Saturday, June 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugore wari ufitweho amakuru mu gukwirakwiza urumogi yanigeze gufungirwa byarangiye atahuwe

radiotv10by radiotv10
29/05/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umugore wari ufitweho amakuru mu gukwirakwiza urumogi yanigeze gufungirwa byarangiye atahuwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore w’imyaka 55 yafatiwe mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga ahererekanya n’umusore umufuka urimo urumogi, nyuma yuko Polisi yari imaze igihe imucungira hafi kuko yari imufiteho amakuru mu iperereza ku cyaha cyo gukwirakwiza iki kiyobyabwenge yanigeze gufungirwa.

Uyu mugore yafatanywe n’umusore w’imyaka 30 usanzwe akora akazi ko gutwara imizigo ku igare, aho yari ari kumushyikiriza uwo mufuka w’urumogi warimo urupima ibilo 25.

Aba bombi bafatiwe mu Mudugudu wa Kabeza MU Kagari ka Ruli, Umurenge wa Shyogwe, mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki 28 Gicurasi 2025.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye avuga ko uyu mugore yari amaze iminsi ahozwaho ijisho n’inzego zari zimufiteho amakuru ko akora ibi bikorwa.

Yagize ati “Twari tumufiteho amakuru ajyanye n’iki cyaha dore ko yari yarigeze no kugifungirwa n’ubundi, arangiza igihano arafungurwa.”

SP Emmanuel Habiyaremye avuga ko “Umufuka w’urumogi bafatanywe ufite ibiro 25.” Mu gihe abafashwe ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Nyamabuye mu Karere ka Muhanga.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, yaboneyeho kwibutsa abantu bishoye muri ibi byaha n’ababitekereza kimwe n’abishora mu bindi, kubivamo, kuko inzego ziri maso kandi ko abazajya babifatirwamo bazajya bahanwa hakurikijwe ibiteganwa n’amategeko.

Ingingo ya 263 y’Itegeko ryerekeye ibyaha n’ibihano muri rusange, mu gika cyayo cya gatatu, igira iti “Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.”

Iyi ngingo inagaragaza ibihano bitandukanye bitewe n’ubwoko bw’ibiyobyabwenge, aho hari aho ivuga ko iyo umuntu ahamijwe iki cyaha ahanishwa “igifungo kitari munsi y’imyaka makumyabiri (20) ariko kitarenze imyaka makumyabiri n’itanu (25) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni cumi n’eshanu (15.000.000 FRW) ariko atarenze mililiyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bikomeye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + ten =

Previous Post

Burundi: Umunyapolitiki wo mu ishyaka riri ku butegetesi wifuza kuba Umudepite yatawe muri yombi

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje uko u Rwanda rwanze guheranwa no gutereranwa n’amahanga igihe rwari ruyakeneye

Related Posts

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

by radiotv10
27/06/2025
0

After a diplomatic dispute flared up between Belgium and Rwanda, Rwandans who want to visit Sweden can no longer apply...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America
MU RWANDA

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
Two other senior RDF officers have completed their studies in Uganda

Two other senior RDF officers have completed their studies in Uganda

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje uko u Rwanda rwanze guheranwa no gutereranwa n’amahanga igihe rwari ruyakeneye

Perezida Kagame yagaragaje uko u Rwanda rwanze guheranwa no gutereranwa n'amahanga igihe rwari ruyakeneye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.