Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umufaransa watembereye u Rwanda akanyura benshi yagaragaje icyamukoze ku mutima

radiotv10by radiotv10
09/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UDUSHYA
0
Umufaransa watembereye u Rwanda akanyura benshi yagaragaje icyamukoze ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Umufaransa Kino Yves umaze iminsi agaragaza amashusho y’ibihe bitazibagirana yagiriye mu Rwanda mu rugendo agirira mu Bihugu bitandukanye akoresheje igare, yagaragaje uburyo yeretswe umutima w’ubumuntu n’umuryango uciriritse mu Rwanda, atigeze abonana abandi, avuga ko byamukoze ku mutima mu buryo budasanzwe.

Ni mu mashusho akomeje gushyira kuri YouTube Channel ye yitwa Kino Yves, aho mu minsi ishize, yari yashyizeho agaragaza ubwo yavaga mu Mujyi wa Kigali yerecyeza mu Karere ka Kayonza, aho yishimiwe cyane ndetse na we akagaragaza ko yishimiye u Rwanda n’umutima mwiza yabonanye Abanyarwanda.

Mu yandi mashusho yashyize kuri uyu muyoboro, Kino Yves, agaragaza ubwo yahaguruka ku icumbi yari yacumbitsemo mu Karere ka Kayonza, yerecyeza aho agomba kuzava yerecyeza muri Tanzania anyuze ku mupaka wa Rusumo mu Karere ka Kirehe.

Kino Yves muri uru rugendo rwe, agenda asuhuza Abanyarwanda bahuriraga mu muhanda agira ati “Muraho!”, bamugaragariza urugwiro, na we yerekana ibyishimo yagiriye mu Rwanda.

Muri uru rugendo, ajyenda ahura n’imvura imunyagira, ariko akabanza kwihagararaho akanga kugama, nyuma akaza kuva ku izima, akaza kugama ageze mu gace k’icyaro.

Ajya kugama mu rugo rw’umuturage uriho mu buzima buciriritse, ariko agatungurwa no gusanga urwo rugo rurimo umuriro w’amashanyarazi.

Agera muri uru rugo, bakamuha ikaze, bakamusaba kwinjira mu nzu kugira ngo yugame imvura yagwaga ari nyinshi.

Kino Yves ugera aho akagaragaza ko yakonje, agaragaza ko amarangamutima ye, yatuje, aho imvura ihitukiye, akomeza urugendo rwe, akagenda agaragaza akanyamuneza yatewe n’umutima mwiza yabonanye uyu muryango wamwugamishije.

Agira ati “Mbega ibintu bitangaje. Ni byiza gufashwa n’abaturage, igihe watemberereye ahantu nk’aha haciciritse, ntushobora kwiyumvisha ibyo ubona, kuko birababaje, ushobora no kurira kuko imibereho iciriritse ni mibi. Kubona abana muri iyi nzu itameze neza bari gusubiramo imikoro yo ku ishuri, bari muri ubu bukonje, hari imvura; ariko bari gukora umukoro kuko bazi ko ishuri ari ryo rizabakura muri iyi mibereho.

Byankoze ku mutima kubona ibintu nk’ibi […] Ni iby’agaciro kubona ibintu nk’ibi, kuko nakiriwe nabi cyane n’abantu b’abakire muri Kigali, ariko nakiranywe umutima wa kimuntu n’abaturage badafite icyo bafite. Abantu hano ntakintu bafite ariko bafite ubumuntu.”

Kino Yves wagaragazaga amarangamutima adasanzwe ubwo yavugaga uburyo yakiriwe n’uyu muryango, yavuze ko atazibagirwa ibihe yagiriye mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

MTN Rwanda yongeye kugira umusaruro ushimishije by’umwihariko izamuka ry’abafatabuguzi

Next Post

M23 yagaragaje impamvu idashobora kubahiriza ibyo isabwa n’amahanga akomeje kuyotsa igitutu

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje impamvu idashobora kubahiriza ibyo isabwa n’amahanga akomeje kuyotsa igitutu

M23 yagaragaje impamvu idashobora kubahiriza ibyo isabwa n’amahanga akomeje kuyotsa igitutu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.