Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umukecuru rukukuri yakoze ibidasanzwe bitapfa no gushoborwa n’inkumi n’abasore

radiotv10by radiotv10
08/08/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Umukecuru rukukuri yakoze ibidasanzwe bitapfa no gushoborwa n’inkumi n’abasore
Share on FacebookShare on Twitter

Umukecuru w’imyaka 92 n’iminsi 194 wo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yamaze kwandikwa mu gitabo cy’abanyaduhigo nyuma yo kwiruka ibilometero 42,1 bya Marato, agahita aba umugore wa mbere ukuze uciye aka gahigo.

Ikigo cy’uduhigo ku Isi kizwi nka Guiness World Records, cyatangaje ko ubu Honolulu Marathon ari we mugore wa mbere ukuze wirukanse ibi bilometero.

Tariki 11 Ukuboza umwaka ushize wa 2022, na bwo yari yaciye agahigo, kuko yirukanse 1/2 cya marathon, ni ukuvuga ibilometero 26,2, ubwo yakoreshaga amasaha 10 n’iminota 48’.

Uyu mukecuru wo mu gace ka Koloa muri Leta ya Hawaii muri Leta Zunze Ubumwe za America, akora siporo yo kwiruka mu minsi itandatu mu cyumweru kimwe, aho agenda ibilometero 36 mu cyumweru.

Amaze imyaka irenga 40 akora iyi siporo kuko yayitangiye afite imyaka 46, ubwo yajyaga mu kiruhuko cy’izabukuru dore ko yari umuganga.

Yagize ati “Nyuma y’uko inshuti yanjye C. Stephen Foster, angiriye inama yo kujya ngenda ibilometero bibiri ku munsi, natangiye kujya niruka kuva mu 1977, kuva ubwo natangiye kubikunda.”

Irushanwa rya mbere yitabiriye, ni iryitwa Boston Marathon, yitabiriye mu 1982 ariko yaciriye agahigo mu irushwa rya Honolulu Marathon.

Yagize ati “Honolulu Marathon, ni byo birori bya mbere nkunda kuko batajya bagira uwo basubiza inyuma, banemerera abantu birukanka gahoro gahoro.”

Aka gahigo yaciye, avuga ko yitoje umwaka wose, ariko mu byumweru 18 mbere y’uko haba iyi marathon, ni bwo yatangiye imyitozo ya nyayo.

Yavuze ko kurangiza ibi bilometero 42, ari kimwe mu byo yifuzaje kuva cyera, ko yazageraho mu gihe akiri mu buzima.

Ati “Hari amatsinda y’abantu barimo bamfata amashusho banankomera amashyi kugeza ubwo nageraga ku murongo wo gusorezaho nakoresheje amasaha 11.”

Yaciye aka gahigo

Ubu yamaze kujya mu banyaduhigo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Bidasubirwaho hamenyekanye amakuru ashimangira ayavugwaga ku mutoza w’Amavubi

Next Post

Rwanda: Abarenga 70 bajyanywe kwa muganga igitaraganya ku mpamvu ikekwa

Related Posts

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Nyuma y’ibitero by’indege z’intambara, uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwagabye mu gace ka Mikenke gatuwemo n’abaturage...

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

by radiotv10
13/11/2025
0

Ubwo urubyiruko rwinshi rwari ruteraniye kuri sitade El-Wak Sports Stadium i Accra  muri Ghana mu gikorwa cyo kureba abashaka kwinjira...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma yatangaje ibanga iri Huriro ryakoresheje kugira ngo ibice bigaruriye bibone ituze...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Eng.-Col.Willy Ngoma of M23 clarifies rumors, says FARDC did not retake even a single centimeter

by radiotv10
12/11/2025
0

The spokesperson of M23’s armed wing, Col. Willy Ngoma, revealed the strategy that the alliance used to stabilize areas it...

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burenganzira bwa Muntu, ryasabye ko hakorwa iperereza ku mpfu z’abantu amagana bivugwa ko bishwe n’inzego...

IZIHERUKA

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete
IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

16/11/2025
Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda: Abarenga 70 bajyanywe kwa muganga igitaraganya ku mpamvu ikekwa

Rwanda: Abarenga 70 bajyanywe kwa muganga igitaraganya ku mpamvu ikekwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.