Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukambwe washukishije ibiryo ufite ubumuga bwo mu mutwe akamusambanya ku manywa y’ihangu yakatiwe

radiotv10by radiotv10
21/07/2022
in MU RWANDA
0
Umukambwe washukishije ibiryo ufite ubumuga bwo mu mutwe akamusambanya ku manywa y’ihangu yakatiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza w’imyaka 72 y’amavuko wo mu Kagari ka Nyarubuye mu Murenge wa Rwaza mu Karere ka Musanze, wari ukurikiranyweho gusambanya ku gahato umukobwa ufite ubumuga bwo mu mutwe saa cyenda z’amanywa, yakatiwe gufungwa imyaka 16 n’ihazabu ya Miliyoni 2 Frw.

Iki cyaha cyahamijwe uyu musaza, cyabaye tariki 10 Gashyantare uyu mwaka wa 2022 ahagana saa cyenda z’amanywa aho cyabereye mu Mudugudu wa Buhama, Akagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Rwaza mu Karere ka Musanze.

Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze rwaburanishije uyu mukambwe, rwamusomeye icyemezo ku wa Mbere tariki 18 Nyakanga 2022.

Umucamanza wagendeye ku ngingo ya 134 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, yemeje ko akurikije ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha ndetse n’abatangabuhamya, byemeza ko uyu musaza ahamwa n’iki cyaha, ategeka ko uregwa afungwa imyaka 16 agatanga n’ihazabu ya miliyoni 2 Frw.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buvuga ko uyu musaza yasambanyije ku gahato uwo mukobwa w’imyaka 34 y’amavuko, abanje kumushuka ngo aze mu nzu iwe amuhe ibiryo, amugejejemo aramukingirana ubundi amusambanya ku gahato.

Byaje gutahurwa na musaza w’uyu mukobwa ufite ubumuga bwo mu mutwe wamubonye yinjira mu nzu y’uwo musaza ariko agategereza ko asohoka agaheba ari bwo yagiraga amakenga agasanga uwo musaza ari kumusambanya ku gahato.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − eight =

Previous Post

Ingabo za Ukraine zarashe urufaya rw’amabombe ku muyobozi w’inkotamutima ya Putin ararusimbuka

Next Post

Rwanda&DRC: Komisiyo ihuriweho yashinzwe kureba uko ibintu byasubira mu buryo yateranye

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda&DRC: Komisiyo ihuriweho yashinzwe kureba uko ibintu byasubira mu buryo yateranye

Rwanda&DRC: Komisiyo ihuriweho yashinzwe kureba uko ibintu byasubira mu buryo yateranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.