Sunday, August 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi ukizamuka mu Rwanda ahishuye ibitari bizwi ku kibazo yagiranye n’umunyamakuru ukomeye

radiotv10by radiotv10
10/02/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Umuhanzi ukizamuka mu Rwanda ahishuye ibitari bizwi ku kibazo yagiranye n’umunyamakuru ukomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi ukizamuka mu Rwanda uzwi nka Yampano, yavuze ko umunyamakuru Ally Soudy wamamaye mu ruganda rw’imyidagaduro, yamusabye ko bakorana indirimbo, ariko ko ibyakurikiye byabaye nko kumupyinagaza, hakabaho gusa nko kurwanira inyungu.

Ally Soudy ni umwe mu banyamakuru bigeze kuyobora uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, ubu akaba asigaye atuye ku Mugabane wa America, gusa akaba yarakomeje gukora itangazamakuru ryo ku mbuga nkoranyambaga.

Uyu munyamakuru kandi akunze kugaragara ashima ibihangano bya bamwe mu bahanzi nyarwanda, baba abakizamuka ndetse n’abamaze kubaka amazina.

Yampano ni umwe mu bahanzi bashimwe na Ally Soudy ndetse banakoranye indirimbo bise ‘Byuka’, ariko ngo nyuma yuko irangiye ibyakurikiye ntibyabaye byiza.

Aganira na TV 10 mu kiganiro The Link Up Show, Yampano yahishuye iby’iki kibazo kiri hagati ye na Ally Soudy, avuga ko uyu munyamakuru yifuje ko bakorana.

Ati “Ally Soudy yarampamagaye ngo dukorane indirimbo mu buryo bwo kumfasha, irangiye atangira kuyinyaka, turwanira mu nyungu kandi byaraje nk’ubufasha.”

Ni ikibazo ahuriyeho n’abandi bahanzi bakizamuka bakunze kuvuga ko bacunaguzwa n’abitwa ko babafasha mu muziki.

Uyu muhanzi abenshi bamumenye mu ndirimbo yise Uworizagwira, Umuntu ndetse n’iyo amaze gukorana na ally Soudi bise, Byuka.

Igitekerezo cyayo cyazanywe n’uyu munyamakuru aniyemeza kumwishyurira itunganywa ry’iyi ndirimbo mu buryo bw’amajwi, gusa amumenyesha ko ibindi birimo n’amashusho atazabimukorera.

Nyuma uyu yiyishyuriye ifatwa ry’amashusho ndetse no kuyimenyekanisha aho atangaza ko uyu bayikoranye atigeze anayisangiza abamukurikira ahubwo akamusaba iyi ndirimbo.

Nubwo bimeze gutyo, Yampano avuga ko uyu munyamakuru aramutse amwishyuye akayigura yayimuha ntakibazo, gusa ngo Ally Soudy ntacyo arabivugaho.

Ally Soudy ni umwe mu banyamakuru bazamuye muzika nyarwanda
Yampano afite ibyo amuvugaho

Josiane UMUTONI
RADIOTV10

Comments 1

  1. Thid Kizi says:
    2 years ago

    Umutoni Wowe Na Ndahiro Taikun ndabakunda Cyaneeê Kubera Amakuru Y Ibyamamare Muduha Nge Nitwa Thid Kizi TaikunUrasetsa🤣🤣🤣🤣🤣🤣🤣🤣🤣

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 8 =

Previous Post

Umuburo wa Amerika ku bitero by’ibyihebe bishobora kuba mu Gihugu cyo mu karere u Rwanda ruherereyemo

Next Post

Hatangajwe igihano gisabirwa umugore wemeye ko yiyiciye uruhinja akirubyara akarutsindagira mu musarani

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

by radiotv10
01/08/2025
0

Umunyamakuru Mike Karangwa wamenyenaye ku bitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda byumwihariko mu biganiro by’imyidagaduro, yapfushije umwana we w’ubuheta. Umwana wa Mike...

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
1

Abanyamakuru Nduwayezu Ndibyariye Jean de Dieu wamamaye nka Jado Max na Kwikiriza William uzwi nka William Kadu bazwi mu biganiro...

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

by radiotv10
30/07/2025
0

Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kubera igitaramo cyihariye cy’umwihariko w’umuziki w’injyana yo mu bwoko bwa Country, aho kukinjiramo...

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

by radiotv10
29/07/2025
0

Umukundwa Clemence uzwi nka Cadette witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda rya 2019, agiye gutangira kumvikana nk’umunyamakuru kuri radio nshya mu...

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

by radiotv10
28/07/2025
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi, yasabye abitabiriye irushanwa rya Miss Burundi, kutazarangazwa n'ubwiza ngo bazahore babumurika bibagirwe...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Hatangajwe igihano gisabirwa umugore wemeye ko yiyiciye uruhinja akirubyara akarutsindagira mu musarani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.