Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umugeni bamutekera inyama z’ingona!!: Ibitangaje by’aho badakozwa inyama z’amatungo bakikundira iz’inyamaswa

radiotv10by radiotv10
11/04/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Umugeni bamutekera inyama z’ingona!!: Ibitangaje by’aho badakozwa inyama z’amatungo bakikundira iz’inyamaswa
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hari inyama zitaribwa ndetse bizwi ko uziriye wahita witaba Imana, gusa si ko bimeze muri Congo-Brazzaville, kuko barya inyama z’inyamaswa zose zo mu gasozi nk’ingona, inzoka, inkende, n’izindi ndetse zimwe zikaba zirya umugabo zigasiba undi.

Iki Gihugu Congo Brazaville kigizwe na 60% y’amashyamba, bivuze ko amashyamba ari manini ndetse n’ibiyaturukamo ari byo abenshi baba batezeho amakiriro.

I Brazzaville hari isoko rizwiho cyane kugira akaboga k’amoko yose, icyakora rikora cyane mu masaha y’ijoro, aho usanga abatari bacye bagiye guhaha.

Ni isoko riba ririmo inyama z’inyamanswa z’ubwoko bwose nk’ingona, inkende, ingagi, ndetse n’izindi nyinshi zo mu ishyamba.

Ku ruhande rumwe hari ababa bavuye gutega inyamanswa ndetse zimwe baziza zikiri nzima, izindi ziba zabazwe hakaba n’abandi baba bazitetse, abakiliya bakagura bahita barya.

Kurya inyama z’inyamanswa zo mu ishyamba bifatwa nk’ibisanzwe ndetse bitunze abatari bake haba mu cyaro ndetse no mu mijyi aho i Brazzaville kugera n’aho bamwe biri mu mico yabo. Urugero ni nk’aho mu bukwe bahitamo gutekera umugeni inyama y’ingona bavuga ko bifatwa nko guha agaciro umukwe, abandi bavuga ko kuzirya bituma bagira imbaraga nk’izizo nyamanswa, ku rundi ruhande bamwe bakizera ko byabarinda imyuka mibi.

Umwe mu batuye muri aka gace yagize ati “Nkunda inyama z’inyamanswa nk’isatura, inzobe ndetse n’inkende. Nkunda inyama zo mu ishyamba kubera ko zigira icyanga ugereranyije n’amatungo aba yarorowe.”

Akomeza agira ati “Mu birori by’ubukwe umukwe tumutekera ingona. Ingona ni nziza mu bukwe kubera ko bigaragaza icyubahiro ku muryango wo ku ruhande rw’umukwe.”

Avuga ko nta nyamaswa batarya ndetse n’inzoka bazirya ariko ko mbere zaribwaga n’abagabo gusa. Ati “Mu gihe cyashize abagore ntibaryaga inyama zirimo iz’inzoka cyaraziraga kubera ko inzoka ifatwa nk’inyamanswa y’inkazi kandi iteye ubwoba, yari iy’abagabo. Abagore batangiye kuzirya kuva aho baboneye ko ntacyo zibatwara mu gihe baziriye.”

Kurya inyama z’inyamanswa zo mu ishyamba ziganjemo iz’inkazi si umwihariko wa Congo-Brazzaville gusa ahubwo byiganje no mu bindi Bihugu byo muri Afurika yo hagati, aho Ibihugu nka Gabon umuntu yemerewe kurya inyamanswa rimwe cyangwa kabiri yishe yo mu ishyamba ntazindi nkurikizi.

Icyakora mu Rwanda si ko bimeze kuko ukoze nk’ibyo aba akoze icyaha ndetse arabihanirwa hagendewe ku byo amategeko ateganya.

Mu 2021 mu Rwanda hasohotse itegeko rigenga urusobe rw’ibinyabuzima rigena ibyaha n’ibihano mu ngingo ya 58 yaryo ivuga ko gutwara cyangwa kwangiza igi cyangwa icyari by’inyamaswa zo mu gasozi aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu ariko kitarenze imyaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atanu ariko atarenze miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda.

Ingingo irebana no gukura inyamaswa mu ndiri kamere yayo, kuyigirira nabi, cyangwa kuyizerereza, nabyo hari abakunze kubikora bibwira ko bitagize icyaha gusa itegeko rivuga ko mu ndiri kamere yayo, uyigirira nabi cyangwa uyizerereza aba akoze icyaha.

Denyse M. MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

DRCongo: M23 yavuze abahise bicwa ikirekura ibice yari yarafashe barimo Umuhoza washenguye benshi

Next Post

Amakuru mashya ku wakekwagaho urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza basanze yishwe urw’agashinyaguro

Related Posts

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

by radiotv10
29/07/2025
0

Minisitiri w’Ubutabera muri Senegal, Ousmane Diagne, yasabye ko hatangizwa ku mugaragaro iperereza ku bwicanyi n’ibindi bikorwa by’urugomo byabaye muri iki...

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

by radiotv10
29/07/2025
0

Abasirikare batatu b’Ingabo za Uganda, bishwe n’impanuka yabereye mu Mujyi wa Bunia muri Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo....

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

by radiotv10
29/07/2025
1

Boris Johnson wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, yagaragaye atwaye imodoka ishaje yo mu bwoko bwa Toyota Previa, agenda mu muhanda...

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

by radiotv10
29/07/2025
0

Abantu 34 bo muri Lokarite ya Kiraku muri Teritwari ya Walikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagize ibibazo birimo...

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

by radiotv10
28/07/2025
0

Mu biganiro byahuje Guverinoma y’Igihugu cya Thailand n’iy’icya Cambodia biherutse kwinjira mu mirwano ikarishye, zemeranyijwe ko ibi Bihugu bihagarika imirwano...

IZIHERUKA

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi
AMAHANGA

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

by radiotv10
29/07/2025
0

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

29/07/2025
AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

29/07/2025
Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

29/07/2025
DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

DRCongo: Bajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kurya inyama z’inka yagaragazaga ibibazo

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku wakekwagaho urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza basanze yishwe urw’agashinyaguro

Amakuru mashya ku wakekwagaho urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza basanze yishwe urw’agashinyaguro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.