Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugaba Mukuru wa UPDF yakiriye intumwa za RDF ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’izirwanira ku Butaka

radiotv10by radiotv10
18/04/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Umugaba Mukuru wa UPDF yakiriye intumwa za RDF ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’izirwanira ku Butaka
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba uherutse kugirwa Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), yakiriye intumwa z’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF), ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi n’Umuyobozi w’Agateganyo w’Ubutasi bwa RDF, Col Francis Regis Gatarayiha.

Amakuru dukesha ibinyamakuru byo muri Uganda nka Chimp Reports yagiye hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mata 2024, avuga ko General Muhoozi yakiriye izi ntumwa za RDF i Mbuya mu Murwa Mukuru wa Uganda i Kampala, ahasanzwe hari Icyicaro Gikuru cya UPDF.

Uretse Maj Gen Nyakarundi wari uyoboye izi ntumwa z’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, yari kumwe kandi n’abandi basirikare bane, barimo Col Francis Regis Gatarayiha usanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’agateganyo w’ubutasi bwa gisirikare.

General Muhoozi yakiriye izi ntumwa za RDF, ari kumwe na Major General James Birungi usanzwe Umuyobozi Mukuru w’Ubutasi bwa Uganda.

Aba basirikare kandi banashyikirije General Muhoozi Kainerugaba impano yagenewe n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, nk’uko bigaragara mu mafoto yashyizwe hanze.

General Muhoozi Kainerugaba umaze ibyumweru bitatu agizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, asanzwe ari umwe mu basirikare b’icyubahiro muri Uganda, dore ko yanagize imyanya itandukanye mu buyobozi bukuru mu Gisirikare, nko kuba yarabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, akaba yaranabaye Umujyanama w’umubyeyi we Perezida Yoweri Kaguta Museveni.

Muhoozi yagize uruhare runini mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda wigeze kumara imyaka itatu utifashe neza, aho yagiriye ingendo mu Rwanda zatanze umusaruro wo kuwubyutsa.

Ibi kandi yabishimwe na Perezida Paul Kagame ubwo yamwakiraga mu musangiro wabaye muri Mata umwaka ushize wa 2023, ubwo General Muhoozi yazaga kwizihiriza isabukuru ye mu Rwanda.

Icyo gihe Perezida Paul Kagame yagize ati “Mushobora kuba mwagira amahoro ariko mutari inshuti. Ariko ubu nizera ko tubifite byombi, turi inshuti kandi turi mu mahoro. Kandi tubikesha wowe General Muhoozi ku ruhare wabigizemo ndetse n’ubushishozi bwawe no kuba warabaye ikiraro gihuza impande zombi.”

General Muhoozi na we ubwo yari amaze kugira uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda, yavuze ko kimwe mu byo yishimira yagezeho mu mwuga we wa gisirikare, ari ukuba yarongeye gutuma Ingabo za Uganda (UPDF) n’iz’u Rwanda (RDF) zongera kuba abavandimwe nyuma y’icyo gihe zari zitameranye neza kubera icyo gitotsi cyari mu mubano w’Ibihugu byombi.

Gen Muhoozi Kainerugaba yakiriye intumwa zari ziyobowe na Maj Gen Vincent Nyakarundi
Yari kumwe kandi na Col Francis Regis Gatarayiha

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 4 =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze ku ikipe akunda yasezerewe n’indi yamamaza Visit Rwanda mu irushanwa rikunzwe

Next Post

Hatanzwe umucyo ku watemaguriwe urutoki byavugwaga ko ubuyobozi bwamwirengagije ku mpamvu itavugwaho rumwe

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

by radiotv10
01/07/2025
0

The President of the Democratic Republic of Congo, Félix Tshisekedi, stated that the peace agreement his country signed with Rwanda...

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku watemaguriwe urutoki byavugwaga ko ubuyobozi bwamwirengagije ku mpamvu itavugwaho rumwe

Hatanzwe umucyo ku watemaguriwe urutoki byavugwaga ko ubuyobozi bwamwirengagije ku mpamvu itavugwaho rumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.