Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umujenerali ufite ibigwi muri Uganda yitabye Imana

radiotv10by radiotv10
25/08/2022
in MU RWANDA
0
Umujenerali ufite ibigwi muri Uganda yitabye Imana
Share on FacebookShare on Twitter

General Elly Tumwine ufite ibigwi mu Gisirikare cya Uganda akaba yaranabaye Minisitiri w’Umutekano, yapfiriye i Nairobi muri Kenya aho yari arwariye.

Inkuru y’urupfu rwa Gen Elly Tumwine, yagarutsweho n’Ibitangazamakuru binyuranye byo muri Uganda no muri Kenya.

Amakuru avuga ko General Elly Tumwine yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 25 Kanama 2022 aho yari amaze ibyumweru bibiri arwariye mu bitaro by’I Nairobi muri Kenya bizwi nka Aga Khan.

Umwe mu bo mu muryango wa nyakwigendera, yavuze ko yari amaze ibyumweru bibiri amerewe.

Yagize ati “Uburyo yari arembye byakomeje kuba bibi cyane kugeza muri iki gitondo ubwo yitabaga Imana.”

General Elly Tumwine yafatiwe n’uburwayi ubwo yari mu birori by’ubukwe byabaye mu byumweru bitatu bishize aho yahise ajyanwa mu Bitaro bya Nakasero, gusa kuva icyo gihe, yakomeje kuremba.

Abo mu muryango w’uyu musirikare w’umunyabigwi muri Uganda, bavuga ko yapfuye azize cancer y’ibihaha.

Nyakwigendera yabaye Minisitiri w’Umutekano kuva muri Werurwe 2018 kugeza umwaka ushize wa 2022.

Uretse kuba Gen Tumwine yarabaye Minisitiri w’Ingabo muri Uganda, ni n’umwe mu basirikare bakomeye bagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo kuboza Uganda yari iyobowe na Idi Amin.

Yagiye mu Gisirikare cy’ishyaka rya NRM rya Museveni, mu 1978 aho yafatanyije n’abandi mu rugamba rwo guhirika ubutegetsi bw’igitugu bwa Idi Amin.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + two =

Previous Post

Cyera kabaye ibicuruzwa bituruka muri Uganda byatangiye kongera kuboneka mu Rwanda

Next Post

“Twari tubakumbuye”: Abanyaruhango bagaragarije Perezida Kagame akabari ku mutima

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
“Twari tubakumbuye”: Abanyaruhango bagaragarije Perezida Kagame akabari ku mutima

"Twari tubakumbuye": Abanyaruhango bagaragarije Perezida Kagame akabari ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.