Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umufaransa wishimiye u Rwanda akomeje gutangaza benshi n’igare rye ridasanzwe akoresha azenguruka Isi

radiotv10by radiotv10
03/05/2024
in MU RWANDA, UDUSHYA
0
Umufaransa wishimiye u Rwanda akomeje gutangaza benshi n’igare rye ridasanzwe akoresha azenguruka Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umufaransa Kino Yves umaze iminsi agaragara mu mashusho yishimiye u Rwanda mu bukerarugendo yahagiriye akoresheje igare, yongeye kugaragara atungura ababonye igare rye, anamara amatsiko abakomeje kuryibazaho, by’umwihariko yishimirwa n’umuyobozi wa rimwe mu icumbi yacumbitsemo.

Kino Yves yamenyekanye cyane mu minsi ishize ubwo yaganiraga n’umusore w’Umunyarwanda bahuriye mu rugendo mu muhanda bombi bari kunyonga igare, bakagirana ikiganiro cyanyuze benshi.

Mu mashusho uyu Mufaransa akomeje gushyira kuri YouTube ye, yagaragaje andi ubwo yerecyezaga mu Ntara y’Iburasirazuba, na bwo agenda aganira n’abanyonzi bahuriraga mu muhanda, bakamugaragariza urugwiro.

Muri uru rugendo agaragaza muri aya mashusho, ubwo yageraga i Musha, yafashe akaruhuko, ahita yakirwa n’abaturage benshi bose batangariraga igare rye, rifite amapine atatu.

Umwe yahise amubwira ati “Ufite igare ryiza.” Undi amusubiza agira ati “Yego ni ryiza”, arongera aramubaza ati “ese rishyirwamo umuriro?” amusubiza amubwira ko ricagingwa.

Kino Yves yavuze ko nubwo rikoreshwa n’umuriro w’amashanyarazi, ariko iri gare rye ahora anyonga kugira ngo rigende, icyo bimufasha ari ukumugabanyiriza imbaraga akoresha mu kunyonga.

Undi yahise amubaza ati “none se iri gare rikomoka mu kihe Gihugu?” amusubiza agira ati “Ni iryo muri Repubulika ya Czech.”

Hari uwahise amubaza igiciro cyaryo, Kino asubiza agira ati “Rirahenze cyane, igiciro cyaryo ni nka moto isanzwe.”

 

Byabaye agahebuzo ageze ku icumbi

Ubwo yari ageze aho yacumbitse mu Karere ka Kayonza, Evelyn uyobora ubucuruzi bw’iri cumbi; na we yatunguwe n’iri gare, amubaza aho avuye n’aho yerecyeza, amusubiza agira ati “Naturutse mu Bufaransa, ubu nzakomereza muri Cape Town [muri Afurika y’Epfo]” undi ahita amubaza yatunguwe ati “Uzaba ugenda kuri iri gare ugenda urinyonga?”, Amusubiza agira ati “Yego, ni iry’amashanyarari ntabwo rigoye.”

Uyu wamwakiriye yakomeje agira ati “None se uzakomeza ugenda ucumbika, wongera ukomeza urugendo.” Amusubiza ati “Yego.” Arongera aramubaza ati “Ariko se ubwo urakomeje”, ati “Yego ndakomeje rwose.” Arongera ati “Ibi biratangaje!”

Evelyn wagaragazaga ko yishimiye uyu mukerarugendo n’iki gitekerezo cye cyo gutembera Isi akoresheje igare, yamusabye ko baganira birambuye, “ukambwira aho waturutse, aho werecyeza, impamvu…”

Uyu muyobozi w’iri cumbi yahise asaba abakozi baryo kumwakira neza, bakamuha buri serivisi yose yifuza kandi neza, ati “Aha rwose urahabwa amafunguro meza, ibyo kunywa byiza, ndabizi urabikunda.”

Muri uru rugendo rwa Kino, agaragaza ko yishimiye u Rwanda mu buryo budasanzwe, kubera imiterere yarwo nk’imisozi, ibibaya, amashyamba ndetse n’imigezi inogeye ijisho ndetse n’abaturage b’abanyarugwiro.

Kino Yves akomeje gutembera Isi n’igare
Evelyn wamwakiriye yatunguwe n’uburyo akomeje kuzenguruka Isi akoresheje igare

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − five =

Previous Post

Igihugu kimwe cyahagaritse imikoranire na Israel kubera ibyo ikomeje gukorera Gaza

Next Post

Ibirambuye ku ifoto ya Perezida wa Kenya yagarutsweho cyane

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

IZIHERUKA

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo
AMAHANGA

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku ifoto ya Perezida wa Kenya yagarutsweho cyane

Ibirambuye ku ifoto ya Perezida wa Kenya yagarutsweho cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.