Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Congo mushya yatanze isezerano imbere ya Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
07/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Congo mushya yatanze isezerano imbere ya Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), Lt Gen Jules Banza Mwilambwe, yasezeranyije kuzarinda ubwigenge, ubusugire n’umutekano by’iki Gihugu, mu bihe byose n’ibyaba bigoye uko byaba bimeze kose.

Lt Gen Jules Banza Mwilambwe yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 06 Mutarama 2025 ubwo yarahiriraga inshingano aherutse guhabwa na Perezida Félix Tshisekedi akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za DRC.

Uyu muhango wayobowe na Perezida Félix Tshisekedi, wabereye mu Kigo cya Gisirikare cyitiriwe Lieutenant-Colonel Kokolo kiri i Kinshasa mu Murwa Mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Félix Tshisekedi wakiriye indahiro z’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu, yemeye ko uyu ukuriye igisirikare atangira izi nshingano aherutse kumuha amusimbuje General Christian Tshiwewe na we wari muri uyu muhango.

Uyu Mugaba Mukuru wa FARDC, yasezeranyije Perezida w’Igihugu n’Abanyekongo bose ko azaharanira akanarinda ubwigenge, ubusugire n’umutekano bya Repuybulika Iharanira Demokarasi ya Congo, no mu bihe by’amakuba byose uko byaba bimeze kose.

Ni mu gihe Umugaba Mukuru w’Ingabo ucyuye igihe, General Christian Tshiwewe yaboneyeho kwibutsa umusimbuye ko aje mu bihe bitoroshye, aho igisirikare cy’iki Gihugu kimaze igihe mu rugamba rukomeye.

Izi mpinduka mu buyobozi bukuru bwa FARDC, zabaye mu gihe iki gisirikare cya Congo kimaze igihe gihanganye n’umutwe wa M23 mu mirwano imaze imyaka itatu n’igice, aho uyu mutwe ugizwe n’Abanyekongo unakomeje kwigarurira ibice byinshi birimo n’ibyo imaze imyaka itatu igenzura.

Bamwe mu basesenguzi mu by’igisirikare, bavuga ko umutwe wa M23 ufite amayeri ya gisirikare n’imyitozo, biri ku rwego rwo hejuru ugereranyije n’igisirikare cya Congo (FARDC) ari na yo mpamvu ukomeje kwigarurira ibice binyuranye ibikuyemo uruhande bahanganye.

Perezida Tshisekedi yamushyikirije ibendera ry’Igihugu ngo azakirinde

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 5 =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umugabo wishe urw’agashinyaguro umugore we bapfuye 120.000Frw

Next Post

Imikoranire y’ubutegetsi bwa Congo na FDLR yongeye kwamaganwa n’Umuryango Mpuzamahanga ukomeye

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imikoranire y’ubutegetsi bwa Congo na FDLR yongeye kwamaganwa n’Umuryango Mpuzamahanga ukomeye

Imikoranire y’ubutegetsi bwa Congo na FDLR yongeye kwamaganwa n’Umuryango Mpuzamahanga ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.