Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi wa Gospel yeruye iby’urukundo n’uwo bitegura kurushinja bamaze igihe bakundana mu ibanga

radiotv10by radiotv10
03/06/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi wa Gospel yeruye iby’urukundo n’uwo bitegura kurushinja bamaze igihe bakundana mu ibanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Jean De Dieu Sinzabyibagirwa uzwi nka Jado Sinza mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yarekanye umukunzi we bitegura kurushinga, ndetse bakaba bamaze kwerekanwa imbere y’iteraniro, ku buryo imishinga y’ubukwe bwabo yegereje.

Kuri iki Cyumweru tariki 02 Kamena 2024, nibwo Jado Sinza yashyize hanze amafoto y’umukunzi we Esther Umulisa bamaze igihe bakundana mu ibanga. Aba bombi bamaze kwerekanwa nk’abitegura gushinga urugo mu minsi micye iri imbere.

Ni amafoto ubona ko atari ayo ku munsi umwe, kuko hari agaragaraza igihe yambwambitse impeta yo kumusaba ko bazabana, n’andi yo kuri iki Cyumweru ubwo berekanwaga mu rusengero.

Jado Sinza uzwi cyane mu ndirimbo zo kuramya no guhinbaza Imana, zimwe mu zatumemye yumvikana mu matwi ya benshi, harimo iyitwa ‘Ndategereje’, ‘Nabaho’ na ‘Witinya’.

Umulisa Esther ugiye kurushinga na Jado Sinza, ni umukobwa usanzwe ugaragara kenshi mu mashusho y’indirimbo z’abahanzi abafasha kuririmba, akaba kandi yaramenyekanye muri Korali Iriba yo muri ADEPR Taba i Butare ari na ho yakuriye ndetse no muri New Melody Family Choir na yo ahuriramo n’Abavandimwe be barimo Neema.

Amakuru aturuka mu nshuti zabo za hafi, avuga ko Jado Sinza na Umulisa Esther bazakora ubukwe mu ntangiro za Nzeri 2024, bagasezerana kubana nk’umugore n’umugabo.

Jado Sinza n’umukunzi we
Yamaze kumwambika impeta
Urukundo rwabo rugeze aharyoshye
Berekanywe imbere y’ikoraniro ry’Abakristu

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Perezida Kagame azahabwa impamyabushobozi y’ikirenga y’Icyubahiro muri Korea y’Epfo

Next Post

Rutahizamu w’Umunya-Nigeria winjiye mu Mavubi bitunguranye yaba yajyanye na yo muri Côte d’Ivoire?

Related Posts

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu w’Umunya-Nigeria winjiye mu Mavubi bitunguranye yaba yajyanye na yo muri Côte d’Ivoire?

Rutahizamu w'Umunya-Nigeria winjiye mu Mavubi bitunguranye yaba yajyanye na yo muri Côte d'Ivoire?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.