Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuhanga yagaragaje ibimenyetso bitamaza umukobwa wa Rusesabagina ko yabeshyeye u Rwanda kumuneka

radiotv10by radiotv10
09/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuhanga yagaragaje ibimenyetso bitamaza umukobwa wa Rusesabagina ko yabeshyeye u Rwanda kumuneka

Carine Kanimba ubwo yari mu Nteko ayihamiriza ko u Rwanda rwamunetse

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamerika w’umuhanga mu by’ikoranabuhanga, yasobanuye ko ibyatangajwe ko umukobwa wa Paul Rusesabagina yanetswe n’u Rwanda hakoreshejwe ikoranabuhanga rya Pegasus, ari ikinyoma, anagaragaza ibimenyetso.

Tariki 27 Nyakanga 2022, Carine Kanimba yitabye Komisiyo ishinzwe Iperereza mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, ayihamiriza ko u Rwanda rwamunetse rukoresheje Pegasus.

Inzobere mu by’ikoranabuhanga, Jonathan Boyd Scott yashyize hanze inyandiko itanga ibisobanuro ku bivugwa ko uyu mukobwa wa Rusesabagina yumvirijwe kuri telefone ye hakoreshejwe iri koranabuhanga rihambaye.

Iyi nyandiko ya Jonathan Boyd Scott yageneye Umusenateri Ted Cruz uhagarariye Texas mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, igira iti “Nyuma y’iperereza ku bimenyetso byeretswe Komisiyo ishinzwe Iperereza bitanzwe na Amnesty International na The Citizen Lab byerekeye telefone yinjiriwe ya Carine Kanimba, natahuye ko iyinjirirwa ridashoboka.”

Iyi nzobere ikomeza ivuga ko “bidashoboka ko iPhone yari kwinjirirwa muri Gashyantare 2021 kuko yakoresha iOS ya 14.6. iOS ya 14.6 yakoreshejwe kugeza tariki 24 Gicursi 2021.”

Akomeza avuga ko ikigo Citizen Lab n’Umuryango wa Amnesty International batanze ibimenyetso binyuranye n’ukuri bigatuma ibyavuye muri ririya perereza biza bidashingiye ku kuri.

Avuga ko ibyavuye muri iri perereza ryakozwe n’ikigo gisinzwe ubushakashatsi mu by’umutekano wa telefone cya ZecOps muri Nyakanga 202, byagendeye kuri kode igaragaza ko iryo yumviriza ryifashishije Pegasus ryabayeho ariko “ku bimenyetso bya Kanimba ntabwo ari iby’ukuri, kandi nta tangazo ryatangajwe ry’ibyo bimenyetso byacuzwe.”

Uyu muhanga avuga ko uyu mukobwa wa Rusesabagina wagendeye kuri ibyo bimenyetso by’ibicurano agahura n’abayobozi muri Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America ndetse agahabwa n’ubufasha.

Ati “Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America n’Ikigo cy’Abanyamerika gisinzwe abasora cyahaye ubufasha bw’umutekano Kanimba bagendeye ku makuru y’ibinyoma yatanzwe na Kanimba ayakuye muri Amnesty International na Citizen Lab.”

Yasoje avuga ko ku bw’iyi mpamvu asaba ko hakorwa irindi perereza ry’ikoranabuhanga ku birego byacuzwe na Carine Kanimba na Citizen Lab.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + fourteen =

Previous Post

Umugore wa Bunyoni yari yatangarije mu rusengero ko Imana igiye kubazamura ku rundi rwego

Next Post

Buri wese arifuza ko nziyamamaza- Trump ngo ntamuntu utakwishimira kugaruka muri ‘WhiteHouse’

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Buri wese arifuza ko nziyamamaza- Trump ngo ntamuntu utakwishimira kugaruka muri ‘WhiteHouse’

Buri wese arifuza ko nziyamamaza- Trump ngo ntamuntu utakwishimira kugaruka muri ‘WhiteHouse’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.