Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuhesha w’inkiko aravugwaho gukoresha inkeragutabara zigafata bugwate abo bafitanye ikibazo

radiotv10by radiotv10
03/11/2022
in MU RWANDA
0
Umuhesha w’inkiko aravugwaho gukoresha inkeragutabara zigafata bugwate abo bafitanye ikibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Rukoko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, baravuga ko barambiwe inkoni bakubitwa n’umuhesha w’Inkiko w’Umwuga ushaka kubanyaga umutungo wabo, none akaba anakoresha Inkeragutabara zikabafunga.

Aba baturage bagize imiryango 11, babwiye RADIOTV10 ko Umuhesha w’Inkiko w’Umwuga witwa Me Nshimiyimana Thacien abarembeje kubera ikibazo bafitanye cy’isambu baguze ariko ngo ikaza kugurwa muri cyamunara n’uyu munyamategeko.

Umunyamakuru wamenye amakuru ko aba baturage bari bafatiwe kuri iyi sambu, aho Inkeragutabara zari zababujije kwinyagambura, yagiye aho bari bafatiwe, aba bashinzwe umutekano bakimubona bahita bakizwa n’amaguru.

Umwe mu baturage wari wafatiwe aha, yagize ati “Uko ngeze muri ubu butaka ndakubitwa. Mpohoterwa na Nshimiyimana Thacien, yashyizemo abakozi, iyo tubasanzemo batwirukaho n’amabuye n’imipanga, kandi ari isambu yacu twaguze amafaranga.”

Bavuga ko umuturage wabagurishije ubu butaka, yari afite ibyangombwa, ariko bagatungurwa n’uburyo bwaguzwe muri cyamunara n’uwo muhesha w’inkiko.

Icyakora biyambaje inzego z’ubutabera, ngo zisanga iyo cyamunara itarigeze ibaho ku buryo ubu bakiri mu manza kandi ko bababujije kugira icyo bakorera muri ubu butaka, ariko uwo munyamategeko akaba atabikozwa.

Undi muturage agira ati “Nkubu uduhaye inama, we aragaruka akavuga ati ‘ngiye guhamagara Inkeragutabara zanjye’. Ugasanga zose zitwuzuyeho.”

Bavuga ko uretse kuba bakubitwa, uyu Muhesha w’Inkiko anabahoza ku nkeke abakangisha ko abarusha ubushobozi.

Uyu muturage akomeza agira ati “Yigeze kumbwira ngo ‘wowe imbere yanjye uri nyakatsi’, ati ‘ku bw’amafaranga mfite, nakwicisha’.”

Uyu munyamategeko Me Nshimiyimana Thacien we yemeza ko ubu butaka ari ubwe kandi ko adashobora kwitabaza ubutabera kuko we ntakibazo afite.

Ati “Burya umuntu agana ubutabera kuko afite ikibazo runaka. Njye ntabwo naguze mu cyamunara, naguze n’uwaguze mu cyamunara, ankorera mutation, uwo muntu ntakibazo mfitanye na we.”

Icyakora avuga ko yiyambaje RIB ku kibazo cyo kuba aba baturage bamusagarira bakaza kumurandurira imyaka aba yahinze muri uyu murima.

RADIOTV10 yagerageje kuvugisha Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu ndetse n’Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, ariko bombi ntibabasha kuboneka ku murongo wa telefone.

 

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

IFOTO: Mayor wa Ngoma yagaragaye n’abaturage bakubura ku muhanda

Next Post

Intambara utoranya iyo urwana n’iyo utarwana- Gen.Kabarebe avuga ku bushotoranyi bw’Abanyekongo

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Intambara utoranya iyo urwana n’iyo utarwana- Gen.Kabarebe avuga ku bushotoranyi bw’Abanyekongo

Intambara utoranya iyo urwana n’iyo utarwana- Gen.Kabarebe avuga ku bushotoranyi bw’Abanyekongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.