Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuherwe wafashije Trump mu kwiyamamaza yahise amugororera amuha inshingano

radiotv10by radiotv10
13/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuherwe wafashije Trump mu kwiyamamaza yahise amugororera amuha inshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump uherutse gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, yahaye inshingano abarimo umuherwe Elon Musk zo kuyobora Urwego rushya rwa Doge (Department of Government Efficiency).

Izi nshingano zahawe Elon Musk na Vivek Ramaswamy kuri uyu wa Kaabiri tariki 12 Ugushyingo 2024, aho uru rwego bahawe ruzatangira muri Mutarama umwaka utaha, ubwo Donald Trump azaba atangiye inshingano zo kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America.

Mu itangazo rya Trump, yavuze ko “gukorana n’aba Banyamerika babiri beza bizatuma ubuyobozi bwanjye butaba Guverinoma yishyira hejuru, kugabanya amategeko akabije, guca isesagura ry’umutungo w’Igihugu ndetse no kuvugurura inzego za Leta.”

Uru rwego ruzayoborwa n’aba bagabo, ruzajya rugira inama runahe imirongo Guverinoma ariko rukaba ari urwego rutari urwa Leta.

Trump washyizeho uru rwego, yari yatangaje ko hakenewe Komisiyo ikwiye gutanga inama ku migambi mishya yo kuzamura ubukungu, aho yari yabitangaje muri Nzeri uyu mwaka. Icyo gihe yari yavuze ko yumvikanye n’umuherwe Elon Musk ko azayobora iyi Komisiyo, igihe yaba agarutse muri White House.

Ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza, Trump yari yavuze ko naramuka atowe, Guverinoma ye igomba kuzagira Komisiyo izafasha Guverinoma kudasesagura, aho yari yavuze ko “iyi komisiyo izategura umushinga wo kurandura burundu uburiganya ndetse n’ibyishyurwa bitanyuze mu mucyo mu gihe cy’amezi atandatu. Ibi kandi bizatuma hazigamwa Tiliyoni z’amadolari.”

Umuherwe Elon Musk uri mu bahawe inshingano zo kuyobora uru rwego, ni umwe mu bafashije Donald Trump mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Kimwe na Ramaswamy, wari wabanje guhangana na Trump mu matora y’ibanze y’uzahagararira Aba-Republican mbere yuko atangaza ko amushyigikiye, na we yaje kumufasha mu kwiyamamaza, ndetse akaba yaragaragaje umushinga wazafasha Guverinoma gushyiraho umurongo wo kugabanya amafaranga Leta itakaza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Ubutumwa bwahawe Abapolisi barimo CP n’uwabaye Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda basezerewe

Next Post

Umugabo waguwe gitumo akora ibiyobyabwenge yanze kugorana yemera icyaha avuga icyabimuteraga

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo waguwe gitumo akora ibiyobyabwenge yanze kugorana yemera icyaha avuga icyabimuteraga

Umugabo waguwe gitumo akora ibiyobyabwenge yanze kugorana yemera icyaha avuga icyabimuteraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.