Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugaba Mukuru wa UPDF yakiriye intumwa za RDF ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’izirwanira ku Butaka

radiotv10by radiotv10
18/04/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Umugaba Mukuru wa UPDF yakiriye intumwa za RDF ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’izirwanira ku Butaka
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba uherutse kugirwa Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), yakiriye intumwa z’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF), ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi n’Umuyobozi w’Agateganyo w’Ubutasi bwa RDF, Col Francis Regis Gatarayiha.

Amakuru dukesha ibinyamakuru byo muri Uganda nka Chimp Reports yagiye hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Mata 2024, avuga ko General Muhoozi yakiriye izi ntumwa za RDF i Mbuya mu Murwa Mukuru wa Uganda i Kampala, ahasanzwe hari Icyicaro Gikuru cya UPDF.

Uretse Maj Gen Nyakarundi wari uyoboye izi ntumwa z’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, yari kumwe kandi n’abandi basirikare bane, barimo Col Francis Regis Gatarayiha usanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’agateganyo w’ubutasi bwa gisirikare.

General Muhoozi yakiriye izi ntumwa za RDF, ari kumwe na Major General James Birungi usanzwe Umuyobozi Mukuru w’Ubutasi bwa Uganda.

Aba basirikare kandi banashyikirije General Muhoozi Kainerugaba impano yagenewe n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, nk’uko bigaragara mu mafoto yashyizwe hanze.

General Muhoozi Kainerugaba umaze ibyumweru bitatu agizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, asanzwe ari umwe mu basirikare b’icyubahiro muri Uganda, dore ko yanagize imyanya itandukanye mu buyobozi bukuru mu Gisirikare, nko kuba yarabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, akaba yaranabaye Umujyanama w’umubyeyi we Perezida Yoweri Kaguta Museveni.

Muhoozi yagize uruhare runini mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda wigeze kumara imyaka itatu utifashe neza, aho yagiriye ingendo mu Rwanda zatanze umusaruro wo kuwubyutsa.

Ibi kandi yabishimwe na Perezida Paul Kagame ubwo yamwakiraga mu musangiro wabaye muri Mata umwaka ushize wa 2023, ubwo General Muhoozi yazaga kwizihiriza isabukuru ye mu Rwanda.

Icyo gihe Perezida Paul Kagame yagize ati “Mushobora kuba mwagira amahoro ariko mutari inshuti. Ariko ubu nizera ko tubifite byombi, turi inshuti kandi turi mu mahoro. Kandi tubikesha wowe General Muhoozi ku ruhare wabigizemo ndetse n’ubushishozi bwawe no kuba warabaye ikiraro gihuza impande zombi.”

General Muhoozi na we ubwo yari amaze kugira uruhare mu kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda, yavuze ko kimwe mu byo yishimira yagezeho mu mwuga we wa gisirikare, ari ukuba yarongeye gutuma Ingabo za Uganda (UPDF) n’iz’u Rwanda (RDF) zongera kuba abavandimwe nyuma y’icyo gihe zari zitameranye neza kubera icyo gitotsi cyari mu mubano w’Ibihugu byombi.

Gen Muhoozi Kainerugaba yakiriye intumwa zari ziyobowe na Maj Gen Vincent Nyakarundi
Yari kumwe kandi na Col Francis Regis Gatarayiha

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − three =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze ku ikipe akunda yasezerewe n’indi yamamaza Visit Rwanda mu irushanwa rikunzwe

Next Post

Hatanzwe umucyo ku watemaguriwe urutoki byavugwaga ko ubuyobozi bwamwirengagije ku mpamvu itavugwaho rumwe

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku watemaguriwe urutoki byavugwaga ko ubuyobozi bwamwirengagije ku mpamvu itavugwaho rumwe

Hatanzwe umucyo ku watemaguriwe urutoki byavugwaga ko ubuyobozi bwamwirengagije ku mpamvu itavugwaho rumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.