Monday, November 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umuhanzikazi Nyarwanda uba hanze yashyize hanze indirimbo yuzuye amashimwe

radiotv10by radiotv10
20/10/2025
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzikazi Nyarwanda uba hanze yashyize hanze indirimbo yuzuye amashimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Antoinette Rehema w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ukorera ibikorwa bye bya muzika muri Canada, yashyize hanze indirimbo ye nshya yise ‘Ibindi Bitwenge’, avuga ko ari iy’amashimwe.

U butumwa buri muri iyi ndirimbo, ni ijambo ry’Imana riboneka mu butumwa bwiza bwanditswe na Yohana 9:1-41.

Mu gusobanura ubu butumwa, yagize ati “Iyo Imana igize icyo igukorera, rimwe na rimwe abantu batangira kwibaza bati: ‘Ese uyu ni we cyangwa si we?’”

Yifashishije inkuru ya Barutomayo wari ufite ubumuga bwo kutabona. Ati “Igihe Yesu yahumuraga Barutomayo abafarisayo ntabwo bahise babyumva. Abajyaga bamubona asabiriza ntibiyumvishaga kongera kumubona ahimbaza Imana mu rusengero ku bw’Imirimo Ikomeye Imana yamukoreye.”

Akomeza agira ati “Iyo Imana igize icyo igukorera rimwe na rimwe abantu batangira kwibaza bati ‘ese uyu ni we? Cyangwa si we?”

Arongera ati “Ibaze nko guhura n’umubyeyi waherukaga kubona yarabuze urubyaro, mukongera guhura atwawe mu modoka n’umwana w’umusore, wamubaza uti ese uyu mwana ni uwa mukuru wawe? (kuko uziko nta rubyaro afite) akagusubiza ati oya uyu mwana ubona ni umusore Imana yampereye ubuntu bwayo.”

Antoinette Rehema ni umuhanzikazi usanzwe akorera ibikorwa bye bya muzika muri Canada, yanakozwe ibikorwa binyuranye by’ubugiraneza ndetse n’iby’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Tariki 21 Ukwakira 2017 ni bwo yakoreye igitaramo mu mujyi wa Kampala muri Uganda aho yari yatumiye Gaby Irene Kamanzi na Pastor Wilson Bugembe.

Antoinette Rehema yitabiriye igitaramo cyiswe ‘Amashimwe Live Concert’ cyabereye mu Gihugu cya Canada muri Ottawa kuwa 23 Ugushyingo 2024. Ni igitaramo cyateguwe na Alpha Rwirangira.

Indirimbo’ ‘Ibindi bitwenge’ ije isanga izindi zaririmbwe n’uyu muhanzi zirimo Ubibuke, Agaherezo, Beautiful Gates, Impozamarira, Simaragido, ibinezaneza ndetse na Kuboroga.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

NAME CHANGE REQUEST

Next Post

Things to leave behind with the end of the week

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

by radiotv10
10/11/2025
0

Nyuma yuko hagiye hanze amashusho y’umuhanzi Yampano, akomeje kuzamura impaka, amakuru aravuga ko kujya hanze kwayo bishobora kuba bifitwemo ukuboko...

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

Abasitari bazwi mu bya ‘Prank’ batanze umucyo ku bashobora kubihuza no kwambikana impeta bakoze

by radiotv10
10/11/2025
0

Umukinnyikazi wa Filimi Micky n’umukunzi we AG Promoter, basanzwe bazwiho imikino imenyerewe nka ‘Prank’, bamaze impungenge abashobora gukeka ko kwambikana...

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

Umuhanzi Kitoko akigera mu Rwanda agarutse guturamo nyuma y’imyaka 12 ahaye isezerano abakunzi be

by radiotv10
09/11/2025
0

Umuhanzi Kitoko Bibarwa wagarutse gutura mu Rwanda nyuma y’imyaka 12 atarutuyemo, yasezeranyije abakunze ibihangano bye, ko azakomeza umuziki kuko adateze...

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

by radiotv10
08/11/2025
0

As 2026 approaches, it’s time for every young woman in Kigali to think about growth, not just in career, but...

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
08/11/2025
0

Looking stylish doesn’t have to mean spending a lot of money. In Kigali, fashion is becoming more creative and affordable...

IZIHERUKA

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?
SIPORO

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Things to leave behind with the end of the week

Things to leave behind with the end of the week

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.