Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi ukizamuka mu Rwanda ahishuye ibitari bizwi ku kibazo yagiranye n’umunyamakuru ukomeye

radiotv10by radiotv10
10/02/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Umuhanzi ukizamuka mu Rwanda ahishuye ibitari bizwi ku kibazo yagiranye n’umunyamakuru ukomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi ukizamuka mu Rwanda uzwi nka Yampano, yavuze ko umunyamakuru Ally Soudy wamamaye mu ruganda rw’imyidagaduro, yamusabye ko bakorana indirimbo, ariko ko ibyakurikiye byabaye nko kumupyinagaza, hakabaho gusa nko kurwanira inyungu.

Ally Soudy ni umwe mu banyamakuru bigeze kuyobora uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, ubu akaba asigaye atuye ku Mugabane wa America, gusa akaba yarakomeje gukora itangazamakuru ryo ku mbuga nkoranyambaga.

Uyu munyamakuru kandi akunze kugaragara ashima ibihangano bya bamwe mu bahanzi nyarwanda, baba abakizamuka ndetse n’abamaze kubaka amazina.

Yampano ni umwe mu bahanzi bashimwe na Ally Soudy ndetse banakoranye indirimbo bise ‘Byuka’, ariko ngo nyuma yuko irangiye ibyakurikiye ntibyabaye byiza.

Aganira na TV 10 mu kiganiro The Link Up Show, Yampano yahishuye iby’iki kibazo kiri hagati ye na Ally Soudy, avuga ko uyu munyamakuru yifuje ko bakorana.

Ati “Ally Soudy yarampamagaye ngo dukorane indirimbo mu buryo bwo kumfasha, irangiye atangira kuyinyaka, turwanira mu nyungu kandi byaraje nk’ubufasha.”

Ni ikibazo ahuriyeho n’abandi bahanzi bakizamuka bakunze kuvuga ko bacunaguzwa n’abitwa ko babafasha mu muziki.

Uyu muhanzi abenshi bamumenye mu ndirimbo yise Uworizagwira, Umuntu ndetse n’iyo amaze gukorana na ally Soudi bise, Byuka.

Igitekerezo cyayo cyazanywe n’uyu munyamakuru aniyemeza kumwishyurira itunganywa ry’iyi ndirimbo mu buryo bw’amajwi, gusa amumenyesha ko ibindi birimo n’amashusho atazabimukorera.

Nyuma uyu yiyishyuriye ifatwa ry’amashusho ndetse no kuyimenyekanisha aho atangaza ko uyu bayikoranye atigeze anayisangiza abamukurikira ahubwo akamusaba iyi ndirimbo.

Nubwo bimeze gutyo, Yampano avuga ko uyu munyamakuru aramutse amwishyuye akayigura yayimuha ntakibazo, gusa ngo Ally Soudy ntacyo arabivugaho.

Ally Soudy ni umwe mu banyamakuru bazamuye muzika nyarwanda
Yampano afite ibyo amuvugaho

Josiane UMUTONI
RADIOTV10

Comments 1

  1. Thid Kizi says:
    3 years ago

    Umutoni Wowe Na Ndahiro Taikun ndabakunda Cyaneeê Kubera Amakuru Y Ibyamamare Muduha Nge Nitwa Thid Kizi TaikunUrasetsa🤣🤣🤣🤣🤣🤣🤣🤣🤣

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 7 =

Previous Post

Umuburo wa Amerika ku bitero by’ibyihebe bishobora kuba mu Gihugu cyo mu karere u Rwanda ruherereyemo

Next Post

Hatangajwe igihano gisabirwa umugore wemeye ko yiyiciye uruhinja akirubyara akarutsindagira mu musarani

Related Posts

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Hatangajwe ahantu hazaturikirizwa ibishashi mu rwego rwo kwishimira umwaka mushya wa 2026 ubura amasaha ngo ugere, harimo aho abantu bateganyirijwe...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Hatangajwe igihano gisabirwa umugore wemeye ko yiyiciye uruhinja akirubyara akarutsindagira mu musarani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.