Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Centrafrique yavuze uburyo RDF yababereye icyitegererezo

radiotv10by radiotv10
11/06/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Centrafrique yavuze uburyo RDF yababereye icyitegererezo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika ya Centrafrique, uri mu ruzinduko mu Rwanda n’intumwa ayoboye, yavuze ko igisirikare cy’iki Gihugu cyaberewe icyitegererezo n’Ingabo z’u Rwanda by’umwihariko mu murava bazibonana aho ziri mu butumwa bw’amahoro mu Gihugu cyabo.

Maj Gen Zépherin MAMADOU yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena 2024, nyuma yo kwakirwa na mugenzi we Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga ndetse na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda.

Muri uku kwakirwa ku Biro Bikuru by’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura, Ubuyobozi bw’Ingabo z’Ibihugu byombi, bwaganiriye ku gukomeza guteza imbere umubano usanzwe hagati y’inzego za gisirikare.

Maj Gen Zépherin MAMADOU yavuze ko intego y’uru ruzinduko ari kugirira mu Rwanda we n’intuma ayoboye, ari ugukomeza gusangizanya ibitekerezo byagira uruhare mu gushyira mu bikorwa amasezerano yagiye ashyirwaho umukono hagati y’Ibihugu byombi, by’umwihariko mu bijyanye n’ubufatanye mu by’imyitozo ndetse n’ibindi bikorwa bya gisirikare.

Yavuze ko umubano mu bya gisirikare hagati y’Ibihugu byombi wamaze kugera ku rwego rushimishije, kandi ko byose byagezweho kubera amasezerano yagiye yemeranywaho hagati y’Abakuru b’Ibihugu byombi.

Ati “Mu by’ukuri duhora duhanze amaso urugero rwiza rw’Ingabo z’u Rwanda, zikomeje kugera kuri byinshi muri Repubulika ya Centrafrique nka zimwe mu ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’izihari mu buryo bw’amasezerano y’Ibihugu byombi.”

Muri uru ruzinduko rw’icyumweru Umugaba Mukuru w’Ingabo za Centrafrique arimo mu Rwanda n’itsinda ry’intumwa ayoboye, bazasura ibikorwa binyuranye birimo Ishuri rikuru rya Gisirikare cya Gako, Zigama CSS ndetse n’ibindi bikorwa by’Ingabo z’u Rwanda, mu rwego rwo kubyigiraho.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Centrafrique yakiriwe n’ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda
Impande zombi zunguranye ibitekerezo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Ibirambuye ku itahwa rya Stade Amahoro n’umukino wa mbere ugiye kuyiberamo

Next Post

U Rwanda rwagize icyo rusaba n’icyo rwizeza Amavubi afite umukino w’ishiraniro

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

IZIHERUKA

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri
AMAHANGA

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagize icyo rusaba n’icyo rwizeza Amavubi afite umukino w’ishiraniro

U Rwanda rwagize icyo rusaba n’icyo rwizeza Amavubi afite umukino w’ishiraniro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.