Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhangamideri Moses Turahirwa uko yasohotse muri Gereza byatunguranye

radiotv10by radiotv10
16/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umuhangamideri Moses Turahirwa uko yasohotse muri Gereza byatunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Moses Turahirwa uri mu bahangamideri babifitemo ubuhanga, ukurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha ibiyobyabwenge, akaba yarekuwe by’agateganyo, yasohotse muri Gereza atwarwa mu modoka yagendaga amapine adakora hasi, kugira ngo itangazamakuru ritamuvugisha.

Uyu musore washinze inzu y’imideri ya Moshions isanzwe yambika abakomeye barimo n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, yarekuwe by’agateganyo kuri uyu wa Kane tariki 15 Kamena 2023.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, yari yajuririye icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 yari yafatiwe n’urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, ubuyobozi bw’Igororero rwa Nyarugenge rizwi nka Mageragere ryarekuye uyu musore, ariko itangazamakuru ryari ryagiye kumureba ngo rinamuvugishe, ritaha amaramasa.

Byatewe no kuba umuryango we wari wagiye kumufata kuri Gereza, wakoresheje uburyo bwose ataha atavugishije itangazamakuru.

Imodoka yo mu bwoko bwa Hyundai Tucson yagiye gufata uyu musore, yamutegerereje mu mbuga y’iri Gororero, ari bwo yasohoka agahita ayinjiramo, iyi modoka na yo igahagurukana umuvuduka udasanzwe ku buryo yari igonze abanyamakuru bari bagiye kubategerereza haze, ikabacaho ivumbi ritumuka.

Abo mu muryango wa Moses bari baje gufata umwana wabo, barimo umubyeyi we ndetse n’abavandimwe, n’inshuti z’uyu muhangamideri zirimo abasanzwe babarirwa mu ruganda rwo kumurika imideri no kuyihanga.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwategetse ko Moses akurikiranwa ari hanze, rwanategetse ko azajya yitaba buri wa Mbere wa buri cyumweru, ndetse ko atagomba kurenga imbibi z’u Rwanda mu gihe cyose akiri gukurikiranwa.

Iki cyemezo cyo gufungurwa by’agateganyo, cyabanjirijwe n’iburana ry’ubujurire, aho Moses yari yasabye Urukiko guca inkoni izamba rukamurekura, kuko ngo iminsi irenga 40 yari amaze mu Igororero yari amaze kubona isomo, ari na ho yageze agafatwa n’ikiniga, agaturika akarira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 2 =

Previous Post

Ni gute ugurishije Inka yasora, ugurishije ikibanza cya Miliyoni 100Frw ntasore?- Ibishya mu misoro

Next Post

Urwego rufite amateka akomeye ku Isi rwafunze umuhanzi wari umaze kugirwa umwere

Related Posts

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urwego rufite amateka akomeye ku Isi rwafunze umuhanzi wari umaze kugirwa umwere

Urwego rufite amateka akomeye ku Isi rwafunze umuhanzi wari umaze kugirwa umwere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.