Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi ukomeye w’ikipe iherutse gukina n’u Rwanda yazamuye urwenya nyuma y’amakuru yamenye

radiotv10by radiotv10
25/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi ukomeye w’ikipe iherutse gukina n’u Rwanda yazamuye urwenya nyuma y’amakuru yamenye
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi Victor Boniface ukinira ikipe yo mu Budage ndetse n’Ikipe y’Igihugu ya Nigeria, yateye urwenya asaba guhabwa icya cumi (10%) ku mafaranga yavuye mu nkweto ye yahaye umwana wo muri Nigeria akayigurisha n’Umukinnyi w’Amavubi wamwishyuye 100$.

Amashusho yashyizwe ku rubuga nkoranyambaga rwa Sports Radio Brila FM yo muri Nigeria, umwana avuga ko yagurishije inkweto ya Victor Boniface, akavuga ko ari umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, wamwishyuye 100$.

Uyu mwana avuga ko amafaranga yakuye muri izo nkweto yari yahawe n’uyu mukinnyi Victor Boniface ukinira ikipe ya Bayer Leverkusen yo mu Budage, yamufashije cyane, kuko yayaguzemo ibikoresho by’ishuri n’utundi dukoresho tw’abana, nk’igare.

Ni inkweto yari yamuhaye mu kwezi k’Ugushyingo 2024 ubwo ikipe y’u Rwanda yari yagiye gukina umukino wo gushaka itike ya CAN, warangiye u Rwanda runabonye intsinzi y’ibitego 2-1.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Igihe avuga ko izo nkweto uyu mwana yari yahawe na Victor Boniface zaguzwe na Tuyisenge Arsène icyo gihe wari wahamagawe mu ikipe y’Igihugu ariko ubu akaba atarahamagawe.

Atanga igitekerezo kuri aya mashusho y’uyu mwana, uyu mukinnyi Victor Boniface, yabaye nk’utebya, avuga ko kuri ayo madolari 100 yaguzwe izo nkweto ze, akwiye guhabwamo icya cumi.

Yagize ati “Ndabinginze munshakire uyu mwana kugira ngo ampe 10% kuri ayo mafaranga.”

U Rwanda kandi ruherutse guhura na Nigeria mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 warangiye Nigeria itsinze Amavubi ibitego 2-0.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

M23 yatanze umucyo ku bakeka ko kuba yemeye kurekura Walikare izanabikorera ahandi yabohoje

Next Post

Ibiteye amatsiko ku Mu-Dj uri mu bagezweho mu Rwanda uzwiho umwihariko ku Isi

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko ku Mu-Dj uri mu bagezweho mu Rwanda uzwiho umwihariko ku Isi

Ibiteye amatsiko ku Mu-Dj uri mu bagezweho mu Rwanda uzwiho umwihariko ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.