Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugabo watewemo umutima w’ingurube agakomeza kubaho yapfuye yujuje amezi 2

radiotv10by radiotv10
10/03/2022
in MU RWANDA
0
Umugabo watewemo umutima w’ingurube agakomeza kubaho yapfuye yujuje amezi 2
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamerika David Bennett wari wabaye umuntu wa mbere watewemo umutima w’ingurube agakomeza kubaho, yitabye Imana nyuma y’amezi abiri yuzuye akibasha guhumeka umwuka w’abazima.

Ni inkuru yasakaye ku Isi yose kubera iki gitangaza cyari cyabaye nyuma y’uko David Bennett yari abaye umuntu wa mbere wari ubashije guterwamo umutima w’ingurube kandi agakomeza kubaho.

David Bennett yari yatewemo uyu mutima mu ntangiro za Mutarama 2022 tariki Indwi, gusa kuri uyu wa 08 Werurwe, yahise yitaba Imana. Yari yujuje amezi abiri atarengaho n’umunsi.

Ubwo David Bennett yaterwagamo umutima w’Ingurube, yari hagati yo gupfa no gukira kuko byavugwaga ko nta gihe kinini asigaje ku Isi, gusa yemeye guterwamo umutima w’ingurube abizi neza ko ubuzima bwe bushobora kutazaramba.

Akimara kubagwa, yabanje gukomeza gukurikiranwa n’abaganga ubundi agahita yohererezwa umuryango we, ariko nyuma ubuzima bwaje kwanga asubira mu bitaro.

Umuganga witwa Bartley Griffith wamuteyemo umutima, yavuze ko uyu mugabo yabaye intwari kuko yagaragaje ugukomera muri ubu burwayi bwe.

Bartley Griffith yagize ati “Yabaye umurwayi w’intwari yihagazeho kuva ku ntangiriro kugeza ku iherezo.”

Ubwo uyu mugabo yaterwagamo umutima w’ingurube akabasha gukomeza kubaho, byari byatumye Isi ihaguruka, bivugwa ko hatewe indi ntambwe mu kurokora ubuzima bw’abantu kuko hari benshi bicwa n’indwara z’umutima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + eight =

Previous Post

Ngoma: Uw’umuranduranzuzi watumye umugabo atemagura ibitoki nyuma yo kubura umugore we yashakaga gutema

Next Post

Igisirikare cya Uganda cyavuze ko kitazi iby’isezera rya Muhoozi kuko atabigisabye

Related Posts

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya Uganda cyavuze ko kitazi iby’isezera rya Muhoozi kuko atabigisabye

Igisirikare cya Uganda cyavuze ko kitazi iby’isezera rya Muhoozi kuko atabigisabye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.