Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Congo mushya yatanze isezerano imbere ya Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
07/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Congo mushya yatanze isezerano imbere ya Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), Lt Gen Jules Banza Mwilambwe, yasezeranyije kuzarinda ubwigenge, ubusugire n’umutekano by’iki Gihugu, mu bihe byose n’ibyaba bigoye uko byaba bimeze kose.

Lt Gen Jules Banza Mwilambwe yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 06 Mutarama 2025 ubwo yarahiriraga inshingano aherutse guhabwa na Perezida Félix Tshisekedi akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za DRC.

Uyu muhango wayobowe na Perezida Félix Tshisekedi, wabereye mu Kigo cya Gisirikare cyitiriwe Lieutenant-Colonel Kokolo kiri i Kinshasa mu Murwa Mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Perezida Félix Tshisekedi wakiriye indahiro z’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu, yemeye ko uyu ukuriye igisirikare atangira izi nshingano aherutse kumuha amusimbuje General Christian Tshiwewe na we wari muri uyu muhango.

Uyu Mugaba Mukuru wa FARDC, yasezeranyije Perezida w’Igihugu n’Abanyekongo bose ko azaharanira akanarinda ubwigenge, ubusugire n’umutekano bya Repuybulika Iharanira Demokarasi ya Congo, no mu bihe by’amakuba byose uko byaba bimeze kose.

Ni mu gihe Umugaba Mukuru w’Ingabo ucyuye igihe, General Christian Tshiwewe yaboneyeho kwibutsa umusimbuye ko aje mu bihe bitoroshye, aho igisirikare cy’iki Gihugu kimaze igihe mu rugamba rukomeye.

Izi mpinduka mu buyobozi bukuru bwa FARDC, zabaye mu gihe iki gisirikare cya Congo kimaze igihe gihanganye n’umutwe wa M23 mu mirwano imaze imyaka itatu n’igice, aho uyu mutwe ugizwe n’Abanyekongo unakomeje kwigarurira ibice byinshi birimo n’ibyo imaze imyaka itatu igenzura.

Bamwe mu basesenguzi mu by’igisirikare, bavuga ko umutwe wa M23 ufite amayeri ya gisirikare n’imyitozo, biri ku rwego rwo hejuru ugereranyije n’igisirikare cya Congo (FARDC) ari na yo mpamvu ukomeje kwigarurira ibice binyuranye ibikuyemo uruhande bahanganye.

Perezida Tshisekedi yamushyikirije ibendera ry’Igihugu ngo azakirinde

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 5 =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umugabo wishe urw’agashinyaguro umugore we bapfuye 120.000Frw

Next Post

Imikoranire y’ubutegetsi bwa Congo na FDLR yongeye kwamaganwa n’Umuryango Mpuzamahanga ukomeye

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango
MU RWANDA

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

08/01/2026
Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

08/01/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imikoranire y’ubutegetsi bwa Congo na FDLR yongeye kwamaganwa n’Umuryango Mpuzamahanga ukomeye

Imikoranire y’ubutegetsi bwa Congo na FDLR yongeye kwamaganwa n’Umuryango Mpuzamahanga ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.