Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi ukizamuka mu Rwanda ahishuye ibitari bizwi ku kibazo yagiranye n’umunyamakuru ukomeye

radiotv10by radiotv10
10/02/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Umuhanzi ukizamuka mu Rwanda ahishuye ibitari bizwi ku kibazo yagiranye n’umunyamakuru ukomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi ukizamuka mu Rwanda uzwi nka Yampano, yavuze ko umunyamakuru Ally Soudy wamamaye mu ruganda rw’imyidagaduro, yamusabye ko bakorana indirimbo, ariko ko ibyakurikiye byabaye nko kumupyinagaza, hakabaho gusa nko kurwanira inyungu.

Ally Soudy ni umwe mu banyamakuru bigeze kuyobora uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, ubu akaba asigaye atuye ku Mugabane wa America, gusa akaba yarakomeje gukora itangazamakuru ryo ku mbuga nkoranyambaga.

Uyu munyamakuru kandi akunze kugaragara ashima ibihangano bya bamwe mu bahanzi nyarwanda, baba abakizamuka ndetse n’abamaze kubaka amazina.

Yampano ni umwe mu bahanzi bashimwe na Ally Soudy ndetse banakoranye indirimbo bise ‘Byuka’, ariko ngo nyuma yuko irangiye ibyakurikiye ntibyabaye byiza.

Aganira na TV 10 mu kiganiro The Link Up Show, Yampano yahishuye iby’iki kibazo kiri hagati ye na Ally Soudy, avuga ko uyu munyamakuru yifuje ko bakorana.

Ati “Ally Soudy yarampamagaye ngo dukorane indirimbo mu buryo bwo kumfasha, irangiye atangira kuyinyaka, turwanira mu nyungu kandi byaraje nk’ubufasha.”

Ni ikibazo ahuriyeho n’abandi bahanzi bakizamuka bakunze kuvuga ko bacunaguzwa n’abitwa ko babafasha mu muziki.

Uyu muhanzi abenshi bamumenye mu ndirimbo yise Uworizagwira, Umuntu ndetse n’iyo amaze gukorana na ally Soudi bise, Byuka.

Igitekerezo cyayo cyazanywe n’uyu munyamakuru aniyemeza kumwishyurira itunganywa ry’iyi ndirimbo mu buryo bw’amajwi, gusa amumenyesha ko ibindi birimo n’amashusho atazabimukorera.

Nyuma uyu yiyishyuriye ifatwa ry’amashusho ndetse no kuyimenyekanisha aho atangaza ko uyu bayikoranye atigeze anayisangiza abamukurikira ahubwo akamusaba iyi ndirimbo.

Nubwo bimeze gutyo, Yampano avuga ko uyu munyamakuru aramutse amwishyuye akayigura yayimuha ntakibazo, gusa ngo Ally Soudy ntacyo arabivugaho.

Ally Soudy ni umwe mu banyamakuru bazamuye muzika nyarwanda
Yampano afite ibyo amuvugaho

Josiane UMUTONI
RADIOTV10

Comments 1

  1. Thid Kizi says:
    3 years ago

    Umutoni Wowe Na Ndahiro Taikun ndabakunda Cyaneeê Kubera Amakuru Y Ibyamamare Muduha Nge Nitwa Thid Kizi TaikunUrasetsa🤣🤣🤣🤣🤣🤣🤣🤣🤣

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Umuburo wa Amerika ku bitero by’ibyihebe bishobora kuba mu Gihugu cyo mu karere u Rwanda ruherereyemo

Next Post

Hatangajwe igihano gisabirwa umugore wemeye ko yiyiciye uruhinja akirubyara akarutsindagira mu musarani

Related Posts

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Hatangajwe igihano gisabirwa umugore wemeye ko yiyiciye uruhinja akirubyara akarutsindagira mu musarani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.