Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugore wari umaze iminsi 2 yarabuze bamusanze mu nda y’inzoka ya Metero 6

radiotv10by radiotv10
25/10/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
1
Umugore wari umaze iminsi 2 yarabuze bamusanze mu nda y’inzoka ya Metero 6
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore w’imyaka 54 wo mu Ntara ya Jambi muri Indonesia, wamizwe n’uruziramire, yakuwe mu nda yarwo nyuma y’iminsi ibiri yaramaze gupfa.

Uyu mugore witwa Jahrah yamizwe n’inzoka ifite uburebure bwa metero esheshatu ubwo yari yagiye mu ishyamba riherereye hafi y’iwe mu Ntara ya Jambi mu kirwa cya Sumatra kiri mu burengerazuba bwa Indonesia.

Uyu mugore yari yabuze nyuma yo kuva mu rugo, bituma inzego z’ibanze zohereza abajya kumushakisha, bamubona nyuma y’iminsi ibiri nyuma yo kumusanga mu nda y’iyi nzoka.

Bemeza ko iyi nzoka ifite uburebure bwa metero zirenga esheshatu, yamumize akiri muzima, imusanze muri ririya shyamba yari yagiye gutashyamo inkwi mu ijoro ryo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize.

Ubuyobozi bw’ibanze muri kariya gace, buvuga ko uyu mugore yavuye mu rugo asezeye umuryango we ku wa Gatanu awubwira ko agiye gutashya inkwi zo gutekesha.

Umwe mu bayobozi witwa Anto yagize ati “Umuryango we wari wiyambaje inzego uvuga ko wamubuze, hahita hatangira igikorwa cyo kumushakisha.”

Uyu muyobozi yakomeje agira ati “Abaturage bahise bica iyo nzoka, basatura inda yayo bamusangamo.”

Uyu muyobozi kandi yavuze ko muri aka gace hakunze kugaragara inzoka za rutura nk’iyi yahitanye nyakwigendera dore ko banabonye indi ifite uburebure bwa metero 8 ariko bakananirwa kuyica.

Anto yakomeje agira ati “Abaturage bahangayikishijwe n’izindi nzoka nini zikiri mu ishyamba, vuba aha kandi indi nzoka nini yamize ihene ebyiri z’umuturage.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. nasengesho marcel says:
    3 years ago

    oh my God.naruhukire mumahoro nyakwigendera

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yazirikanye Aba-Rayon bamwifurije isabukuru nziza abagenera ubutumwa

Next Post

Abacunga WhatsApp bagize icyo bavuga ku kuvaho kwayo kwateje sakwesakwe

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abacunga WhatsApp bagize icyo bavuga ku kuvaho kwayo kwateje sakwesakwe

Abacunga WhatsApp bagize icyo bavuga ku kuvaho kwayo kwateje sakwesakwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.