Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuherwe wafashije Trump mu kwiyamamaza yahise amugororera amuha inshingano

radiotv10by radiotv10
13/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuherwe wafashije Trump mu kwiyamamaza yahise amugororera amuha inshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump uherutse gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, yahaye inshingano abarimo umuherwe Elon Musk zo kuyobora Urwego rushya rwa Doge (Department of Government Efficiency).

Izi nshingano zahawe Elon Musk na Vivek Ramaswamy kuri uyu wa Kaabiri tariki 12 Ugushyingo 2024, aho uru rwego bahawe ruzatangira muri Mutarama umwaka utaha, ubwo Donald Trump azaba atangiye inshingano zo kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America.

Mu itangazo rya Trump, yavuze ko “gukorana n’aba Banyamerika babiri beza bizatuma ubuyobozi bwanjye butaba Guverinoma yishyira hejuru, kugabanya amategeko akabije, guca isesagura ry’umutungo w’Igihugu ndetse no kuvugurura inzego za Leta.”

Uru rwego ruzayoborwa n’aba bagabo, ruzajya rugira inama runahe imirongo Guverinoma ariko rukaba ari urwego rutari urwa Leta.

Trump washyizeho uru rwego, yari yatangaje ko hakenewe Komisiyo ikwiye gutanga inama ku migambi mishya yo kuzamura ubukungu, aho yari yabitangaje muri Nzeri uyu mwaka. Icyo gihe yari yavuze ko yumvikanye n’umuherwe Elon Musk ko azayobora iyi Komisiyo, igihe yaba agarutse muri White House.

Ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza, Trump yari yavuze ko naramuka atowe, Guverinoma ye igomba kuzagira Komisiyo izafasha Guverinoma kudasesagura, aho yari yavuze ko “iyi komisiyo izategura umushinga wo kurandura burundu uburiganya ndetse n’ibyishyurwa bitanyuze mu mucyo mu gihe cy’amezi atandatu. Ibi kandi bizatuma hazigamwa Tiliyoni z’amadolari.”

Umuherwe Elon Musk uri mu bahawe inshingano zo kuyobora uru rwego, ni umwe mu bafashije Donald Trump mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Kimwe na Ramaswamy, wari wabanje guhangana na Trump mu matora y’ibanze y’uzahagararira Aba-Republican mbere yuko atangaza ko amushyigikiye, na we yaje kumufasha mu kwiyamamaza, ndetse akaba yaragaragaje umushinga wazafasha Guverinoma gushyiraho umurongo wo kugabanya amafaranga Leta itakaza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 7 =

Previous Post

Ubutumwa bwahawe Abapolisi barimo CP n’uwabaye Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda basezerewe

Next Post

Umugabo waguwe gitumo akora ibiyobyabwenge yanze kugorana yemera icyaha avuga icyabimuteraga

Related Posts

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodriguez yatangaje ko yiteguye gukorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerikca ku ngingo z’ingenzi zishingiye...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

After the Burundian Minister of Foreign Affairs posted a statement criticizing the Government of Qatar, claiming it used its power...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo waguwe gitumo akora ibiyobyabwenge yanze kugorana yemera icyaha avuga icyabimuteraga

Umugabo waguwe gitumo akora ibiyobyabwenge yanze kugorana yemera icyaha avuga icyabimuteraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.