Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umugore yakubiswe n’inkuba ari guca inyuma uwo bashakanye

radiotv10by radiotv10
14/12/2021
in MU RWANDA
0
Umugore yakubiswe n’inkuba ari guca inyuma uwo bashakanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo muri Tanzania yishwe n’Inkuba yamukubise ari guca inyuma uwo bashakanye mu gihe umugabo basambanaga we yarokotse ariko agakomereka bikabije.

Uyu mugore witwa Vaileth Hassan Mtipa w’imyaka 32 yakubitiwe n’Inkuba mu Mudugudu wa Masweya ahitwa Mtunduru Ward mu Karere ka Ikungi muri Tanzania ubwo yari ari mu gikorwa cy’injyanamuntu mu buriri we n’umugabo na we wariho aca inyuma uwo bashakanye.

Vaileth Hassan Mtipa yari ari gusambana na Hassan Nzige, inkuba yabakubise ku kagoroba ubwo imvura yari igiye kugwa.

Gusa bombi bakimara gukubitwa n’Inkuba ntibahise bapfa ahubwo bakomeretse bikabije bituma abari hafi aho baza gutabara bakabihutana kwa muganga gusa umugore aza gushiramo umwuka bataragerayo.

Umuyobozi wo mu nzego z’ibanze muri kariya gace witwa Saidi Hongoa yagize ati “Umugore yari yahiye cyane mu ijosi no mu mugongo, mu gihe umugabo we yari yahiye cyane ku maguru. Bagiye kubageza kwa muganga umugore yitabye Imana.”

Abandi baturage bo bavuga ko batunguwe na ruriya rupfu rwatewe n’Inkuba yaje igatoranya aba bantu bariho baca inyuma abo bashakanye.

Bamwe muri aba baturage banavuga ko iriya nkuba ishobora kuba ari intererezanyo y’umwe mu bashakanye n’aba bombi washatse kwihimura ku wo bashakanye amuziza kumuca inyuma.

Src: Newsline TZ

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 12 =

Previous Post

Twizere ko umwaka uzaza uzaba mwiza kurusha 2020 na 2021- Perezida Kagame

Next Post

Ingabire Grace akomeje kudahirwa muri Miss World 2021…Mu cyiciro cy’ubwiza bufite intego byanze

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

IZIHERUKA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi
MU RWANDA

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabire Grace akomeje kudahirwa muri Miss World 2021…Mu cyiciro cy’ubwiza bufite intego byanze

Ingabire Grace akomeje kudahirwa muri Miss World 2021…Mu cyiciro cy’ubwiza bufite intego byanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.