Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuhanga yagaragaje ibimenyetso bitamaza umukobwa wa Rusesabagina ko yabeshyeye u Rwanda kumuneka

radiotv10by radiotv10
09/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umuhanga yagaragaje ibimenyetso bitamaza umukobwa wa Rusesabagina ko yabeshyeye u Rwanda kumuneka

Carine Kanimba ubwo yari mu Nteko ayihamiriza ko u Rwanda rwamunetse

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamerika w’umuhanga mu by’ikoranabuhanga, yasobanuye ko ibyatangajwe ko umukobwa wa Paul Rusesabagina yanetswe n’u Rwanda hakoreshejwe ikoranabuhanga rya Pegasus, ari ikinyoma, anagaragaza ibimenyetso.

Tariki 27 Nyakanga 2022, Carine Kanimba yitabye Komisiyo ishinzwe Iperereza mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, ayihamiriza ko u Rwanda rwamunetse rukoresheje Pegasus.

Inzobere mu by’ikoranabuhanga, Jonathan Boyd Scott yashyize hanze inyandiko itanga ibisobanuro ku bivugwa ko uyu mukobwa wa Rusesabagina yumvirijwe kuri telefone ye hakoreshejwe iri koranabuhanga rihambaye.

Iyi nyandiko ya Jonathan Boyd Scott yageneye Umusenateri Ted Cruz uhagarariye Texas mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, igira iti “Nyuma y’iperereza ku bimenyetso byeretswe Komisiyo ishinzwe Iperereza bitanzwe na Amnesty International na The Citizen Lab byerekeye telefone yinjiriwe ya Carine Kanimba, natahuye ko iyinjirirwa ridashoboka.”

Iyi nzobere ikomeza ivuga ko “bidashoboka ko iPhone yari kwinjirirwa muri Gashyantare 2021 kuko yakoresha iOS ya 14.6. iOS ya 14.6 yakoreshejwe kugeza tariki 24 Gicursi 2021.”

Akomeza avuga ko ikigo Citizen Lab n’Umuryango wa Amnesty International batanze ibimenyetso binyuranye n’ukuri bigatuma ibyavuye muri ririya perereza biza bidashingiye ku kuri.

Avuga ko ibyavuye muri iri perereza ryakozwe n’ikigo gisinzwe ubushakashatsi mu by’umutekano wa telefone cya ZecOps muri Nyakanga 202, byagendeye kuri kode igaragaza ko iryo yumviriza ryifashishije Pegasus ryabayeho ariko “ku bimenyetso bya Kanimba ntabwo ari iby’ukuri, kandi nta tangazo ryatangajwe ry’ibyo bimenyetso byacuzwe.”

Uyu muhanga avuga ko uyu mukobwa wa Rusesabagina wagendeye kuri ibyo bimenyetso by’ibicurano agahura n’abayobozi muri Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America ndetse agahabwa n’ubufasha.

Ati “Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America n’Ikigo cy’Abanyamerika gisinzwe abasora cyahaye ubufasha bw’umutekano Kanimba bagendeye ku makuru y’ibinyoma yatanzwe na Kanimba ayakuye muri Amnesty International na Citizen Lab.”

Yasoje avuga ko ku bw’iyi mpamvu asaba ko hakorwa irindi perereza ry’ikoranabuhanga ku birego byacuzwe na Carine Kanimba na Citizen Lab.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 13 =

Previous Post

Umugore wa Bunyoni yari yatangarije mu rusengero ko Imana igiye kubazamura ku rundi rwego

Next Post

Buri wese arifuza ko nziyamamaza- Trump ngo ntamuntu utakwishimira kugaruka muri ‘WhiteHouse’

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Buri wese arifuza ko nziyamamaza- Trump ngo ntamuntu utakwishimira kugaruka muri ‘WhiteHouse’

Buri wese arifuza ko nziyamamaza- Trump ngo ntamuntu utakwishimira kugaruka muri ‘WhiteHouse’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.