Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugeni bamutekera inyama z’ingona!!: Ibitangaje by’aho badakozwa inyama z’amatungo bakikundira iz’inyamaswa

radiotv10by radiotv10
11/04/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Umugeni bamutekera inyama z’ingona!!: Ibitangaje by’aho badakozwa inyama z’amatungo bakikundira iz’inyamaswa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hari inyama zitaribwa ndetse bizwi ko uziriye wahita witaba Imana, gusa si ko bimeze muri Congo-Brazzaville, kuko barya inyama z’inyamaswa zose zo mu gasozi nk’ingona, inzoka, inkende, n’izindi ndetse zimwe zikaba zirya umugabo zigasiba undi.

Iki Gihugu Congo Brazaville kigizwe na 60% y’amashyamba, bivuze ko amashyamba ari manini ndetse n’ibiyaturukamo ari byo abenshi baba batezeho amakiriro.

I Brazzaville hari isoko rizwiho cyane kugira akaboga k’amoko yose, icyakora rikora cyane mu masaha y’ijoro, aho usanga abatari bacye bagiye guhaha.

Ni isoko riba ririmo inyama z’inyamanswa z’ubwoko bwose nk’ingona, inkende, ingagi, ndetse n’izindi nyinshi zo mu ishyamba.

Ku ruhande rumwe hari ababa bavuye gutega inyamanswa ndetse zimwe baziza zikiri nzima, izindi ziba zabazwe hakaba n’abandi baba bazitetse, abakiliya bakagura bahita barya.

Kurya inyama z’inyamanswa zo mu ishyamba bifatwa nk’ibisanzwe ndetse bitunze abatari bake haba mu cyaro ndetse no mu mijyi aho i Brazzaville kugera n’aho bamwe biri mu mico yabo. Urugero ni nk’aho mu bukwe bahitamo gutekera umugeni inyama y’ingona bavuga ko bifatwa nko guha agaciro umukwe, abandi bavuga ko kuzirya bituma bagira imbaraga nk’izizo nyamanswa, ku rundi ruhande bamwe bakizera ko byabarinda imyuka mibi.

Umwe mu batuye muri aka gace yagize ati “Nkunda inyama z’inyamanswa nk’isatura, inzobe ndetse n’inkende. Nkunda inyama zo mu ishyamba kubera ko zigira icyanga ugereranyije n’amatungo aba yarorowe.”

Akomeza agira ati “Mu birori by’ubukwe umukwe tumutekera ingona. Ingona ni nziza mu bukwe kubera ko bigaragaza icyubahiro ku muryango wo ku ruhande rw’umukwe.”

Avuga ko nta nyamaswa batarya ndetse n’inzoka bazirya ariko ko mbere zaribwaga n’abagabo gusa. Ati “Mu gihe cyashize abagore ntibaryaga inyama zirimo iz’inzoka cyaraziraga kubera ko inzoka ifatwa nk’inyamanswa y’inkazi kandi iteye ubwoba, yari iy’abagabo. Abagore batangiye kuzirya kuva aho baboneye ko ntacyo zibatwara mu gihe baziriye.”

Kurya inyama z’inyamanswa zo mu ishyamba ziganjemo iz’inkazi si umwihariko wa Congo-Brazzaville gusa ahubwo byiganje no mu bindi Bihugu byo muri Afurika yo hagati, aho Ibihugu nka Gabon umuntu yemerewe kurya inyamanswa rimwe cyangwa kabiri yishe yo mu ishyamba ntazindi nkurikizi.

Icyakora mu Rwanda si ko bimeze kuko ukoze nk’ibyo aba akoze icyaha ndetse arabihanirwa hagendewe ku byo amategeko ateganya.

Mu 2021 mu Rwanda hasohotse itegeko rigenga urusobe rw’ibinyabuzima rigena ibyaha n’ibihano mu ngingo ya 58 yaryo ivuga ko gutwara cyangwa kwangiza igi cyangwa icyari by’inyamaswa zo mu gasozi aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu ariko kitarenze imyaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atanu ariko atarenze miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda.

Ingingo irebana no gukura inyamaswa mu ndiri kamere yayo, kuyigirira nabi, cyangwa kuyizerereza, nabyo hari abakunze kubikora bibwira ko bitagize icyaha gusa itegeko rivuga ko mu ndiri kamere yayo, uyigirira nabi cyangwa uyizerereza aba akoze icyaha.

Denyse M. MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − eleven =

Previous Post

DRCongo: M23 yavuze abahise bicwa ikirekura ibice yari yarafashe barimo Umuhoza washenguye benshi

Next Post

Amakuru mashya ku wakekwagaho urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza basanze yishwe urw’agashinyaguro

Related Posts

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku wakekwagaho urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza basanze yishwe urw’agashinyaguro

Amakuru mashya ku wakekwagaho urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza basanze yishwe urw’agashinyaguro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.