Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhangamideri Moses Turahirwa uko yasohotse muri Gereza byatunguranye

radiotv10by radiotv10
16/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umuhangamideri Moses Turahirwa uko yasohotse muri Gereza byatunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Moses Turahirwa uri mu bahangamideri babifitemo ubuhanga, ukurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha ibiyobyabwenge, akaba yarekuwe by’agateganyo, yasohotse muri Gereza atwarwa mu modoka yagendaga amapine adakora hasi, kugira ngo itangazamakuru ritamuvugisha.

Uyu musore washinze inzu y’imideri ya Moshions isanzwe yambika abakomeye barimo n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, yarekuwe by’agateganyo kuri uyu wa Kane tariki 15 Kamena 2023.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, yari yajuririye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 yari yafatiwe n’urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, ubuyobozi bw’Igororero rwa Nyarugenge rizwi nka Mageragere ryarekuye uyu musore, ariko itangazamakuru ryari ryagiye kumureba ngo rinamuvugishe, ritaha amaramasa.

Byatewe no kuba umuryango we wari wagiye kumufata kuri Gereza, wakoresheje uburyo bwose ataha atavugishije itangazamakuru.

Imodoka yo mu bwoko bwa Hyundai Tucson yagiye gufata uyu musore, yamutegerereje mu mbuga y’iri Gororero, ari bwo yasohoka agahita ayinjiramo, iyi modoka na yo igahagurukana umuvuduka udasanzwe ku buryo yari igonze abanyamakuru bari bagiye kubategerereza haze, ikabacaho ivumbi ritumuka.

Abo mu muryango wa Moses bari baje gufata umwana wabo, barimo umubyeyi we ndetse n’abavandimwe, n’inshuti z’uyu muhangamideri zirimo abasanzwe babarirwa mu ruganda rwo kumurika imideri no kuyihanga.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwategetse ko Moses akurikiranwa ari hanze, rwanategetse ko azajya yitaba buri wa Mbere wa buri cyumweru, ndetse ko atagomba kurenga imbibi z’u Rwanda mu gihe cyose akiri gukurikiranwa.

Iki cyemezo cyo gufungurwa by’agateganyo, cyabanjirijwe n’iburana ry’ubujurire, aho Moses yari yasabye Urukiko guca inkoni izamba rukamurekura, kuko ngo iminsi irenga 40 yari amaze mu Igororero yari amaze kubona isomo, ari na ho yageze agafatwa n’ikiniga, agaturika akarira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + seventeen =

Previous Post

Ni gute ugurishije Inka yasora, ugurishije ikibanza cya Miliyoni 100Frw ntasore?- Ibishya mu misoro

Next Post

Urwego rufite amateka akomeye ku Isi rwafunze umuhanzi wari umaze kugirwa umwere

Related Posts

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Hatangajwe ahantu hazaturikirizwa ibishashi mu rwego rwo kwishimira umwaka mushya wa 2026 ubura amasaha ngo ugere, harimo aho abantu bateganyirijwe...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urwego rufite amateka akomeye ku Isi rwafunze umuhanzi wari umaze kugirwa umwere

Urwego rufite amateka akomeye ku Isi rwafunze umuhanzi wari umaze kugirwa umwere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.