Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi uyoboye muri Gospel Nyarwanda ari mu byishimo by’agahigo yaciye

radiotv10by radiotv10
20/03/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi uyoboye muri Gospel Nyarwanda ari mu byishimo by’agahigo yaciye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Israel Mbonyi, yakoze amateka yo kuzuza Miliyoni imwe y’abamukurikira (Subscribers) ku rubuga rwa YouTube, ahita aba umuhanzi wa mbere ku giti cye mu ndirimbo z’Imana wujuje uyu mubare.

Byatangajwe n’uyu muhanzi kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Werurwe 2024, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, agaragaza ibyishimo byo kuba yujije uyu mubare wa Miliyoni 1 y’aba- Subscribers.

Mu butumwa ashimira abantu, Israel Mbonyi yagize ati “Mwakoze kuri Miliyoni y’abankurikira. Imana ihe umugisha buri wese wo.”

View this post on Instagram

A post shared by MBONYI (@israelmbonyi)

Israel Mbonyi, uri mu bayoboye umuziki wa Gospel Nyarwanda, yujuje imyaka 10 yinjiye muri muzika, kuko yawutangiye muri 2014.

Yamamaye mu buryo bwihuse, kuko agitangira umuziki, yagiye amenyekana cyane kubera indirimbo ze zose zasohokaga zigakundwa na benshi yaba abakunze kujya gusenga Imana mu nsengero ndetse n’abandi bose.

Abaye umuhanzi wa mbere ku giti cye mu Rwanda, wujuje aba-Subscribers bangana na Miliyoni 1, yaba mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana ndetse no mu ndirimbo zisanzwe.

Ni mu gihe Korali ya Ambassadors of Christ, imaze umwaka umwe yujuje Miliyoni y’ababakurikira ku rubuga rwa YouTube, aho iyi Korali mu idini y’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi iri mu zikunzwe mu Rwanda.

Nanone kandi Umunanzi Ngabo Medard Jobert uzwi nka Meddy na we afite uyu mubare wa Miliyoni imwe y’Aba- Subscribers kuri YouTube, aho we yatangiriye mu ndirimbo zisanzwe, ariko ubu akaba yaramaze kwiyegurira Imana. Bivuze ko aba bamukurikiye kuri YouTube bose batabonetse bakurikiye Indirimbo z’Imana nk’uko bimeze kuri Israel Mbonyi.

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 6 =

Previous Post

U Rwanda rwungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gutwara moto ziherecyeza abanyacyubahiro

Next Post

U Rwanda mu biganiro by’imikoranire na Kompanyi ikomeye mu by’Igisirikare n’intwaro muri Asia

Related Posts

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

by radiotv10
30/01/2026
0

Muri gahunda nshya yiswe KGL Cine Corner yo kwerekana filimi ziba zigezweho, hagiye kwerekanwa iyitwa The RIP iri kubica bigacika...

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda mu biganiro by’imikoranire na Kompanyi ikomeye mu by’Igisirikare n’intwaro muri Asia

U Rwanda mu biganiro by’imikoranire na Kompanyi ikomeye mu by’Igisirikare n’intwaro muri Asia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.