Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugore wari umaze iminsi 2 yarabuze bamusanze mu nda y’inzoka ya Metero 6

radiotv10by radiotv10
25/10/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
1
Umugore wari umaze iminsi 2 yarabuze bamusanze mu nda y’inzoka ya Metero 6
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore w’imyaka 54 wo mu Ntara ya Jambi muri Indonesia, wamizwe n’uruziramire, yakuwe mu nda yarwo nyuma y’iminsi ibiri yaramaze gupfa.

Uyu mugore witwa Jahrah yamizwe n’inzoka ifite uburebure bwa metero esheshatu ubwo yari yagiye mu ishyamba riherereye hafi y’iwe mu Ntara ya Jambi mu kirwa cya Sumatra kiri mu burengerazuba bwa Indonesia.

Uyu mugore yari yabuze nyuma yo kuva mu rugo, bituma inzego z’ibanze zohereza abajya kumushakisha, bamubona nyuma y’iminsi ibiri nyuma yo kumusanga mu nda y’iyi nzoka.

Bemeza ko iyi nzoka ifite uburebure bwa metero zirenga esheshatu, yamumize akiri muzima, imusanze muri ririya shyamba yari yagiye gutashyamo inkwi mu ijoro ryo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize.

Ubuyobozi bw’ibanze muri kariya gace, buvuga ko uyu mugore yavuye mu rugo asezeye umuryango we ku wa Gatanu awubwira ko agiye gutashya inkwi zo gutekesha.

Umwe mu bayobozi witwa Anto yagize ati “Umuryango we wari wiyambaje inzego uvuga ko wamubuze, hahita hatangira igikorwa cyo kumushakisha.”

Uyu muyobozi yakomeje agira ati “Abaturage bahise bica iyo nzoka, basatura inda yayo bamusangamo.”

Uyu muyobozi kandi yavuze ko muri aka gace hakunze kugaragara inzoka za rutura nk’iyi yahitanye nyakwigendera dore ko banabonye indi ifite uburebure bwa metero 8 ariko bakananirwa kuyica.

Anto yakomeje agira ati “Abaturage bahangayikishijwe n’izindi nzoka nini zikiri mu ishyamba, vuba aha kandi indi nzoka nini yamize ihene ebyiri z’umuturage.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. nasengesho marcel says:
    3 years ago

    oh my God.naruhukire mumahoro nyakwigendera

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 4 =

Previous Post

Perezida Kagame yazirikanye Aba-Rayon bamwifurije isabukuru nziza abagenera ubutumwa

Next Post

Abacunga WhatsApp bagize icyo bavuga ku kuvaho kwayo kwateje sakwesakwe

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abacunga WhatsApp bagize icyo bavuga ku kuvaho kwayo kwateje sakwesakwe

Abacunga WhatsApp bagize icyo bavuga ku kuvaho kwayo kwateje sakwesakwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.