Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhangamideri Moses Turahirwa uko yasohotse muri Gereza byatunguranye

radiotv10by radiotv10
16/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umuhangamideri Moses Turahirwa uko yasohotse muri Gereza byatunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Moses Turahirwa uri mu bahangamideri babifitemo ubuhanga, ukurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha ibiyobyabwenge, akaba yarekuwe by’agateganyo, yasohotse muri Gereza atwarwa mu modoka yagendaga amapine adakora hasi, kugira ngo itangazamakuru ritamuvugisha.

Uyu musore washinze inzu y’imideri ya Moshions isanzwe yambika abakomeye barimo n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, yarekuwe by’agateganyo kuri uyu wa Kane tariki 15 Kamena 2023.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, yari yajuririye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 yari yafatiwe n’urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, ubuyobozi bw’Igororero rwa Nyarugenge rizwi nka Mageragere ryarekuye uyu musore, ariko itangazamakuru ryari ryagiye kumureba ngo rinamuvugishe, ritaha amaramasa.

Byatewe no kuba umuryango we wari wagiye kumufata kuri Gereza, wakoresheje uburyo bwose ataha atavugishije itangazamakuru.

Imodoka yo mu bwoko bwa Hyundai Tucson yagiye gufata uyu musore, yamutegerereje mu mbuga y’iri Gororero, ari bwo yasohoka agahita ayinjiramo, iyi modoka na yo igahagurukana umuvuduka udasanzwe ku buryo yari igonze abanyamakuru bari bagiye kubategerereza haze, ikabacaho ivumbi ritumuka.

Abo mu muryango wa Moses bari baje gufata umwana wabo, barimo umubyeyi we ndetse n’abavandimwe, n’inshuti z’uyu muhangamideri zirimo abasanzwe babarirwa mu ruganda rwo kumurika imideri no kuyihanga.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwategetse ko Moses akurikiranwa ari hanze, rwanategetse ko azajya yitaba buri wa Mbere wa buri cyumweru, ndetse ko atagomba kurenga imbibi z’u Rwanda mu gihe cyose akiri gukurikiranwa.

Iki cyemezo cyo gufungurwa by’agateganyo, cyabanjirijwe n’iburana ry’ubujurire, aho Moses yari yasabye Urukiko guca inkoni izamba rukamurekura, kuko ngo iminsi irenga 40 yari amaze mu Igororero yari amaze kubona isomo, ari na ho yageze agafatwa n’ikiniga, agaturika akarira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + one =

Previous Post

Ni gute ugurishije Inka yasora, ugurishije ikibanza cya Miliyoni 100Frw ntasore?- Ibishya mu misoro

Next Post

Urwego rufite amateka akomeye ku Isi rwafunze umuhanzi wari umaze kugirwa umwere

Related Posts

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
23/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urwego rufite amateka akomeye ku Isi rwafunze umuhanzi wari umaze kugirwa umwere

Urwego rufite amateka akomeye ku Isi rwafunze umuhanzi wari umaze kugirwa umwere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.