Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuhanga yagaragaje ibimenyetso bitamaza umukobwa wa Rusesabagina ko yabeshyeye u Rwanda kumuneka

radiotv10by radiotv10
09/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuhanga yagaragaje ibimenyetso bitamaza umukobwa wa Rusesabagina ko yabeshyeye u Rwanda kumuneka

Carine Kanimba ubwo yari mu Nteko ayihamiriza ko u Rwanda rwamunetse

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamerika w’umuhanga mu by’ikoranabuhanga, yasobanuye ko ibyatangajwe ko umukobwa wa Paul Rusesabagina yanetswe n’u Rwanda hakoreshejwe ikoranabuhanga rya Pegasus, ari ikinyoma, anagaragaza ibimenyetso.

Tariki 27 Nyakanga 2022, Carine Kanimba yitabye Komisiyo ishinzwe Iperereza mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, ayihamiriza ko u Rwanda rwamunetse rukoresheje Pegasus.

Inzobere mu by’ikoranabuhanga, Jonathan Boyd Scott yashyize hanze inyandiko itanga ibisobanuro ku bivugwa ko uyu mukobwa wa Rusesabagina yumvirijwe kuri telefone ye hakoreshejwe iri koranabuhanga rihambaye.

Iyi nyandiko ya Jonathan Boyd Scott yageneye Umusenateri Ted Cruz uhagarariye Texas mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, igira iti “Nyuma y’iperereza ku bimenyetso byeretswe Komisiyo ishinzwe Iperereza bitanzwe na Amnesty International na The Citizen Lab byerekeye telefone yinjiriwe ya Carine Kanimba, natahuye ko iyinjirirwa ridashoboka.”

Iyi nzobere ikomeza ivuga ko “bidashoboka ko iPhone yari kwinjirirwa muri Gashyantare 2021 kuko yakoresha iOS ya 14.6. iOS ya 14.6 yakoreshejwe kugeza tariki 24 Gicursi 2021.”

Akomeza avuga ko ikigo Citizen Lab n’Umuryango wa Amnesty International batanze ibimenyetso binyuranye n’ukuri bigatuma ibyavuye muri ririya perereza biza bidashingiye ku kuri.

Avuga ko ibyavuye muri iri perereza ryakozwe n’ikigo gisinzwe ubushakashatsi mu by’umutekano wa telefone cya ZecOps muri Nyakanga 202, byagendeye kuri kode igaragaza ko iryo yumviriza ryifashishije Pegasus ryabayeho ariko “ku bimenyetso bya Kanimba ntabwo ari iby’ukuri, kandi nta tangazo ryatangajwe ry’ibyo bimenyetso byacuzwe.”

Uyu muhanga avuga ko uyu mukobwa wa Rusesabagina wagendeye kuri ibyo bimenyetso by’ibicurano agahura n’abayobozi muri Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America ndetse agahabwa n’ubufasha.

Ati “Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America n’Ikigo cy’Abanyamerika gisinzwe abasora cyahaye ubufasha bw’umutekano Kanimba bagendeye ku makuru y’ibinyoma yatanzwe na Kanimba ayakuye muri Amnesty International na Citizen Lab.”

Yasoje avuga ko ku bw’iyi mpamvu asaba ko hakorwa irindi perereza ry’ikoranabuhanga ku birego byacuzwe na Carine Kanimba na Citizen Lab.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − three =

Previous Post

Umugore wa Bunyoni yari yatangarije mu rusengero ko Imana igiye kubazamura ku rundi rwego

Next Post

Buri wese arifuza ko nziyamamaza- Trump ngo ntamuntu utakwishimira kugaruka muri ‘WhiteHouse’

Related Posts

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

by radiotv10
12/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare barimo Innocent Munyengango wigeze kuba...

IZIHERUKA

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye
MU RWANDA

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

12/12/2025
Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

12/12/2025
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye abasirikare barimo abinjiye mu cyiciro cy’Abajenerali ahita anabaha inshingano nshya

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Buri wese arifuza ko nziyamamaza- Trump ngo ntamuntu utakwishimira kugaruka muri ‘WhiteHouse’

Buri wese arifuza ko nziyamamaza- Trump ngo ntamuntu utakwishimira kugaruka muri ‘WhiteHouse’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.