Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuhesha w’inkiko aravugwaho gukoresha inkeragutabara zigafata bugwate abo bafitanye ikibazo

radiotv10by radiotv10
03/11/2022
in MU RWANDA
0
Umuhesha w’inkiko aravugwaho gukoresha inkeragutabara zigafata bugwate abo bafitanye ikibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Rukoko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, baravuga ko barambiwe inkoni bakubitwa n’umuhesha w’Inkiko w’Umwuga ushaka kubanyaga umutungo wabo, none akaba anakoresha Inkeragutabara zikabafunga.

Aba baturage bagize imiryango 11, babwiye RADIOTV10 ko Umuhesha w’Inkiko w’Umwuga witwa Me Nshimiyimana Thacien abarembeje kubera ikibazo bafitanye cy’isambu baguze ariko ngo ikaza kugurwa muri cyamunara n’uyu munyamategeko.

Umunyamakuru wamenye amakuru ko aba baturage bari bafatiwe kuri iyi sambu, aho Inkeragutabara zari zababujije kwinyagambura, yagiye aho bari bafatiwe, aba bashinzwe umutekano bakimubona bahita bakizwa n’amaguru.

Umwe mu baturage wari wafatiwe aha, yagize ati “Uko ngeze muri ubu butaka ndakubitwa. Mpohoterwa na Nshimiyimana Thacien, yashyizemo abakozi, iyo tubasanzemo batwirukaho n’amabuye n’imipanga, kandi ari isambu yacu twaguze amafaranga.”

Bavuga ko umuturage wabagurishije ubu butaka, yari afite ibyangombwa, ariko bagatungurwa n’uburyo bwaguzwe muri cyamunara n’uwo muhesha w’inkiko.

Icyakora biyambaje inzego z’ubutabera, ngo zisanga iyo cyamunara itarigeze ibaho ku buryo ubu bakiri mu manza kandi ko bababujije kugira icyo bakorera muri ubu butaka, ariko uwo munyamategeko akaba atabikozwa.

Undi muturage agira ati “Nkubu uduhaye inama, we aragaruka akavuga ati ‘ngiye guhamagara Inkeragutabara zanjye’. Ugasanga zose zitwuzuyeho.”

Bavuga ko uretse kuba bakubitwa, uyu Muhesha w’Inkiko anabahoza ku nkeke abakangisha ko abarusha ubushobozi.

Uyu muturage akomeza agira ati “Yigeze kumbwira ngo ‘wowe imbere yanjye uri nyakatsi’, ati ‘ku bw’amafaranga mfite, nakwicisha’.”

Uyu munyamategeko Me Nshimiyimana Thacien we yemeza ko ubu butaka ari ubwe kandi ko adashobora kwitabaza ubutabera kuko we ntakibazo afite.

Ati “Burya umuntu agana ubutabera kuko afite ikibazo runaka. Njye ntabwo naguze mu cyamunara, naguze n’uwaguze mu cyamunara, ankorera mutation, uwo muntu ntakibazo mfitanye na we.”

Icyakora avuga ko yiyambaje RIB ku kibazo cyo kuba aba baturage bamusagarira bakaza kumurandurira imyaka aba yahinze muri uyu murima.

RADIOTV10 yagerageje kuvugisha Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu ndetse n’Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, ariko bombi ntibabasha kuboneka ku murongo wa telefone.

 

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − thirteen =

Previous Post

IFOTO: Mayor wa Ngoma yagaragaye n’abaturage bakubura ku muhanda

Next Post

Intambara utoranya iyo urwana n’iyo utarwana- Gen.Kabarebe avuga ku bushotoranyi bw’Abanyekongo

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Intambara utoranya iyo urwana n’iyo utarwana- Gen.Kabarebe avuga ku bushotoranyi bw’Abanyekongo

Intambara utoranya iyo urwana n’iyo utarwana- Gen.Kabarebe avuga ku bushotoranyi bw’Abanyekongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.