Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugore ari gushakishwaho akekwaho ibitamenyerewe ku bagore

radiotv10by radiotv10
20/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umugore ari gushakishwaho akekwaho ibitamenyerewe ku bagore
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore w’imyaka 22 y’amavuko ari gushakishwa nyuma yo gukekwaho kwiba moto yafatiwe mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Muhanga, akanayikuramo bimwe mu byuma byayo.

Uyu mugore witwa Josephine, ari gushakishwa kuko inzego zikimara kumukeka zigatangira kumushakisha, yahise atoroka.

Ni nyuma yuko moto akekwaho kwiba yafatiwe mu Mudugudu wa Nyamutarama mu Kagari ka Kabuga mu Murenge wa Mbuye, mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 19 Gashyantare.

CIP Habiyaremye Emmanuel, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yatangaje ko iyi moto yari yibwe mu Mujyi wa Kigali kuko nyirayo ari ho atuye mu Karere ka Kicukiro.

Avuga ko uyu mugore ukekwaho kwiba iyi moto asanzwe ari umukanishi ukorera mu Karere ka Muhanga, ariko akaba yahise atoroka, ariko hakaba hafashwe uwamucumbikiye ukekwaho ubufatanyacyaha muri iki cyaha cy’ubujura bwa moto.

CIP Habiyaremye yatangaje ko ukekwaho kwiva iki kinyabiziga yari yamaze gukura bimwe mu byuma bikigize, bimwe bikaba byafashwe, mu gihe ibindi bikiri gushakishwa

CIP Habiyaremye yagize ati “Ukekwaho ubujura ari gushakishwa kandi twezeye ko aza kuboneka agafatwa.”

Ubujura nk’ubu bwa moto bumaze iminsi buvugwa mu bice bitandukanye mu Rwanda, aho bamwe mu babukora, bagenda bagakuramo ibyuma biba bikoze izo moto, ubundi bakabigurisha bigashyirwa mu zindi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda birabugwa ko amaze iminsi afunze

Next Post

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyubozi bukuru bwa Polisi

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo
AMAHANGA

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyubozi bukuru bwa Polisi

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyubozi bukuru bwa Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.