• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugeni bamutekera inyama z’ingona!!: Ibitangaje by’aho badakozwa inyama z’amatungo bakikundira iz’inyamaswa

radiotv10by radiotv10
11/04/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Umugeni bamutekera inyama z’ingona!!: Ibitangaje by’aho badakozwa inyama z’amatungo bakikundira iz’inyamaswa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hari inyama zitaribwa ndetse bizwi ko uziriye wahita witaba Imana, gusa si ko bimeze muri Congo-Brazzaville, kuko barya inyama z’inyamaswa zose zo mu gasozi nk’ingona, inzoka, inkende, n’izindi ndetse zimwe zikaba zirya umugabo zigasiba undi.

Iki Gihugu Congo Brazaville kigizwe na 60% y’amashyamba, bivuze ko amashyamba ari manini ndetse n’ibiyaturukamo ari byo abenshi baba batezeho amakiriro.

I Brazzaville hari isoko rizwiho cyane kugira akaboga k’amoko yose, icyakora rikora cyane mu masaha y’ijoro, aho usanga abatari bacye bagiye guhaha.

Ni isoko riba ririmo inyama z’inyamanswa z’ubwoko bwose nk’ingona, inkende, ingagi, ndetse n’izindi nyinshi zo mu ishyamba.

Ku ruhande rumwe hari ababa bavuye gutega inyamanswa ndetse zimwe baziza zikiri nzima, izindi ziba zabazwe hakaba n’abandi baba bazitetse, abakiliya bakagura bahita barya.

Kurya inyama z’inyamanswa zo mu ishyamba bifatwa nk’ibisanzwe ndetse bitunze abatari bake haba mu cyaro ndetse no mu mijyi aho i Brazzaville kugera n’aho bamwe biri mu mico yabo. Urugero ni nk’aho mu bukwe bahitamo gutekera umugeni inyama y’ingona bavuga ko bifatwa nko guha agaciro umukwe, abandi bavuga ko kuzirya bituma bagira imbaraga nk’izizo nyamanswa, ku rundi ruhande bamwe bakizera ko byabarinda imyuka mibi.

Umwe mu batuye muri aka gace yagize ati “Nkunda inyama z’inyamanswa nk’isatura, inzobe ndetse n’inkende. Nkunda inyama zo mu ishyamba kubera ko zigira icyanga ugereranyije n’amatungo aba yarorowe.”

Akomeza agira ati “Mu birori by’ubukwe umukwe tumutekera ingona. Ingona ni nziza mu bukwe kubera ko bigaragaza icyubahiro ku muryango wo ku ruhande rw’umukwe.”

Avuga ko nta nyamaswa batarya ndetse n’inzoka bazirya ariko ko mbere zaribwaga n’abagabo gusa. Ati “Mu gihe cyashize abagore ntibaryaga inyama zirimo iz’inzoka cyaraziraga kubera ko inzoka ifatwa nk’inyamanswa y’inkazi kandi iteye ubwoba, yari iy’abagabo. Abagore batangiye kuzirya kuva aho baboneye ko ntacyo zibatwara mu gihe baziriye.”

Kurya inyama z’inyamanswa zo mu ishyamba ziganjemo iz’inkazi si umwihariko wa Congo-Brazzaville gusa ahubwo byiganje no mu bindi Bihugu byo muri Afurika yo hagati, aho Ibihugu nka Gabon umuntu yemerewe kurya inyamanswa rimwe cyangwa kabiri yishe yo mu ishyamba ntazindi nkurikizi.

Icyakora mu Rwanda si ko bimeze kuko ukoze nk’ibyo aba akoze icyaha ndetse arabihanirwa hagendewe ku byo amategeko ateganya.

Mu 2021 mu Rwanda hasohotse itegeko rigenga urusobe rw’ibinyabuzima rigena ibyaha n’ibihano mu ngingo ya 58 yaryo ivuga ko gutwara cyangwa kwangiza igi cyangwa icyari by’inyamaswa zo mu gasozi aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu ariko kitarenze imyaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atanu ariko atarenze miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda.

Ingingo irebana no gukura inyamaswa mu ndiri kamere yayo, kuyigirira nabi, cyangwa kuyizerereza, nabyo hari abakunze kubikora bibwira ko bitagize icyaha gusa itegeko rivuga ko mu ndiri kamere yayo, uyigirira nabi cyangwa uyizerereza aba akoze icyaha.

Denyse M. MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

DRCongo: M23 yavuze abahise bicwa ikirekura ibice yari yarafashe barimo Umuhoza washenguye benshi

Next Post

Amakuru mashya ku wakekwagaho urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza basanze yishwe urw’agashinyaguro

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Amakuru mashya ku wakekwagaho urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza basanze yishwe urw’agashinyaguro

Amakuru mashya ku wakekwagaho urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza basanze yishwe urw’agashinyaguro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.