Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umugabo we yari yafatiriwe mu kabari yabuze ubwishyu amwishyuriye amukorera icyababaje abaturage

radiotv10by radiotv10
25/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umugabo we yari yafatiriwe mu kabari yabuze ubwishyu amwishyuriye amukorera icyababaje abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kagara mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bababajwe n’umugabo wituye umugore we kumukubita nyuma yuko aje kumwishyurira amafaranga yari yabuze agafatirwa mu kabari, akavuga ko yamuhoye kuba yamusuzuguje abandi bagabo.

Ibibazo by’amakimbirane hagati y’abashakanye mu baturage bikomeje kumvikana muri aka gace, aho Mudugudu wa Rubenga I mu Kagari ka Kagara mu Murenge wa Gihundwe, hagaragaye ikibazo cy’umugabo wakubise umugore we amuhora ubusa.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze ahabereye iki kibazo, agasanga abaturage bahuruye, yasanze uyu mubyeyi ari kurira ayo kwarika nyuma yo gukubitwa n’umugabo we.

Ati “Byabaye ngombwa ko mwishyurira maze kumwishyurira biba ngombwa ko avuga ko njye ndamusuzuguje mu bandi bagabo ngo ubwo ningende mpite mba indaya y’uriya mugabo upima inzoga.”

Uyu mubyeyi we yavuye mu rugo yumva ko agiye gukura umugabo we mu isoni aho kugira ngo abimushimire ahubwo aba ari we umukoza isoni amukubitira mu ruhame imbaga yose ireba.

Uyu mugabo wari waganjijwe na kamanyinya, ashinja umugore we ahubwo kuba yamukubitishije muri aka kabari. Ati “Ntabwo yaje kuntabara ahubwo yaje kundega.”

Nyamara abaturanyi bo bemeza ko uyu mugore yahohotewe kuko yaje kwishyurira uyu mugabo we wari wafatiriwe, avuye no mu murima yiriwe ahinga wenyine nyamara uyu mugabo yari yiriwe yinywera inzoga.

Umwe ati “Yamwishyuriye twabibonye ariko uyu mugabo yateje intambara, yashatse kumukubita igisheke mu mutwe kingana n’ingiga y’igiti, arangije amukubita urushyi.”

Aba baturage bavuga ko uyu muryango uhora mu ntonganya za buri munsi, ariko ko ikibazo ari umugabo udashobotse.

Undi muturage ati “Ahora atongana n’uyu mugore, kandi n’ahantu atuye birirwa bamuvuga umunsi ku munsi, nta mahoro ajya aha umugore we.”

Aba baturage bavuga ko iri ari ihohoterwa bityo ko inzego zikwiye kubyinjiramo hakiri kare kugira ngo hatazagira n’ikindi kibazo gikomeye kizavuka.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kagara, Niyonsaba Aniceth yabwiye RADIOTV10 ko uyu mugore yashatse no gufashwa kugira ngo umugabo we aryozwe ihohoterwa yamukoreye ariko akinangira.

Ati “Umugore twamubajije tuti ‘ko bigaragara wahohotewe uratanga ikirego, urabigenza gute?’ arahakana ngo we ntiyakwifungishiriza umugabo we ngo ibyabo barabyikemurira. Ngo njyewe rwose umugabo wanjye ndamuzi agira amahane…”

Umukozi w’Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, Evariste Murwanashyaka agaya abagore banga kujyana mu butabera abagabo babo mu gihe babahohoteye, akavuga ko ari ibyo bikomeza kubitiza umurindi kuko iyo batabiryojwe bumva ntacyababuza kubikomeza.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Indege y’intambara ya Congo yavogereye u Rwanda ubugiragatatu ariko noneho ntiyasubiyeyo amahoro

Next Post

Menya umukino warebwe na S.Lieutenant Ian Kagame yambaye impuzankano y’Abajepe

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya umukino warebwe na S.Lieutenant Ian Kagame yambaye impuzankano y’Abajepe

Menya umukino warebwe na S.Lieutenant Ian Kagame yambaye impuzankano y’Abajepe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.