Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Centrafrique yavuze uburyo RDF yababereye icyitegererezo

radiotv10by radiotv10
11/06/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Centrafrique yavuze uburyo RDF yababereye icyitegererezo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika ya Centrafrique, uri mu ruzinduko mu Rwanda n’intumwa ayoboye, yavuze ko igisirikare cy’iki Gihugu cyaberewe icyitegererezo n’Ingabo z’u Rwanda by’umwihariko mu murava bazibonana aho ziri mu butumwa bw’amahoro mu Gihugu cyabo.

Maj Gen Zépherin MAMADOU yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena 2024, nyuma yo kwakirwa na mugenzi we Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga ndetse na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda.

Muri uku kwakirwa ku Biro Bikuru by’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura, Ubuyobozi bw’Ingabo z’Ibihugu byombi, bwaganiriye ku gukomeza guteza imbere umubano usanzwe hagati y’inzego za gisirikare.

Maj Gen Zépherin MAMADOU yavuze ko intego y’uru ruzinduko ari kugirira mu Rwanda we n’intuma ayoboye, ari ugukomeza gusangizanya ibitekerezo byagira uruhare mu gushyira mu bikorwa amasezerano yagiye ashyirwaho umukono hagati y’Ibihugu byombi, by’umwihariko mu bijyanye n’ubufatanye mu by’imyitozo ndetse n’ibindi bikorwa bya gisirikare.

Yavuze ko umubano mu bya gisirikare hagati y’Ibihugu byombi wamaze kugera ku rwego rushimishije, kandi ko byose byagezweho kubera amasezerano yagiye yemeranywaho hagati y’Abakuru b’Ibihugu byombi.

Ati “Mu by’ukuri duhora duhanze amaso urugero rwiza rw’Ingabo z’u Rwanda, zikomeje kugera kuri byinshi muri Repubulika ya Centrafrique nka zimwe mu ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’izihari mu buryo bw’amasezerano y’Ibihugu byombi.”

Muri uru ruzinduko rw’icyumweru Umugaba Mukuru w’Ingabo za Centrafrique arimo mu Rwanda n’itsinda ry’intumwa ayoboye, bazasura ibikorwa binyuranye birimo Ishuri rikuru rya Gisirikare cya Gako, Zigama CSS ndetse n’ibindi bikorwa by’Ingabo z’u Rwanda, mu rwego rwo kubyigiraho.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Centrafrique yakiriwe n’ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda
Impande zombi zunguranye ibitekerezo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − five =

Previous Post

Ibirambuye ku itahwa rya Stade Amahoro n’umukino wa mbere ugiye kuyiberamo

Next Post

U Rwanda rwagize icyo rusaba n’icyo rwizeza Amavubi afite umukino w’ishiraniro

Related Posts

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya
FOOTBALL

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagize icyo rusaba n’icyo rwizeza Amavubi afite umukino w’ishiraniro

U Rwanda rwagize icyo rusaba n’icyo rwizeza Amavubi afite umukino w’ishiraniro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.