswe inabi n’umupolisi, bigatuma atishimira iki Gihugu yagiyemo agifitiye amatsiko, akavuga ko yabonye impamvu kidasurwa.

Ni mu mashusho uyu Mufaransa akomeje gushyira kuri YouTube Channel ye, aho mu yo yashyizeho muri iki cyumweru, agaragaza afata urugendo ava muri Tanzania yerecyeza mu Burundi.

Amashusho abanziriza aya, Kino Yves yari yagaragaje urugendo yagize rwo kuva mu Rwanda yerecyeza muri Tanzania, aho yanyuze kugira ngo abashe kugera i Burundi kuko iki Gihugu cyafunze imipaka igihuza n’u Rwanda.

Muri aya mashusho aheruka, afite umutwe ugira uti “Iyi ni yo mpamvu nta muntu usura iki Gihugu [yavugaga u Burundi]”, Kino Yves agaragaza yinjira mu Burundi, mu mihanda yacikaguritse.

Bamwe mu Barundi bamwakirana ubwuzu, bakanamuganiriza bamubaza aho aturuka n’aho yerecyeza, akababwira ko yaturutse mu Bufaransa.

Ati “Naje mvuye mu Rwanda ariko nanyuze muri Tanzania kuko imipaka ifunze nabanje kunyura muri Tanzania.”

Umwe mu Barundi bagaragariza urugwiro uyu Mufaransa, amubaza ibilometero amaze gukoresha, avuga ko ari hagati y’ibihumbi 14 na 15.

Uyu Murundi witwa Zackarie wumvikana ko asobanukiwe, anarangira inzira uyu Mufaransa azanyura kugira ngo agere muri Afurika y’Epfo, ariko akanamusaba ubufasha.

Ati “Iyo uhuye n’umuntu waje u Burundi ugira icyo umusaba, rero igihe uzaba wasubiye mu Gihugu cyawe, uzadufashe kumenyekanisha Igihugu cyacu, kugira ngo abantu bazasure u Burundi.”

Ageze aho yagombaga gucumbika i Muyinga, yagiye gufata amafunguro mu nzu imwe iyacuruza, asanga hari umuziki mwinshi, asaba ko bawumugabanyiriza baranga, ahita akomeza ajya gushaka ahandi yabona ifunguro.

Mu kugenda, yagiye asa nk’urakaye ati “Aba bantu umuntu arabasaba kugabanya umuziki, ahubwo bakawongera. Rero ngomba kujya gufatira ifunguro ahandi.”

Ubwo yajyaga gushaka ahandi afatira ifunguro, ni bwo yahuye n’ibya wa Munyarwanda wagize ati “nahuye n’uruva gusenya” kuko umupolisi wari mu gasantere, yamubajije uwamuhaye uburenganzira bwo gufata amashusho, akamubwira mu ijwi rimukanga cyane, undi akamwizeza ko agiye kubihagarika, ari na bwo yahitaga azimya camera.

Umufaransa Kino Yves ukomeje gusangiza abantu ibyo yaboneye mu rugendo yagize akoresheje igare mu Bihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, nko mu Rwanda yishimiye, noneho yerekanye yageze i Burundi, aho yutswe inabi n’umupolisi, bigatuma atishimira iki Gihugu avuga ko… pic.twitter.com/Xm7dEbxjMn

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) May 16, 2024

Umurundikazi wari uri kumufasha kubona iri funguro, yabaye nk’umuturisha, ubwo yari amubajije niba gufata amashusho bitemewe i Burundi, undi akamusubiza agira ati “Humura, ntabwo ari ibintu ibikomeye.”

Kino Yves mu gufata ifunguro, yagaragaye nk’uwaguye mu kantu, agira ati “Birababaje, mbonye impamvu nta bukerarugendo buba i Burundi […] ku munsi wa mbere nutswe inabi n’umupolisi. Birababaje, birashobora ko ari yo mpamvu hano abantu ari abakene.”

Kino Yves ukomeza kuvuga ko yababajwe n’ibi yakorewe, avuga ko yagiye muri iki Gihugu yumva ko azakibonamo ibyiza, none yagezeho birahinduka.

Umupolisi wakanze Kino Yves
Agahinda ke yakagaragaje ubwo yari ari gufata ifunguro

RADIOTV10

Comments 3

  1. Mutware Assu Muslim says:
    1 year ago

    @radiotv10.rw #radiotv10.rw Agahinda se kari hehe? Mbega wenda yarabivuze ark ifoto mwerekanye ntagahinda karimo mumufatishe ku itama cg kugahanga agahinda tukabone niko dushaka… 😅😂😂🤣🤣

    Reply
    • Emmanuel says:
      1 year ago

      Reba video uranona ko agahinda Ari kenshi

      Reply
  2. Habinshuti gashotsi byongorera nyaminani says:
    1 year ago

    Ni muburundi nyine ahubwo agende bucye cg urugendo rwe rurangirire aho

    Reply

Leave a Reply to Mutware Assu Muslim Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Uko ubuzima bwa Minisitiri w’Intebe wa Slovakia buhagaze nyuma yo kujyanwa mu Bitaro igitaraganya

Next Post

Umuhanzi ugezweho wagize ikibazo cy’uruhu yagaragaje ko cyakomeje anavuga inkuru afitiye abakunzi-AMAFOTO

Related Posts

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

by radiotv10
27/10/2025
0

Paul Biya w’imyaka 92 yatangajwe nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, ibintu byakurikiwe n’imvururu z’abashyigikiye Issa Tchiroma Bakary wemeza ko ari we...

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

by radiotv10
27/10/2025
0

Igihugu cya Mali cyahagaritse amasomo mu mashuri abanza, ayisumbuye na kaminuza mu Gihugu hose, kubera ikibazo gikomeye cy’ibura ry’ibikomoka kuri...

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
27/10/2025
0

Moussa Mara wahoze ari Minisitiri w’Intebe muri Mali, yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri irimo umwe usubitse nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

AFC/M23 yashenguwe n’urupfu rwa Musenyeri wo muri Kiliziya Gatulika i Goma

AFC/M23 yashenguwe n’urupfu rwa Musenyeri wo muri Kiliziya Gatulika i Goma

by radiotv10
27/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryababajwe n’urupfu rwa Musenyeri Faustin Ngabu wabaye Umushumba...

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

by radiotv10
25/10/2025
0

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon, Issa Tchiroma Bakary, wamaze kwitangaza nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, yatangaje ko igihe hatangazwa...

IZIHERUKA

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda
MU RWANDA

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
27/10/2025
0

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

27/10/2025
Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

27/10/2025
BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

27/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

27/10/2025
Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

27/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ugezweho wagize ikibazo cy’uruhu yagaragaje ko cyakomeje anavuga inkuru afitiye abakunzi-AMAFOTO

Umuhanzi ugezweho wagize ikibazo cy’uruhu yagaragaje ko cyakomeje anavuga inkuru afitiye abakunzi-AMAFOTO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.