Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi w’izina rizwi mu Rwanda ahishuye akayabo akura mu kwandikira abandi indirimbo

radiotv10by radiotv10
24/08/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi w’izina rizwi mu Rwanda ahishuye akayabo akura mu kwandikira abandi indirimbo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Danny Vumbi usanzwe anandikira abandi indirimbo, avuga ko uyu mwuga na wo urimo agatubutse, kuko nta ndirimbo yandikira munsi ya miliyoni 1 Frw, ndetse ko hari izo yandikira hagati ya miliyoni 2 Frw na miliyoni 5 Frw.

Danny Vumbi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, aho yavuze ko umwuga wo kwandika indirimbo na wo amaze kuwumenyekanamo, kuko hari benshi bamwiyambaza ngo abandikire.

Avuga ko nta muntu ajya yandikira indirimbo ku buntu, ati “Iby’ubu byose byabaye amafaranga, iby’ubusa bitera ububwa, nta bintu by’ubuntu bikibaho.”

Avuga kandi ko abahanzi benshi yandikira, ari aba bamwishakiye. Ati “Baranshaka nkajya kubona nkabona umuntu aranyandikiye ngo ndashaka indirimbo, nkamubaza uko iteye, nkacisha amaso mu bihangano bye kugira ngo menye ikimubereye, tukavugana amafaranga nkayimukorera.”

Abajijwe ibiciro by’amafaranga yaca umuhanzi ku ndirimbo imwe, Danny Vumbi, yavuze ko atari igiciro kimwe ku bahanzi bose, icakora ko hari ayo adashobora kujya munsi.

Ati “Ubu ndimo kwandikira abantu hagati ya miliyoni imwe na miliyoni ebyiri ku bahanzi basanzwe, naho ibigo bya Leta ni hagati ya miliyoni ebyiri na miliyoni eshanu.”

Danny Vumbi amaze imyaka irenga 15 mu muziki, aho yatangiriye mu itsinda The Brothers ryamamaye mu ndirimbo zinyuranye nka ‘Byabihe’ yakunzwe na benshi, akaba yaraje gukomeza kuririmba ku giti cye nyuma y’uko abagize iri tsinda batandukanye.

Zimwe mu ndirimbo Dnny Vumbi yandikiye abandi bahanzi, zirimo iyo aheruka kwandikira Umuhanzi Bwiza yitwa ‘Ogera’ yamamaye cyane mu bihe byo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame waje no kwegukana intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ndetse ‘Nywe PK24’ ya Nel Ngabo na yo igaruka ku bigwig by’Umukuru w’u Rwanda.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + nineteen =

Previous Post

MTN Rwanda and East African Promoters Announce the Return of Iwacu Muzika Festival 2024

Next Post

Undi Muyobozi w’Igihugu gikomeye yinjiye mu rugendo rwo kunga u Burusiya na Ukraine

Related Posts

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Richard Nick Ngendahayo wari utegerejwe mu Rwanda yaherukagamo mu myaka 17, yahasesekaye. Uyu...

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuhanzi w’umuraperi Kivumbi King uri mu bagezweho mu Rwanda, amakuru aremeza ko yamaze kwinjira mu nzu ifasha abahanzi ya 1:55...

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuhanzi Ngabonziza Augustin waririmbye indirimbo ‘Ancila’ yo hambere iri mu zakunzwe na benshi mu Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi. Uyu...

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

by radiotv10
02/11/2025
0

As the week draws to a close, many people rush into the weekend with long to-do lists, errands to run,...

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

by radiotv10
29/10/2025
0

Ange Niyonshuti Tricia, umugore w’umuhanzi Tom Close; yongeye kumwibutsa ko amukunda urutagereranywa, anamubwira ko amwifuriza kuramba kugeza igihe azabonera ubuvivi....

IZIHERUKA

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda
AMAHANGA

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

by radiotv10
04/11/2025
0

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

04/11/2025
Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

04/11/2025
Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi Muyobozi w’Igihugu gikomeye yinjiye mu rugendo rwo kunga u Burusiya na Ukraine

Undi Muyobozi w’Igihugu gikomeye yinjiye mu rugendo rwo kunga u Burusiya na Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.