Friday, July 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo wagiye kureba umugore we wari kumwe n’undi mu gicuku byarangiye ahasize ubuzima

radiotv10by radiotv10
26/06/2025
in MU RWANDA
1
Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, haravugwa urupfu rw’umugabo wakubiswe ifuni na mugenzi we yashinjaga kumuca inyuma akamusambanyiriza umugore we, nyuma yuko amenye amakuru ko bari kumwe saa sita z’ijoro, akajya kubareba bagatongana bikarangira akubiswe ifuni.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Gihimbi mu Kagari ka Kabirizi muri uyu Murenge wa Nyagisozi, aho uyu mugabo ukekwaho kwivugana uwamukekagaho kumusambanyiriza umugore yari amaze igihe gito aje kuba kuba dore ko yabaga mu Karere ka Bugesera ariko akaba akomoka muri aka gace.

Intandaro y’ubushyamirane bwavuyemo urupfu rwa nyakwigendera, ni ukuba yabuze umugore we ubwo yari ageze mu rugo mu ma saa sita z’ijoro, akaza kwakira amakuru ko ari kumwe n’uwo yakekagaho kumusambanyiriza umugore.

Nyakwigendera yahise afata inzira ajya kureba umugore we, ndetse amusangana n’uwo mugabo yashinjaga kumuca inyuma, babanza gutongana, ari bwo iyo nshoreke y’umugore we yamukubitaga ifuni mu mugongo, undi ahita yitaba Imana.

Aya makuru kandi yemejwe n’inzego z’ibanze, aho Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyagisozi yavuze ko ubwo iri sanganya ryari rikimara kuba, inzego zirimo iz’ibanze ndetse n’iz’umutekano zahise zihagera.

Uyu muyobozi watangaje ko inzego zihanganishije umuryango wa nyakwigendera, yavuze ko umurambo we wahise ujyanwa mu Bitaro bya Nyanza kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Yagize ati “naho abakekwaho kugira uruhare muri uru rupfu, yaba umugore wa nyakwigendera ndetse n’ukekwaho kuba inshoreke, batawe muri yombi, kugira ngo bakorweho iperereza.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurege yasabye abaturage kujya batangira amakuru ku gihe mu gihe hari ibitagenda mu muryango nk’ibi byo gucana inyuma kugira ngo hirindwe ingaruka nk’izi zavuyemo urupfu rwa nyakwigendera.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Cyusa says:
    3 weeks ago

    Abagore Twishakiye bazadukoraho!

    Reply

Leave a Reply to Cyusa Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − one =

Previous Post

Amayobera ku cyateye inkongi y’umuriro yibasiye ububiko bw’ikimoteri cy’i Huye ikamara umwanya munini

Next Post

Obasanjo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho

Related Posts

Amakuru mashya: Perezida Kagame yoherereje William Ruto wa Kenya Intumwa Idasanzwe

Amakuru mashya: Perezida Kagame yoherereje William Ruto wa Kenya Intumwa Idasanzwe

by radiotv10
17/07/2025
0

Perezida wa Kenya, William Ruto yakiriye General (Rtd) James Kabarebe nk’Intumwa Idasanzwe ya Perezida Paul Kagame, bagirana ibiganiro byagarutse no...

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

by radiotv10
17/07/2025
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga yavuze ko abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda bakabangamira ibinyabiziga mu bihe byo kwambukiranya umuhanda,...

Rwanda, UK deepen cooperation on trade, climate finance, and inclusive development

Rwanda, UK deepen cooperation on trade, climate finance, and inclusive development

by radiotv10
17/07/2025
0

The Chief Executive Officer of the Rwanda Development Board (RDB), Jean-Guy K. Africa today hosted a high-level courtesy visit from...

Min.Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwatangaje amakuru ku biganiro bya AFC/M23 na DRC akazanamo n’u Rwanda

Min.Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwatangaje amakuru ku biganiro bya AFC/M23 na DRC akazanamo n’u Rwanda

by radiotv10
17/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwashyizwe u Rwanda na DRC ku rwego rumwe mu biganiro bihuza...

Perezida Kagame yasimbuje Gatabazi ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutegetsi

Gatabazi wari umaze imyaka itatu nta nshingano yageneye ubutumwa Perezida Kagame

by radiotv10
17/07/2025
0

Gatabazi Jean Marie Vianney wari ugiye kuzuza imyaka itatu akuwe mu nshingano za Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, akaba yongeye guhabwa umwanya,...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Perezida Kagame yoherereje William Ruto wa Kenya Intumwa Idasanzwe
MU RWANDA

Amakuru mashya: Perezida Kagame yoherereje William Ruto wa Kenya Intumwa Idasanzwe

by radiotv10
17/07/2025
0

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

17/07/2025
Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

17/07/2025
Rwanda, UK deepen cooperation on trade, climate finance, and inclusive development

Rwanda, UK deepen cooperation on trade, climate finance, and inclusive development

17/07/2025
Min.Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwatangaje amakuru ku biganiro bya AFC/M23 na DRC akazanamo n’u Rwanda

Min.Nduhungirehe yabaye nk’ukosora uwatangaje amakuru ku biganiro bya AFC/M23 na DRC akazanamo n’u Rwanda

17/07/2025
Perezida Kagame yasimbuje Gatabazi ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutegetsi

Gatabazi wari umaze imyaka itatu nta nshingano yageneye ubutumwa Perezida Kagame

17/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Obasanjo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho

Obasanjo nyuma y'ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Perezida Kagame yoherereje William Ruto wa Kenya Intumwa Idasanzwe

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.