Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umugabo we yari yafatiriwe mu kabari yabuze ubwishyu amwishyuriye amukorera icyababaje abaturage

radiotv10by radiotv10
25/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umugabo we yari yafatiriwe mu kabari yabuze ubwishyu amwishyuriye amukorera icyababaje abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Kagara mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bababajwe n’umugabo wituye umugore we kumukubita nyuma yuko aje kumwishyurira amafaranga yari yabuze agafatirwa mu kabari, akavuga ko yamuhoye kuba yamusuzuguje abandi bagabo.

Ibibazo by’amakimbirane hagati y’abashakanye mu baturage bikomeje kumvikana muri aka gace, aho Mudugudu wa Rubenga I mu Kagari ka Kagara mu Murenge wa Gihundwe, hagaragaye ikibazo cy’umugabo wakubise umugore we amuhora ubusa.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze ahabereye iki kibazo, agasanga abaturage bahuruye, yasanze uyu mubyeyi ari kurira ayo kwarika nyuma yo gukubitwa n’umugabo we.

Ati “Byabaye ngombwa ko mwishyurira maze kumwishyurira biba ngombwa ko avuga ko njye ndamusuzuguje mu bandi bagabo ngo ubwo ningende mpite mba indaya y’uriya mugabo upima inzoga.”

Uyu mubyeyi we yavuye mu rugo yumva ko agiye gukura umugabo we mu isoni aho kugira ngo abimushimire ahubwo aba ari we umukoza isoni amukubitira mu ruhame imbaga yose ireba.

Uyu mugabo wari waganjijwe na kamanyinya, ashinja umugore we ahubwo kuba yamukubitishije muri aka kabari. Ati “Ntabwo yaje kuntabara ahubwo yaje kundega.”

Nyamara abaturanyi bo bemeza ko uyu mugore yahohotewe kuko yaje kwishyurira uyu mugabo we wari wafatiriwe, avuye no mu murima yiriwe ahinga wenyine nyamara uyu mugabo yari yiriwe yinywera inzoga.

Umwe ati “Yamwishyuriye twabibonye ariko uyu mugabo yateje intambara, yashatse kumukubita igisheke mu mutwe kingana n’ingiga y’igiti, arangije amukubita urushyi.”

Aba baturage bavuga ko uyu muryango uhora mu ntonganya za buri munsi, ariko ko ikibazo ari umugabo udashobotse.

Undi muturage ati “Ahora atongana n’uyu mugore, kandi n’ahantu atuye birirwa bamuvuga umunsi ku munsi, nta mahoro ajya aha umugore we.”

Aba baturage bavuga ko iri ari ihohoterwa bityo ko inzego zikwiye kubyinjiramo hakiri kare kugira ngo hatazagira n’ikindi kibazo gikomeye kizavuka.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kagara, Niyonsaba Aniceth yabwiye RADIOTV10 ko uyu mugore yashatse no gufashwa kugira ngo umugabo we aryozwe ihohoterwa yamukoreye ariko akinangira.

Ati “Umugore twamubajije tuti ‘ko bigaragara wahohotewe uratanga ikirego, urabigenza gute?’ arahakana ngo we ntiyakwifungishiriza umugabo we ngo ibyabo barabyikemurira. Ngo njyewe rwose umugabo wanjye ndamuzi agira amahane…”

Umukozi w’Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, Evariste Murwanashyaka agaya abagore banga kujyana mu butabera abagabo babo mu gihe babahohoteye, akavuga ko ari ibyo bikomeza kubitiza umurindi kuko iyo batabiryojwe bumva ntacyababuza kubikomeza.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 6 =

Previous Post

Indege y’intambara ya Congo yavogereye u Rwanda ubugiragatatu ariko noneho ntiyasubiyeyo amahoro

Next Post

Menya umukino warebwe na S.Lieutenant Ian Kagame yambaye impuzankano y’Abajepe

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya umukino warebwe na S.Lieutenant Ian Kagame yambaye impuzankano y’Abajepe

Menya umukino warebwe na S.Lieutenant Ian Kagame yambaye impuzankano y’Abajepe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.