Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhangamideri Moses Turahirwa uko yasohotse muri Gereza byatunguranye

radiotv10by radiotv10
16/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umuhangamideri Moses Turahirwa uko yasohotse muri Gereza byatunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Moses Turahirwa uri mu bahangamideri babifitemo ubuhanga, ukurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha ibiyobyabwenge, akaba yarekuwe by’agateganyo, yasohotse muri Gereza atwarwa mu modoka yagendaga amapine adakora hasi, kugira ngo itangazamakuru ritamuvugisha.

Uyu musore washinze inzu y’imideri ya Moshions isanzwe yambika abakomeye barimo n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, yarekuwe by’agateganyo kuri uyu wa Kane tariki 15 Kamena 2023.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, yari yajuririye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 yari yafatiwe n’urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, ubuyobozi bw’Igororero rwa Nyarugenge rizwi nka Mageragere ryarekuye uyu musore, ariko itangazamakuru ryari ryagiye kumureba ngo rinamuvugishe, ritaha amaramasa.

Byatewe no kuba umuryango we wari wagiye kumufata kuri Gereza, wakoresheje uburyo bwose ataha atavugishije itangazamakuru.

Imodoka yo mu bwoko bwa Hyundai Tucson yagiye gufata uyu musore, yamutegerereje mu mbuga y’iri Gororero, ari bwo yasohoka agahita ayinjiramo, iyi modoka na yo igahagurukana umuvuduka udasanzwe ku buryo yari igonze abanyamakuru bari bagiye kubategerereza haze, ikabacaho ivumbi ritumuka.

Abo mu muryango wa Moses bari baje gufata umwana wabo, barimo umubyeyi we ndetse n’abavandimwe, n’inshuti z’uyu muhangamideri zirimo abasanzwe babarirwa mu ruganda rwo kumurika imideri no kuyihanga.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwategetse ko Moses akurikiranwa ari hanze, rwanategetse ko azajya yitaba buri wa Mbere wa buri cyumweru, ndetse ko atagomba kurenga imbibi z’u Rwanda mu gihe cyose akiri gukurikiranwa.

Iki cyemezo cyo gufungurwa by’agateganyo, cyabanjirijwe n’iburana ry’ubujurire, aho Moses yari yasabye Urukiko guca inkoni izamba rukamurekura, kuko ngo iminsi irenga 40 yari amaze mu Igororero yari amaze kubona isomo, ari na ho yageze agafatwa n’ikiniga, agaturika akarira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 9 =

Previous Post

Ni gute ugurishije Inka yasora, ugurishije ikibanza cya Miliyoni 100Frw ntasore?- Ibishya mu misoro

Next Post

Urwego rufite amateka akomeye ku Isi rwafunze umuhanzi wari umaze kugirwa umwere

Related Posts

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
15/09/2025
0

Abasanzwe bafite amazina azwi mu myidagaduro mu Rwanda, basuye umuryango w’umuhanzi The Ben wakiriye umugore we Uwicyeza Pamella wibarukiye imfura...

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

by radiotv10
12/09/2025
0

Umuhanzi Israel Mbonyicyambu wamenyekanye nka Israel Mbonyi, yatangaje ko agiye gushyira hanze Album ya gatanu y’indirimbo ze azamurikira Abaturarwanda mu...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

by radiotv10
11/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abahanzikazi babiri, Ariel Wayz na Babo Ekeight bafunzwe bakekwaho gukoresha ibiyobyabwenge, nyuma yuko bakorewe ibizamini....

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

by radiotv10
10/09/2025
0

Umukinnyi wa filimi Igihozo Nshuti Mireille yateye utwatsi amakuru akomeje gucicikana avuga ko afite ubukwe mu kwezi gutaha, azakorana n’umunyarwenya...

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

by radiotv10
10/09/2025
0

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju, uzwi mu biganiro bya Siporo, yongeye kumvikana kuri radio, ari na yo agiye gukorera...

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urwego rufite amateka akomeye ku Isi rwafunze umuhanzi wari umaze kugirwa umwere

Urwego rufite amateka akomeye ku Isi rwafunze umuhanzi wari umaze kugirwa umwere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.