Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umufaransa wishimiye u Rwanda akomeje gutangaza benshi n’igare rye ridasanzwe akoresha azenguruka Isi

radiotv10by radiotv10
03/05/2024
in MU RWANDA, UDUSHYA
0
Umufaransa wishimiye u Rwanda akomeje gutangaza benshi n’igare rye ridasanzwe akoresha azenguruka Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umufaransa Kino Yves umaze iminsi agaragara mu mashusho yishimiye u Rwanda mu bukerarugendo yahagiriye akoresheje igare, yongeye kugaragara atungura ababonye igare rye, anamara amatsiko abakomeje kuryibazaho, by’umwihariko yishimirwa n’umuyobozi wa rimwe mu icumbi yacumbitsemo.

Kino Yves yamenyekanye cyane mu minsi ishize ubwo yaganiraga n’umusore w’Umunyarwanda bahuriye mu rugendo mu muhanda bombi bari kunyonga igare, bakagirana ikiganiro cyanyuze benshi.

Mu mashusho uyu Mufaransa akomeje gushyira kuri YouTube ye, yagaragaje andi ubwo yerecyezaga mu Ntara y’Iburasirazuba, na bwo agenda aganira n’abanyonzi bahuriraga mu muhanda, bakamugaragariza urugwiro.

Muri uru rugendo agaragaza muri aya mashusho, ubwo yageraga i Musha, yafashe akaruhuko, ahita yakirwa n’abaturage benshi bose batangariraga igare rye, rifite amapine atatu.

Umwe yahise amubwira ati “Ufite igare ryiza.” Undi amusubiza agira ati “Yego ni ryiza”, arongera aramubaza ati “ese rishyirwamo umuriro?” amusubiza amubwira ko ricagingwa.

Kino Yves yavuze ko nubwo rikoreshwa n’umuriro w’amashanyarazi, ariko iri gare rye ahora anyonga kugira ngo rigende, icyo bimufasha ari ukumugabanyiriza imbaraga akoresha mu kunyonga.

Undi yahise amubaza ati “none se iri gare rikomoka mu kihe Gihugu?” amusubiza agira ati “Ni iryo muri Repubulika ya Czech.”

Hari uwahise amubaza igiciro cyaryo, Kino asubiza agira ati “Rirahenze cyane, igiciro cyaryo ni nka moto isanzwe.”

 

Byabaye agahebuzo ageze ku icumbi

Ubwo yari ageze aho yacumbitse mu Karere ka Kayonza, Evelyn uyobora ubucuruzi bw’iri cumbi; na we yatunguwe n’iri gare, amubaza aho avuye n’aho yerecyeza, amusubiza agira ati “Naturutse mu Bufaransa, ubu nzakomereza muri Cape Town [muri Afurika y’Epfo]” undi ahita amubaza yatunguwe ati “Uzaba ugenda kuri iri gare ugenda urinyonga?”, Amusubiza agira ati “Yego, ni iry’amashanyarari ntabwo rigoye.”

Uyu wamwakiriye yakomeje agira ati “None se uzakomeza ugenda ucumbika, wongera ukomeza urugendo.” Amusubiza ati “Yego.” Arongera aramubaza ati “Ariko se ubwo urakomeje”, ati “Yego ndakomeje rwose.” Arongera ati “Ibi biratangaje!”

Evelyn wagaragazaga ko yishimiye uyu mukerarugendo n’iki gitekerezo cye cyo gutembera Isi akoresheje igare, yamusabye ko baganira birambuye, “ukambwira aho waturutse, aho werecyeza, impamvu…”

Uyu muyobozi w’iri cumbi yahise asaba abakozi baryo kumwakira neza, bakamuha buri serivisi yose yifuza kandi neza, ati “Aha rwose urahabwa amafunguro meza, ibyo kunywa byiza, ndabizi urabikunda.”

Muri uru rugendo rwa Kino, agaragaza ko yishimiye u Rwanda mu buryo budasanzwe, kubera imiterere yarwo nk’imisozi, ibibaya, amashyamba ndetse n’imigezi inogeye ijisho ndetse n’abaturage b’abanyarugwiro.

Kino Yves akomeje gutembera Isi n’igare
Evelyn wamwakiriye yatunguwe n’uburyo akomeje kuzenguruka Isi akoresheje igare

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 8 =

Previous Post

Igihugu kimwe cyahagaritse imikoranire na Israel kubera ibyo ikomeje gukorera Gaza

Next Post

Ibirambuye ku ifoto ya Perezida wa Kenya yagarutsweho cyane

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku ifoto ya Perezida wa Kenya yagarutsweho cyane

Ibirambuye ku ifoto ya Perezida wa Kenya yagarutsweho cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.