Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi w’izina rizwi mu Rwanda ahishuye akayabo akura mu kwandikira abandi indirimbo

radiotv10by radiotv10
24/08/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi w’izina rizwi mu Rwanda ahishuye akayabo akura mu kwandikira abandi indirimbo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Danny Vumbi usanzwe anandikira abandi indirimbo, avuga ko uyu mwuga na wo urimo agatubutse, kuko nta ndirimbo yandikira munsi ya miliyoni 1 Frw, ndetse ko hari izo yandikira hagati ya miliyoni 2 Frw na miliyoni 5 Frw.

Danny Vumbi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, aho yavuze ko umwuga wo kwandika indirimbo na wo amaze kuwumenyekanamo, kuko hari benshi bamwiyambaza ngo abandikire.

Avuga ko nta muntu ajya yandikira indirimbo ku buntu, ati “Iby’ubu byose byabaye amafaranga, iby’ubusa bitera ububwa, nta bintu by’ubuntu bikibaho.”

Avuga kandi ko abahanzi benshi yandikira, ari aba bamwishakiye. Ati “Baranshaka nkajya kubona nkabona umuntu aranyandikiye ngo ndashaka indirimbo, nkamubaza uko iteye, nkacisha amaso mu bihangano bye kugira ngo menye ikimubereye, tukavugana amafaranga nkayimukorera.”

Abajijwe ibiciro by’amafaranga yaca umuhanzi ku ndirimbo imwe, Danny Vumbi, yavuze ko atari igiciro kimwe ku bahanzi bose, icakora ko hari ayo adashobora kujya munsi.

Ati “Ubu ndimo kwandikira abantu hagati ya miliyoni imwe na miliyoni ebyiri ku bahanzi basanzwe, naho ibigo bya Leta ni hagati ya miliyoni ebyiri na miliyoni eshanu.”

Danny Vumbi amaze imyaka irenga 15 mu muziki, aho yatangiriye mu itsinda The Brothers ryamamaye mu ndirimbo zinyuranye nka ‘Byabihe’ yakunzwe na benshi, akaba yaraje gukomeza kuririmba ku giti cye nyuma y’uko abagize iri tsinda batandukanye.

Zimwe mu ndirimbo Dnny Vumbi yandikiye abandi bahanzi, zirimo iyo aheruka kwandikira Umuhanzi Bwiza yitwa ‘Ogera’ yamamaye cyane mu bihe byo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame waje no kwegukana intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu, ndetse ‘Nywe PK24’ ya Nel Ngabo na yo igaruka ku bigwig by’Umukuru w’u Rwanda.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

MTN Rwanda and East African Promoters Announce the Return of Iwacu Muzika Festival 2024

Next Post

Undi Muyobozi w’Igihugu gikomeye yinjiye mu rugendo rwo kunga u Burusiya na Ukraine

Related Posts

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Hatangajwe ahantu hazaturikirizwa ibishashi mu rwego rwo kwishimira umwaka mushya wa 2026 ubura amasaha ngo ugere, harimo aho abantu bateganyirijwe...

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

by radiotv10
30/12/2025
0

Ishami rya Polisi ya Nigeria Rishinzwe umutekano wo mu muhanda (FRSC) ryemeje ko umuvuduko ukabije no kunyuranaho ari byo byateje...

IZIHERUKA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery
IMIBEREHO MYIZA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi Muyobozi w’Igihugu gikomeye yinjiye mu rugendo rwo kunga u Burusiya na Ukraine

Undi Muyobozi w’Igihugu gikomeye yinjiye mu rugendo rwo kunga u Burusiya na Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.