Wednesday, August 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuhesha w’inkiko aravugwaho gukoresha inkeragutabara zigafata bugwate abo bafitanye ikibazo

radiotv10by radiotv10
03/11/2022
in MU RWANDA
0
Umuhesha w’inkiko aravugwaho gukoresha inkeragutabara zigafata bugwate abo bafitanye ikibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Rukoko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, baravuga ko barambiwe inkoni bakubitwa n’umuhesha w’Inkiko w’Umwuga ushaka kubanyaga umutungo wabo, none akaba anakoresha Inkeragutabara zikabafunga.

Aba baturage bagize imiryango 11, babwiye RADIOTV10 ko Umuhesha w’Inkiko w’Umwuga witwa Me Nshimiyimana Thacien abarembeje kubera ikibazo bafitanye cy’isambu baguze ariko ngo ikaza kugurwa muri cyamunara n’uyu munyamategeko.

Umunyamakuru wamenye amakuru ko aba baturage bari bafatiwe kuri iyi sambu, aho Inkeragutabara zari zababujije kwinyagambura, yagiye aho bari bafatiwe, aba bashinzwe umutekano bakimubona bahita bakizwa n’amaguru.

Umwe mu baturage wari wafatiwe aha, yagize ati “Uko ngeze muri ubu butaka ndakubitwa. Mpohoterwa na Nshimiyimana Thacien, yashyizemo abakozi, iyo tubasanzemo batwirukaho n’amabuye n’imipanga, kandi ari isambu yacu twaguze amafaranga.”

Bavuga ko umuturage wabagurishije ubu butaka, yari afite ibyangombwa, ariko bagatungurwa n’uburyo bwaguzwe muri cyamunara n’uwo muhesha w’inkiko.

Icyakora biyambaje inzego z’ubutabera, ngo zisanga iyo cyamunara itarigeze ibaho ku buryo ubu bakiri mu manza kandi ko bababujije kugira icyo bakorera muri ubu butaka, ariko uwo munyamategeko akaba atabikozwa.

Undi muturage agira ati “Nkubu uduhaye inama, we aragaruka akavuga ati ‘ngiye guhamagara Inkeragutabara zanjye’. Ugasanga zose zitwuzuyeho.”

Bavuga ko uretse kuba bakubitwa, uyu Muhesha w’Inkiko anabahoza ku nkeke abakangisha ko abarusha ubushobozi.

Uyu muturage akomeza agira ati “Yigeze kumbwira ngo ‘wowe imbere yanjye uri nyakatsi’, ati ‘ku bw’amafaranga mfite, nakwicisha’.”

Uyu munyamategeko Me Nshimiyimana Thacien we yemeza ko ubu butaka ari ubwe kandi ko adashobora kwitabaza ubutabera kuko we ntakibazo afite.

Ati “Burya umuntu agana ubutabera kuko afite ikibazo runaka. Njye ntabwo naguze mu cyamunara, naguze n’uwaguze mu cyamunara, ankorera mutation, uwo muntu ntakibazo mfitanye na we.”

Icyakora avuga ko yiyambaje RIB ku kibazo cyo kuba aba baturage bamusagarira bakaza kumurandurira imyaka aba yahinze muri uyu murima.

RADIOTV10 yagerageje kuvugisha Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu ndetse n’Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, ariko bombi ntibabasha kuboneka ku murongo wa telefone.

 

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + five =

Previous Post

IFOTO: Mayor wa Ngoma yagaragaye n’abaturage bakubura ku muhanda

Next Post

Intambara utoranya iyo urwana n’iyo utarwana- Gen.Kabarebe avuga ku bushotoranyi bw’Abanyekongo

Related Posts

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

by radiotv10
06/08/2025
0

Itsinda ry’intumwa z’Ingabo z’Igihugu cya Sri Lanka ziri mu ruzinduko mu Rwanda, ryakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh...

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

by radiotv10
06/08/2025
0

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko Ibihugu 32 birimo n’u Rwanda; bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bikwiye koroherezwa...

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

by radiotv10
06/08/2025
0

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Nyakabwende mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusisi, arashinja umuyobozi w’iri shuri ubuhemu...

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

by radiotv10
06/08/2025
0

The United Nations has reported that 32 countries, including Rwanda, possess wealth but lack the capacity to fully exploit it,...

Why is therapy considered a weakness among Africans?

Why is therapy considered a weakness among Africans?

by radiotv10
06/08/2025
0

In many African societies, seeking therapy is often viewed not as a step toward healing, but as a sign of...

IZIHERUKA

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka
MU RWANDA

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

by radiotv10
06/08/2025
0

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

06/08/2025
Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

06/08/2025
Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

06/08/2025
U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

U Buyapani bwibutse kimwe mu bikorwa by’ubugome byabayeho mu mateka y’Isi

06/08/2025
Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

06/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Intambara utoranya iyo urwana n’iyo utarwana- Gen.Kabarebe avuga ku bushotoranyi bw’Abanyekongo

Intambara utoranya iyo urwana n’iyo utarwana- Gen.Kabarebe avuga ku bushotoranyi bw’Abanyekongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.