Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuherwe wafashije Trump mu kwiyamamaza yahise amugororera amuha inshingano

radiotv10by radiotv10
13/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuherwe wafashije Trump mu kwiyamamaza yahise amugororera amuha inshingano
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump uherutse gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, yahaye inshingano abarimo umuherwe Elon Musk zo kuyobora Urwego rushya rwa Doge (Department of Government Efficiency).

Izi nshingano zahawe Elon Musk na Vivek Ramaswamy kuri uyu wa Kaabiri tariki 12 Ugushyingo 2024, aho uru rwego bahawe ruzatangira muri Mutarama umwaka utaha, ubwo Donald Trump azaba atangiye inshingano zo kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America.

Mu itangazo rya Trump, yavuze ko “gukorana n’aba Banyamerika babiri beza bizatuma ubuyobozi bwanjye butaba Guverinoma yishyira hejuru, kugabanya amategeko akabije, guca isesagura ry’umutungo w’Igihugu ndetse no kuvugurura inzego za Leta.”

Uru rwego ruzayoborwa n’aba bagabo, ruzajya rugira inama runahe imirongo Guverinoma ariko rukaba ari urwego rutari urwa Leta.

Trump washyizeho uru rwego, yari yatangaje ko hakenewe Komisiyo ikwiye gutanga inama ku migambi mishya yo kuzamura ubukungu, aho yari yabitangaje muri Nzeri uyu mwaka. Icyo gihe yari yavuze ko yumvikanye n’umuherwe Elon Musk ko azayobora iyi Komisiyo, igihe yaba agarutse muri White House.

Ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza, Trump yari yavuze ko naramuka atowe, Guverinoma ye igomba kuzagira Komisiyo izafasha Guverinoma kudasesagura, aho yari yavuze ko “iyi komisiyo izategura umushinga wo kurandura burundu uburiganya ndetse n’ibyishyurwa bitanyuze mu mucyo mu gihe cy’amezi atandatu. Ibi kandi bizatuma hazigamwa Tiliyoni z’amadolari.”

Umuherwe Elon Musk uri mu bahawe inshingano zo kuyobora uru rwego, ni umwe mu bafashije Donald Trump mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Kimwe na Ramaswamy, wari wabanje guhangana na Trump mu matora y’ibanze y’uzahagararira Aba-Republican mbere yuko atangaza ko amushyigikiye, na we yaje kumufasha mu kwiyamamaza, ndetse akaba yaragaragaje umushinga wazafasha Guverinoma gushyiraho umurongo wo kugabanya amafaranga Leta itakaza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 15 =

Previous Post

Ubutumwa bwahawe Abapolisi barimo CP n’uwabaye Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda basezerewe

Next Post

Umugabo waguwe gitumo akora ibiyobyabwenge yanze kugorana yemera icyaha avuga icyabimuteraga

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo waguwe gitumo akora ibiyobyabwenge yanze kugorana yemera icyaha avuga icyabimuteraga

Umugabo waguwe gitumo akora ibiyobyabwenge yanze kugorana yemera icyaha avuga icyabimuteraga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.