Umugabo w’imyaka 52 wo mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, ukurikiranyweho gusambanya umwana we kuva afite imyaka 14 akanamutera inda bakabyarana impanga, yemera icyaha akavuga ko yari yarahisemo kugira umwana we umugore we kuko abandi bagore bari baramunaniye.
Uyu mugabo ubu ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga, atuye mu Kagari ka Gihara mu Murenge wa Runda, mu Karere ka Kamonyi.
Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mugabo akekwaho gusambanya umwana we w’umukobwa kuva afite imyaka 15 ubu akaba afite 22.
Ubushinjacyaha bugira buti “Ubwo yamusambanyaga, yamubwiraga ko atagomba kubivuga; ko nabivuga azamwica, biza kugera aho amutera inda babyarana abana babiri.”
Uyu mugabo yaje gutahurwa nyuma yuko atangiye kujya akubita uyu mukobwa we yari yaragize umugore we, ndetse akamubwira ko azamwica.
Ibi byatumye uyu mwana yimuka ajya gukodesha, uregwa akajya amusanga aho yagiye nabwo bakaryamana, nyuma ajyana umuhoro avuga ko ari bumwice, ni ko guhita abibwira abaturanyi batanga amakuru, uregwa afatwa atyo.
Ubushinjacyaha buti “Mu ibazwa rye uregwa yemera icyaha; asobanura ko yahisemo kubana n’umwana we kubera ko abandi bagore bari baramunaniye.”
Icyaha cyo gusambanya umwana uregwa akurikiranyweho giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 14 y’Itegeko no 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
RADIOTV10