Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Congo mushya yatanze isezerano imbere ya Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
07/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Congo mushya yatanze isezerano imbere ya Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), Lt Gen Jules Banza Mwilambwe, yasezeranyije kuzarinda ubwigenge, ubusugire n’umutekano by’iki Gihugu, mu bihe byose n’ibyaba bigoye uko byaba bimeze kose.

Lt Gen Jules Banza Mwilambwe yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 06 Mutarama 2025 ubwo yarahiriraga inshingano aherutse guhabwa na Perezida Félix Tshisekedi akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za DRC.

Uyu muhango wayobowe na Perezida Félix Tshisekedi, wabereye mu Kigo cya Gisirikare cyitiriwe Lieutenant-Colonel Kokolo kiri i Kinshasa mu Murwa Mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Félix Tshisekedi wakiriye indahiro z’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu, yemeye ko uyu ukuriye igisirikare atangira izi nshingano aherutse kumuha amusimbuje General Christian Tshiwewe na we wari muri uyu muhango.

Uyu Mugaba Mukuru wa FARDC, yasezeranyije Perezida w’Igihugu n’Abanyekongo bose ko azaharanira akanarinda ubwigenge, ubusugire n’umutekano bya Repuybulika Iharanira Demokarasi ya Congo, no mu bihe by’amakuba byose uko byaba bimeze kose.

Ni mu gihe Umugaba Mukuru w’Ingabo ucyuye igihe, General Christian Tshiwewe yaboneyeho kwibutsa umusimbuye ko aje mu bihe bitoroshye, aho igisirikare cy’iki Gihugu kimaze igihe mu rugamba rukomeye.

Izi mpinduka mu buyobozi bukuru bwa FARDC, zabaye mu gihe iki gisirikare cya Congo kimaze igihe gihanganye n’umutwe wa M23 mu mirwano imaze imyaka itatu n’igice, aho uyu mutwe ugizwe n’Abanyekongo unakomeje kwigarurira ibice byinshi birimo n’ibyo imaze imyaka itatu igenzura.

Bamwe mu basesenguzi mu by’igisirikare, bavuga ko umutwe wa M23 ufite amayeri ya gisirikare n’imyitozo, biri ku rwego rwo hejuru ugereranyije n’igisirikare cya Congo (FARDC) ari na yo mpamvu ukomeje kwigarurira ibice binyuranye ibikuyemo uruhande bahanganye.

Perezida Tshisekedi yamushyikirije ibendera ry’Igihugu ngo azakirinde

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 4 =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umugabo wishe urw’agashinyaguro umugore we bapfuye 120.000Frw

Next Post

Imikoranire y’ubutegetsi bwa Congo na FDLR yongeye kwamaganwa n’Umuryango Mpuzamahanga ukomeye

Related Posts

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

by radiotv10
16/12/2025
0

Arikiyepisikopi wa Arikidiyoseze ya Kinshasa, Karidinali Fridolin Ambongo; yongeye kugira inama Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko bukwiye...

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Abasirikare b’u Burundi bari bakiri mu Ntara ya Kivu y’Epfo, nyuma yo gutsindwa n’abarwanyi ba AFC/M23, biravugwa ko batangiye gucyurwa...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

by radiotv10
16/12/2025
0

Residents of Uvira City took to the streets in form of protest after the AFC/M23 Coalition announced that it would...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imikoranire y’ubutegetsi bwa Congo na FDLR yongeye kwamaganwa n’Umuryango Mpuzamahanga ukomeye

Imikoranire y’ubutegetsi bwa Congo na FDLR yongeye kwamaganwa n’Umuryango Mpuzamahanga ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.