Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda bwa mbere yavuze ku byamuzweho byo gutandukana n’umugore

radiotv10by radiotv10
08/08/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi ukomeye mu Rwanda bwa mbere yavuze ku byamuzweho byo gutandukana n’umugore
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Nemeye Platini uzwi nka P., uherutse kuvugwaho inkuru z’ibibazo bwite byaketswe ko byari mu muryango we, yabibajijweho, atanga igisubizo kigufi, kidatomora uko bimeze.

Inkuru z’ibibazo byavugwaga mu muryango w’uyu muhanzi, zazamutse cyane muri Mata uyu mwaka, aho hari abavugaga ko yasanze umwana byavugwaga ko yabyaranye n’umugore we, atari uwe.

Bimwe mu binyamakuru byandika ku myidagaduro, byavugaga ko uyu muhanzi yagiye gukoresha ibizamini bya gihanga bya DNA, agasanga umwana atari uwe.

Byanavugwaga ko ibi byazamuye umwuka utari mwiza, hagati ye n’umugore we Olivia bari bamaranye umwaka basezeranye kubana, dore ko bakoze ubukwe muri Werurwe umwaka ushize, ku buryo hari n’abavugaga ko batakibana mu nzu.

Platini wirinze kugira icyo avuga kuri ibi bibazo, ntiyahwemye kugaragara mu bikorwa bya muzika birimo ibitaramo ndetse n’ubukangurambaga yaniyambajwemo bwo kurwanya agakoko gatera SIDA.

Mu mpera z’icyumweru gishize, Platini yanagaragaye mu gitaramo cyateguwe n’Umunyamakuru w’ikirangirire mu myidagaduro yo mu Rwanda, Ally Soudi, ari na ho yaganiriye n’itangazamakuru, rikamubaza ku bibazo yavuzweho we n’umugore we.

Umunyamakuru wabimubajijeho, yamusabye gukura urujijo kuri ayo makuru yavuzweho kuko we yakomeje kuruca akarumira.

Yamusubije agira ati “Ese ibintu ntigeze mvugaho, ubu ni wowe ngiye kubibwira? Mbihariye abafite ubumenyi kundusha ibyanjye. Hari abafite ubumenyi bwinshi kurusha uko niyizi, bakomeze babiganireho.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Rwanda: Abarenga 70 bajyanywe kwa muganga igitaraganya ku mpamvu ikekwa

Next Post

Senegal: Utavugwa rumwe n’ubutegetsi ufunze yajyanywe kwa muganga igitaraganya ku mpamvu imuturutseho

Related Posts

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuraperikazi Cardi B yatangaje ko atwite umwana we wa kane, ari na we wa mbere agiye kubyarana n’umukunzi we, umukinnyi...

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

by radiotv10
17/09/2025
0

Umwongerezakazi Ruby Bhogal wamamaye mu kiganiro kizwi nka Bake Off cyo mu Bwongereza, yahishuye ko yakoranye ubukwe na James Stewart,...

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

by radiotv10
16/09/2025
0

Uwase Muyango Claudine wari umaze imyaka ibiri n’igice akorera kimwe mu bitangazamakuru byo mu Rwanda, yasezeye ahita asimburwa na Khadidja...

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
15/09/2025
0

Abasanzwe bafite amazina azwi mu myidagaduro mu Rwanda, basuye umuryango w’umuhanzi The Ben wakiriye umugore we Uwicyeza Pamella wibarukiye imfura...

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

by radiotv10
12/09/2025
0

Umuhanzi Israel Mbonyicyambu wamenyekanye nka Israel Mbonyi, yatangaje ko agiye gushyira hanze Album ya gatanu y’indirimbo ze azamurikira Abaturarwanda mu...

IZIHERUKA

Why do young people quit jobs after a few months?
MU RWANDA

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

17/09/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Senegal: Utavugwa rumwe n’ubutegetsi ufunze yajyanywe kwa muganga igitaraganya ku mpamvu imuturutseho

Senegal: Utavugwa rumwe n’ubutegetsi ufunze yajyanywe kwa muganga igitaraganya ku mpamvu imuturutseho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why do young people quit jobs after a few months?

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.