Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugore wari umaze iminsi 2 yarabuze bamusanze mu nda y’inzoka ya Metero 6

radiotv10by radiotv10
25/10/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
1
Umugore wari umaze iminsi 2 yarabuze bamusanze mu nda y’inzoka ya Metero 6
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore w’imyaka 54 wo mu Ntara ya Jambi muri Indonesia, wamizwe n’uruziramire, yakuwe mu nda yarwo nyuma y’iminsi ibiri yaramaze gupfa.

Uyu mugore witwa Jahrah yamizwe n’inzoka ifite uburebure bwa metero esheshatu ubwo yari yagiye mu ishyamba riherereye hafi y’iwe mu Ntara ya Jambi mu kirwa cya Sumatra kiri mu burengerazuba bwa Indonesia.

Uyu mugore yari yabuze nyuma yo kuva mu rugo, bituma inzego z’ibanze zohereza abajya kumushakisha, bamubona nyuma y’iminsi ibiri nyuma yo kumusanga mu nda y’iyi nzoka.

Bemeza ko iyi nzoka ifite uburebure bwa metero zirenga esheshatu, yamumize akiri muzima, imusanze muri ririya shyamba yari yagiye gutashyamo inkwi mu ijoro ryo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize.

Ubuyobozi bw’ibanze muri kariya gace, buvuga ko uyu mugore yavuye mu rugo asezeye umuryango we ku wa Gatanu awubwira ko agiye gutashya inkwi zo gutekesha.

Umwe mu bayobozi witwa Anto yagize ati “Umuryango we wari wiyambaje inzego uvuga ko wamubuze, hahita hatangira igikorwa cyo kumushakisha.”

Uyu muyobozi yakomeje agira ati “Abaturage bahise bica iyo nzoka, basatura inda yayo bamusangamo.”

Uyu muyobozi kandi yavuze ko muri aka gace hakunze kugaragara inzoka za rutura nk’iyi yahitanye nyakwigendera dore ko banabonye indi ifite uburebure bwa metero 8 ariko bakananirwa kuyica.

Anto yakomeje agira ati “Abaturage bahangayikishijwe n’izindi nzoka nini zikiri mu ishyamba, vuba aha kandi indi nzoka nini yamize ihene ebyiri z’umuturage.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. nasengesho marcel says:
    3 years ago

    oh my God.naruhukire mumahoro nyakwigendera

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + seven =

Previous Post

Perezida Kagame yazirikanye Aba-Rayon bamwifurije isabukuru nziza abagenera ubutumwa

Next Post

Abacunga WhatsApp bagize icyo bavuga ku kuvaho kwayo kwateje sakwesakwe

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abacunga WhatsApp bagize icyo bavuga ku kuvaho kwayo kwateje sakwesakwe

Abacunga WhatsApp bagize icyo bavuga ku kuvaho kwayo kwateje sakwesakwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.