Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

radiotv10by radiotv10
19/11/2025
in Uncategorized
0
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti, aho bamwe mu bahatuye bakeka ko ashobora kuba yishwe, akamanikwamo n’abamwivuganye.

Uyu murambo wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Ugushyingo 2025, mu Kagari ka Mpare muri uyu Murenge wa Tumba.

Abaturage bo muri aka gace babwiye RADIOTV10 ko bakurikije uko basanze umurambo wa nyakwigendera umanitse, atari ukwiyahura, ahubwo ko ashobora kuba yishwe n’abagizi ba nabi, barangiza bakajya kumumanika mu giti.

Umwe yagize ati “Ubu se iyi nzira ubona mu bishyimbo, ni we wayiciye ajya kwiyahura ari umwe? Ikigaragara cyo ni uko yishwe.”

Undi na we yagize ati “Uko biri kose bifite abantu babikoze bakamujyana hariya, gusa icyo dusaba Leta nidukarize umutekano cyane muri ibi bihe by’iminsi mikuru tugiye kwinjiramo kuko abantu barabyitwaza cyane ugasanga barimo baratega abantu babambura.”

Aba baturage bavuga kandi ko kuri uyu wa Kabiri, nyakwigendera yari yiriwe ameze neza ari kumwe n’umugore we, kandi ko nta bindi bibazo bari bamuziho byatuma yiyambura ubuzima.

Uwo bakoranaga uvuga ko na we yatunguwe no kumva bamubwira ko yiyahuye, yagize ati “Ndavuga nti ‘ese ubwo bibaho?’ nti ‘yiyahuye ate, ibibazo yari kuba afite ni ibihe kugira ngo yiyahure?”

Umuvuvizi wa Polisi y’u Rwanda, CIP Hassan Kamanzi, yabwiye RADIOTV10 ko amakuru y’urupfu rw’uyu mugabo yageze kuri uru rwego avuye mu baturage ahagana saa kumi n’ebyiri n’indi minota.

Ati “Polisi na RIB bihutiye kugera kuri terrain muri uyu Mudugudu wa Rwanyanza, bahageze basanga koko umugabo w’imyaka 25 ari mu mugozi amanitse mu giti.”

Izi nzego zahise zimanura umurambo, uhita ujyanwa mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Butare CHUB kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma no kureba icyaba cyahitanye nyakwigendera.

CIP Hassan Kamanzi avuga ko nyakwigendera yari umugabo wubatse ufite umugore n’umwana, aboneraho kwihanganisha umuryango we.

Ati “Icya mbere ni ukwihanganisha umuryango wa nyakwigendera. Hanyuma icya kabiri nanone Polisi irizeza umuryango wa nyakwigendera ko ugomba kubona ubutabera kuko niba koko yiyahuye na byo bizagaragara ariko yaba ataniyahuye hari ukundi byagenze, ibyo byose bizaturuka mu iperereza RIB yatangiye.”

Bakeka ko nyakwigendera yaba yishwe n’abantu bakaza kumumanika mu mugozi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + fifteen =

Previous Post

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

Next Post

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.