Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umufaransa watembereye u Rwanda akanyura benshi yagaragaje icyamukoze ku mutima

radiotv10by radiotv10
09/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UDUSHYA
0
Umufaransa watembereye u Rwanda akanyura benshi yagaragaje icyamukoze ku mutima
Share on FacebookShare on Twitter

Umufaransa Kino Yves umaze iminsi agaragaza amashusho y’ibihe bitazibagirana yagiriye mu Rwanda mu rugendo agirira mu Bihugu bitandukanye akoresheje igare, yagaragaje uburyo yeretswe umutima w’ubumuntu n’umuryango uciriritse mu Rwanda, atigeze abonana abandi, avuga ko byamukoze ku mutima mu buryo budasanzwe.

Ni mu mashusho akomeje gushyira kuri YouTube Channel ye yitwa Kino Yves, aho mu minsi ishize, yari yashyizeho agaragaza ubwo yavaga mu Mujyi wa Kigali yerecyeza mu Karere ka Kayonza, aho yishimiwe cyane ndetse na we akagaragaza ko yishimiye u Rwanda n’umutima mwiza yabonanye Abanyarwanda.

Mu yandi mashusho yashyize kuri uyu muyoboro, Kino Yves, agaragaza ubwo yahaguruka ku icumbi yari yacumbitsemo mu Karere ka Kayonza, yerecyeza aho agomba kuzava yerecyeza muri Tanzania anyuze ku mupaka wa Rusumo mu Karere ka Kirehe.

Kino Yves muri uru rugendo rwe, agenda asuhuza Abanyarwanda bahuriraga mu muhanda agira ati “Muraho!”, bamugaragariza urugwiro, na we yerekana ibyishimo yagiriye mu Rwanda.

Muri uru rugendo, ajyenda ahura n’imvura imunyagira, ariko akabanza kwihagararaho akanga kugama, nyuma akaza kuva ku izima, akaza kugama ageze mu gace k’icyaro.

Ajya kugama mu rugo rw’umuturage uriho mu buzima buciriritse, ariko agatungurwa no gusanga urwo rugo rurimo umuriro w’amashanyarazi.

Agera muri uru rugo, bakamuha ikaze, bakamusaba kwinjira mu nzu kugira ngo yugame imvura yagwaga ari nyinshi.

Kino Yves ugera aho akagaragaza ko yakonje, agaragaza ko amarangamutima ye, yatuje, aho imvura ihitukiye, akomeza urugendo rwe, akagenda agaragaza akanyamuneza yatewe n’umutima mwiza yabonanye uyu muryango wamwugamishije.

Agira ati “Mbega ibintu bitangaje. Ni byiza gufashwa n’abaturage, igihe watemberereye ahantu nk’aha haciciritse, ntushobora kwiyumvisha ibyo ubona, kuko birababaje, ushobora no kurira kuko imibereho iciriritse ni mibi. Kubona abana muri iyi nzu itameze neza bari gusubiramo imikoro yo ku ishuri, bari muri ubu bukonje, hari imvura; ariko bari gukora umukoro kuko bazi ko ishuri ari ryo rizabakura muri iyi mibereho.

Byankoze ku mutima kubona ibintu nk’ibi […] Ni iby’agaciro kubona ibintu nk’ibi, kuko nakiriwe nabi cyane n’abantu b’abakire muri Kigali, ariko nakiranywe umutima wa kimuntu n’abaturage badafite icyo bafite. Abantu hano ntakintu bafite ariko bafite ubumuntu.”

Kino Yves wagaragazaga amarangamutima adasanzwe ubwo yavugaga uburyo yakiriwe n’uyu muryango, yavuze ko atazibagirwa ibihe yagiriye mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 4 =

Previous Post

MTN Rwanda yongeye kugira umusaruro ushimishije by’umwihariko izamuka ry’abafatabuguzi

Next Post

M23 yagaragaje impamvu idashobora kubahiriza ibyo isabwa n’amahanga akomeje kuyotsa igitutu

Related Posts

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

IZIHERUKA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha
MU RWANDA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje impamvu idashobora kubahiriza ibyo isabwa n’amahanga akomeje kuyotsa igitutu

M23 yagaragaje impamvu idashobora kubahiriza ibyo isabwa n’amahanga akomeje kuyotsa igitutu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.