Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi uyoboye muri Gospel Nyarwanda ari mu byishimo by’agahigo yaciye

radiotv10by radiotv10
20/03/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi uyoboye muri Gospel Nyarwanda ari mu byishimo by’agahigo yaciye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Israel Mbonyi, yakoze amateka yo kuzuza Miliyoni imwe y’abamukurikira (Subscribers) ku rubuga rwa YouTube, ahita aba umuhanzi wa mbere ku giti cye mu ndirimbo z’Imana wujuje uyu mubare.

Byatangajwe n’uyu muhanzi kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Werurwe 2024, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, agaragaza ibyishimo byo kuba yujije uyu mubare wa Miliyoni 1 y’aba- Subscribers.

Mu butumwa ashimira abantu, Israel Mbonyi yagize ati “Mwakoze kuri Miliyoni y’abankurikira. Imana ihe umugisha buri wese wo.”

View this post on Instagram

A post shared by MBONYI (@israelmbonyi)

Israel Mbonyi, uri mu bayoboye umuziki wa Gospel Nyarwanda, yujuje imyaka 10 yinjiye muri muzika, kuko yawutangiye muri 2014.

Yamamaye mu buryo bwihuse, kuko agitangira umuziki, yagiye amenyekana cyane kubera indirimbo ze zose zasohokaga zigakundwa na benshi yaba abakunze kujya gusenga Imana mu nsengero ndetse n’abandi bose.

Abaye umuhanzi wa mbere ku giti cye mu Rwanda, wujuje aba-Subscribers bangana na Miliyoni 1, yaba mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana ndetse no mu ndirimbo zisanzwe.

Ni mu gihe Korali ya Ambassadors of Christ, imaze umwaka umwe yujuje Miliyoni y’ababakurikira ku rubuga rwa YouTube, aho iyi Korali mu idini y’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi iri mu zikunzwe mu Rwanda.

Nanone kandi Umunanzi Ngabo Medard Jobert uzwi nka Meddy na we afite uyu mubare wa Miliyoni imwe y’Aba- Subscribers kuri YouTube, aho we yatangiriye mu ndirimbo zisanzwe, ariko ubu akaba yaramaze kwiyegurira Imana. Bivuze ko aba bamukurikiye kuri YouTube bose batabonetse bakurikiye Indirimbo z’Imana nk’uko bimeze kuri Israel Mbonyi.

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 5 =

Previous Post

U Rwanda rwungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gutwara moto ziherecyeza abanyacyubahiro

Next Post

U Rwanda mu biganiro by’imikoranire na Kompanyi ikomeye mu by’Igisirikare n’intwaro muri Asia

Related Posts

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk, yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda mu biganiro by’imikoranire na Kompanyi ikomeye mu by’Igisirikare n’intwaro muri Asia

U Rwanda mu biganiro by’imikoranire na Kompanyi ikomeye mu by’Igisirikare n’intwaro muri Asia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.