Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

radiotv10by radiotv10
19/11/2025
in Uncategorized
0
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti, aho bamwe mu bahatuye bakeka ko ashobora kuba yishwe, akamanikwamo n’abamwivuganye.

Uyu murambo wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ugushyingo 2025, mu Kagari ka Mpare muri uyu Murenge wa Tumba.

Abaturage bo muri aka gace babwiye RADIOTV10 ko bakurikije uko basanze umurambo wa nyakwigendera umanitse, atari ukwiyahura, ahubwo ko ashobora kuba yishwe n’abagizi ba nabi, barangiza bakajya kumumanika mu giti.

Umwe yagize ati “Ubu se iyi nzira ubona mu bishyimbo, ni we wayiciye ajya kwiyahura ari umwe? Ikigaragara cyo ni uko yishwe.”

Undi na we yagize ati “Uko biri kose bifite abantu babikoze bakamujyana hariya, gusa icyo dusaba Leta nidukarize umutekano cyane muri ibi bihe by’iminsi mikuru tugiye kwinjiramo kuko abantu barabyitwaza cyane ugasanga barimo baratega abantu babambura.”

Aba baturage bavuga kandi ko kuri uyu wa Kabiri, nyakwigendera yari yiriwe ameze neza ari kumwe n’umugore we, kandi ko nta bindi bibazo bari bamuziho byatuma yiyambura ubuzima.

Uwo bakoranaga uvuga ko na we yatunguwe no kumva bamubwira ko yiyahuye, yagize ati “Ndavuga nti ‘ese ubwo bibaho?’ nti ‘yiyahuye ate, ibibazo yari kuba afite ni ibihe kugira ngo yiyahure?”

Umuvuvizi wa Polisi y’u Rwanda, CIP Hassan Kamanzi, yabwiye RADIOTV10 ko amakuru y’urupfu rw’uyu mugabo yageze kuri uru rwego avuye mu baturage ahagana saa kumi n’ebyiri n’indi minota.

Ati “Polisi na RIB bihutiye kugera kuri terrain muri uyu Mudugudu wa Rwanyanza, bahageze basanga koko umugabo w’imyaka 25 ari mu mugozi amanitse mu giti.”

Izi nzego zahise zimanura umurambo, uhita ujyanwa mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Butare CHUB kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma no kureba icyaba cyahitanye nyakwigendera.

CIP Hassan Kamanzi avuga ko nyakwigendera yari umugabo wubatse ufite umugore n’umwana, aboneraho kwihanganisha umuryango we.

Ati “Icya mbere ni ukwihanganisha umuryango wa nyakwigendera. Hanyuma icya kabiri nanone Polisi irizeza umuryango wa nyakwigendera ko ugomba kubona ubutabera kuko niba koko yiyahuye na byo bizagaragara ariko yaba ataniyahuye hari ukundi byagenze, ibyo byose bizaturuka mu iperereza RIB yatangiye.”

Bakeka ko nyakwigendera yaba yishwe n’abantu bakaza kumumanika mu mugozi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + one =

Previous Post

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

Next Post

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Related Posts

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.