Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi w’izina rizwi mu Rwanda ahishuye akayabo akura mu kwandikira abandi indirimbo

radiotv10by radiotv10
24/08/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi w’izina rizwi mu Rwanda ahishuye akayabo akura mu kwandikira abandi indirimbo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Danny Vumbi usanzwe anandikira abandi indirimbo, avuga ko uyu mwuga na wo urimo agatubutse, kuko nta ndirimbo yandikira munsi ya miliyoni 1 Frw, ndetse ko hari izo yandikira hagati ya miliyoni 2 Frw na miliyoni 5 Frw.

Danny Vumbi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, aho yavuze ko umwuga wo kwandika indirimbo na wo amaze kuwumenyekanamo, kuko hari benshi bamwiyambaza ngo abandikire.

Avuga ko nta muntu ajya yandikira indirimbo ku buntu, ati “Iby’ubu byose byabaye amafaranga, iby’ubusa bitera ububwa, nta bintu by’ubuntu bikibaho.”

Avuga kandi ko abahanzi benshi yandikira, ari aba bamwishakiye. Ati “Baranshaka nkajya kubona nkabona umuntu aranyandikiye ngo ndashaka indirimbo, nkamubaza uko iteye, nkacisha amaso mu bihangano bye kugira ngo menye ikimubereye, tukavugana amafaranga nkayimukorera.”

Abajijwe ibiciro by’amafaranga yaca umuhanzi ku ndirimbo imwe, Danny Vumbi, yavuze ko atari igiciro kimwe ku bahanzi bose, icakora ko hari ayo adashobora kujya munsi.

Ati “Ubu ndimo kwandikira abantu hagati ya miliyoni imwe na miliyoni ebyiri ku bahanzi basanzwe, naho ibigo bya Leta ni hagati ya miliyoni ebyiri na miliyoni eshanu.”

Danny Vumbi amaze imyaka irenga 15 mu muziki, aho yatangiriye mu itsinda The Brothers ryamamaye mu ndirimbo zinyuranye nka ‘Byabihe’ yakunzwe na benshi, akaba yaraje gukomeza kuririmba ku giti cye nyuma y’uko abagize iri tsinda batandukanye.

Zimwe mu ndirimbo Dnny Vumbi yandikiye abandi bahanzi, zirimo iyo aheruka kwandikira Umuhanzi Bwiza yitwa ‘Ogera’ yamamaye cyane mu bihe byo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame waje no kwegukana intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ndetse ‘Nywe PK24’ ya Nel Ngabo na yo igaruka ku bigwig by’Umukuru w’u Rwanda.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

MTN Rwanda and East African Promoters Announce the Return of Iwacu Muzika Festival 2024

Next Post

Undi Muyobozi w’Igihugu gikomeye yinjiye mu rugendo rwo kunga u Burusiya na Ukraine

Related Posts

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi Muyobozi w’Igihugu gikomeye yinjiye mu rugendo rwo kunga u Burusiya na Ukraine

Undi Muyobozi w’Igihugu gikomeye yinjiye mu rugendo rwo kunga u Burusiya na Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.