Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umufaransa wishimiye u Rwanda akomeje gutangaza benshi n’igare rye ridasanzwe akoresha azenguruka Isi

radiotv10by radiotv10
03/05/2024
in MU RWANDA, UDUSHYA
0
Umufaransa wishimiye u Rwanda akomeje gutangaza benshi n’igare rye ridasanzwe akoresha azenguruka Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umufaransa Kino Yves umaze iminsi agaragara mu mashusho yishimiye u Rwanda mu bukerarugendo yahagiriye akoresheje igare, yongeye kugaragara atungura ababonye igare rye, anamara amatsiko abakomeje kuryibazaho, by’umwihariko yishimirwa n’umuyobozi wa rimwe mu icumbi yacumbitsemo.

Kino Yves yamenyekanye cyane mu minsi ishize ubwo yaganiraga n’umusore w’Umunyarwanda bahuriye mu rugendo mu muhanda bombi bari kunyonga igare, bakagirana ikiganiro cyanyuze benshi.

Mu mashusho uyu Mufaransa akomeje gushyira kuri YouTube ye, yagaragaje andi ubwo yerecyezaga mu Ntara y’Iburasirazuba, na bwo agenda aganira n’abanyonzi bahuriraga mu muhanda, bakamugaragariza urugwiro.

Muri uru rugendo agaragaza muri aya mashusho, ubwo yageraga i Musha, yafashe akaruhuko, ahita yakirwa n’abaturage benshi bose batangariraga igare rye, rifite amapine atatu.

Umwe yahise amubwira ati “Ufite igare ryiza.” Undi amusubiza agira ati “Yego ni ryiza”, arongera aramubaza ati “ese rishyirwamo umuriro?” amusubiza amubwira ko ricagingwa.

Kino Yves yavuze ko nubwo rikoreshwa n’umuriro w’amashanyarazi, ariko iri gare rye ahora anyonga kugira ngo rigende, icyo bimufasha ari ukumugabanyiriza imbaraga akoresha mu kunyonga.

Undi yahise amubaza ati “none se iri gare rikomoka mu kihe Gihugu?” amusubiza agira ati “Ni iryo muri Repubulika ya Czech.”

Hari uwahise amubaza igiciro cyaryo, Kino asubiza agira ati “Rirahenze cyane, igiciro cyaryo ni nka moto isanzwe.”

 

Byabaye agahebuzo ageze ku icumbi

Ubwo yari ageze aho yacumbitse mu Karere ka Kayonza, Evelyn uyobora ubucuruzi bw’iri cumbi; na we yatunguwe n’iri gare, amubaza aho avuye n’aho yerecyeza, amusubiza agira ati “Naturutse mu Bufaransa, ubu nzakomereza muri Cape Town [muri Afurika y’Epfo]” undi ahita amubaza yatunguwe ati “Uzaba ugenda kuri iri gare ugenda urinyonga?”, Amusubiza agira ati “Yego, ni iry’amashanyarari ntabwo rigoye.”

Uyu wamwakiriye yakomeje agira ati “None se uzakomeza ugenda ucumbika, wongera ukomeza urugendo.” Amusubiza ati “Yego.” Arongera aramubaza ati “Ariko se ubwo urakomeje”, ati “Yego ndakomeje rwose.” Arongera ati “Ibi biratangaje!”

Evelyn wagaragazaga ko yishimiye uyu mukerarugendo n’iki gitekerezo cye cyo gutembera Isi akoresheje igare, yamusabye ko baganira birambuye, “ukambwira aho waturutse, aho werecyeza, impamvu…”

Uyu muyobozi w’iri cumbi yahise asaba abakozi baryo kumwakira neza, bakamuha buri serivisi yose yifuza kandi neza, ati “Aha rwose urahabwa amafunguro meza, ibyo kunywa byiza, ndabizi urabikunda.”

Muri uru rugendo rwa Kino, agaragaza ko yishimiye u Rwanda mu buryo budasanzwe, kubera imiterere yarwo nk’imisozi, ibibaya, amashyamba ndetse n’imigezi inogeye ijisho ndetse n’abaturage b’abanyarugwiro.

Kino Yves akomeje gutembera Isi n’igare
Evelyn wamwakiriye yatunguwe n’uburyo akomeje kuzenguruka Isi akoresheje igare

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + ten =

Previous Post

Igihugu kimwe cyahagaritse imikoranire na Israel kubera ibyo ikomeje gukorera Gaza

Next Post

Ibirambuye ku ifoto ya Perezida wa Kenya yagarutsweho cyane

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku ifoto ya Perezida wa Kenya yagarutsweho cyane

Ibirambuye ku ifoto ya Perezida wa Kenya yagarutsweho cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.