Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umukecuru rukukuri yakoze ibidasanzwe bitapfa no gushoborwa n’inkumi n’abasore

radiotv10by radiotv10
08/08/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Umukecuru rukukuri yakoze ibidasanzwe bitapfa no gushoborwa n’inkumi n’abasore
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru w’imyaka 92 n’iminsi 194 wo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yamaze kwandikwa mu gitabo cy’abanyaduhigo nyuma yo kwiruka ibilometero 42,1 bya Marato, agahita aba umugore wa mbere ukuze uciye aka gahigo.

Ikigo cy’uduhigo ku Isi kizwi nka Guiness World Records, cyatangaje ko ubu Honolulu Marathon ari we mugore wa mbere ukuze wirukanse ibi bilometero.

Tariki 11 Ukuboza umwaka ushize wa 2022, na bwo yari yaciye agahigo, kuko yirukanse 1/2 cya marathon, ni ukuvuga ibilometero 26,2, ubwo yakoreshaga amasaha 10 n’iminota 48’.

Uyu mukecuru wo mu gace ka Koloa muri Leta ya Hawaii muri Leta Zunze Ubumwe za America, akora siporo yo kwiruka mu minsi itandatu mu cyumweru kimwe, aho agenda ibilometero 36 mu cyumweru.

Amaze imyaka irenga 40 akora iyi siporo kuko yayitangiye afite imyaka 46, ubwo yajyaga mu kiruhuko cy’izabukuru dore ko yari umuganga.

Yagize ati “Nyuma y’uko inshuti yanjye C. Stephen Foster, angiriye inama yo kujya ngenda ibilometero bibiri ku munsi, natangiye kujya niruka kuva mu 1977, kuva ubwo natangiye kubikunda.”

Irushanwa rya mbere yitabiriye, ni iryitwa Boston Marathon, yitabiriye mu 1982 ariko yaciriye agahigo mu irushwa rya Honolulu Marathon.

Yagize ati “Honolulu Marathon, ni byo birori bya mbere nkunda kuko batajya bagira uwo basubiza inyuma, banemerera abantu birukanka gahoro gahoro.”

Aka gahigo yaciye, avuga ko yitoje umwaka wose, ariko mu byumweru 18 mbere y’uko haba iyi marathon, ni bwo yatangiye imyitozo ya nyayo.

Yavuze ko kurangiza ibi bilometero 42, ari kimwe mu byo yifuzaje kuva cyera, ko yazageraho mu gihe akiri mu buzima.

Ati “Hari amatsinda y’abantu barimo bamfata amashusho banankomera amashyi kugeza ubwo nageraga ku murongo wo gusorezaho nakoresheje amasaha 11.”

Yaciye aka gahigo

Ubu yamaze kujya mu banyaduhigo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Bidasubirwaho hamenyekanye amakuru ashimangira ayavugwaga ku mutoza w’Amavubi

Next Post

Rwanda: Abarenga 70 bajyanywe kwa muganga igitaraganya ku mpamvu ikekwa

Related Posts

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda: Abarenga 70 bajyanywe kwa muganga igitaraganya ku mpamvu ikekwa

Rwanda: Abarenga 70 bajyanywe kwa muganga igitaraganya ku mpamvu ikekwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.