Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Centrafrique yavuze uburyo RDF yababereye icyitegererezo

radiotv10by radiotv10
11/06/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Centrafrique yavuze uburyo RDF yababereye icyitegererezo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika ya Centrafrique, uri mu ruzinduko mu Rwanda n’intumwa ayoboye, yavuze ko igisirikare cy’iki Gihugu cyaberewe icyitegererezo n’Ingabo z’u Rwanda by’umwihariko mu murava bazibonana aho ziri mu butumwa bw’amahoro mu Gihugu cyabo.

Maj Gen Zépherin MAMADOU yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena 2024, nyuma yo kwakirwa na mugenzi we Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga ndetse na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda.

Muri uku kwakirwa ku Biro Bikuru by’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura, Ubuyobozi bw’Ingabo z’Ibihugu byombi, bwaganiriye ku gukomeza guteza imbere umubano usanzwe hagati y’inzego za gisirikare.

Maj Gen Zépherin MAMADOU yavuze ko intego y’uru ruzinduko ari kugirira mu Rwanda we n’intuma ayoboye, ari ugukomeza gusangizanya ibitekerezo byagira uruhare mu gushyira mu bikorwa amasezerano yagiye ashyirwaho umukono hagati y’Ibihugu byombi, by’umwihariko mu bijyanye n’ubufatanye mu by’imyitozo ndetse n’ibindi bikorwa bya gisirikare.

Yavuze ko umubano mu bya gisirikare hagati y’Ibihugu byombi wamaze kugera ku rwego rushimishije, kandi ko byose byagezweho kubera amasezerano yagiye yemeranywaho hagati y’Abakuru b’Ibihugu byombi.

Ati “Mu by’ukuri duhora duhanze amaso urugero rwiza rw’Ingabo z’u Rwanda, zikomeje kugera kuri byinshi muri Repubulika ya Centrafrique nka zimwe mu ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’izihari mu buryo bw’amasezerano y’Ibihugu byombi.”

Muri uru ruzinduko rw’icyumweru Umugaba Mukuru w’Ingabo za Centrafrique arimo mu Rwanda n’itsinda ry’intumwa ayoboye, bazasura ibikorwa binyuranye birimo Ishuri rikuru rya Gisirikare cya Gako, Zigama CSS ndetse n’ibindi bikorwa by’Ingabo z’u Rwanda, mu rwego rwo kubyigiraho.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Centrafrique yakiriwe n’ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda
Impande zombi zunguranye ibitekerezo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Ibirambuye ku itahwa rya Stade Amahoro n’umukino wa mbere ugiye kuyiberamo

Next Post

U Rwanda rwagize icyo rusaba n’icyo rwizeza Amavubi afite umukino w’ishiraniro

Related Posts

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

by radiotv10
30/06/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Kagara mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga bamaze amezi arenga umunani bavoma amazi...

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

IZIHERUKA

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana
IBYAMAMARE

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

by radiotv10
30/06/2025
0

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

30/06/2025
Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

28/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagize icyo rusaba n’icyo rwizeza Amavubi afite umukino w’ishiraniro

U Rwanda rwagize icyo rusaba n’icyo rwizeza Amavubi afite umukino w’ishiraniro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.