Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

radiotv10by radiotv10
19/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa kaminuza, yasanzwe na we yapfuye.

Inzego z’umutekano muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko umugabo ukekwaho kugira uruhare mu gitero cyo kurasa cyabereye muri Kaminuza ya Brown, cyahitanye abantu babiri kigakomereza abandi icyenda, ndetse no kwica umwarimu wa Kaminuza ya MIT, na we yasanzwe yapfuye.

Uwo mugabo ni Claudio Neves Valente, w’imyaka 48, wahoze ari umunyeshuri muri Kaminuza ya Brown akaba ari Umunya-Portugal. Yasanzwe yapfuye ku mugoroba wo ku wa Kane mu bubiko (storage facility) yakodeshaga muri Leta ya New Hampshire, ngo yirashe, nk’uko byemejwe na Colonel Oscar Perez, umuyobozi wa Polisi ya Providence.

Perez yavuze ko iperereza ry’ibanze ryerekana ko ukekwaho icyaha yagikoze wenyine. Abashinzwe iperereza bavuze ko Neves Valente ari we wagize uruhare mu gitero cyo kurasa cyabereye muri Kaminuza ya Brown ku wa Gatandatu, ndetse no mu rupfu rw’umwarimu wa MIT, Nuno F. G. Loureiro, warasiwe iwe hafi ya Boston ku wa Mbere.

Kuri ubu, iperereza ryakajijwe nyuma y’uko inzego z’umutekano zatangaje ko ziri gusuzuma isano iri hagati y’igitero cyo muri Brown n’urupfu rw’umwarimu wa MIT, mu gihe FBI yo yari yatangaje ko nta sano bifitanye.

Abashinzwe iperereza kandi bamenye ko hari imodoka ucyekwaho, ari we Neves Valente, yakodeshaga i Boston akanayitwara muri Rhode Island, kandi ikaba yaragaragaye hafi ya Kaminuza ya Brown, ndetse ko yari yapfutse pulake y’imodoka yakodeshaga mu rwego rwo guhisha umwirondoro we.

Amashusho ya camera z’umutekano yagaragaje Neves Valente yinjira mu nyubako ituwemo abantu hafi y’aho umwarimu Loureiro wishwe yari atuye, mbere yo kwinjira mu bubiko yasanzwemo yapfuye nyuma y’igihe gito.

Nubwo iperereza rikomeje, abayobozi bavuga ko hakiri ibibazo byinshi bitarasubizwa ku mpamvu nyamukuru z’ibi bitero byabibasiye.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Next Post

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.