Saturday, October 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi ukomeye w’ikipe iherutse gukina n’u Rwanda yazamuye urwenya nyuma y’amakuru yamenye

radiotv10by radiotv10
25/03/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi ukomeye w’ikipe iherutse gukina n’u Rwanda yazamuye urwenya nyuma y’amakuru yamenye
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi Victor Boniface ukinira ikipe yo mu Budage ndetse n’Ikipe y’Igihugu ya Nigeria, yateye urwenya asaba guhabwa icya cumi (10%) ku mafaranga yavuye mu nkweto ye yahaye umwana wo muri Nigeria akayigurisha n’Umukinnyi w’Amavubi wamwishyuye 100$.

Amashusho yashyizwe ku rubuga nkoranyambaga rwa Sports Radio Brila FM yo muri Nigeria, umwana avuga ko yagurishije inkweto ya Victor Boniface, akavuga ko ari umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi, wamwishyuye 100$.

Uyu mwana avuga ko amafaranga yakuye muri izo nkweto yari yahawe n’uyu mukinnyi Victor Boniface ukinira ikipe ya Bayer Leverkusen yo mu Budage, yamufashije cyane, kuko yayaguzemo ibikoresho by’ishuri n’utundi dukoresho tw’abana, nk’igare.

Ni inkweto yari yamuhaye mu kwezi k’Ugushyingo 2024 ubwo ikipe y’u Rwanda yari yagiye gukina umukino wo gushaka itike ya CAN, warangiye u Rwanda runabonye intsinzi y’ibitego 2-1.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Igihe avuga ko izo nkweto uyu mwana yari yahawe na Victor Boniface zaguzwe na Tuyisenge Arsène icyo gihe wari wahamagawe mu ikipe y’Igihugu ariko ubu akaba atarahamagawe.

Atanga igitekerezo kuri aya mashusho y’uyu mwana, uyu mukinnyi Victor Boniface, yabaye nk’utebya, avuga ko kuri ayo madolari 100 yaguzwe izo nkweto ze, akwiye guhabwamo icya cumi.

Yagize ati “Ndabinginze munshakire uyu mwana kugira ngo ampe 10% kuri ayo mafaranga.”

U Rwanda kandi ruherutse guhura na Nigeria mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 warangiye Nigeria itsinze Amavubi ibitego 2-0.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 16 =

Previous Post

M23 yatanze umucyo ku bakeka ko kuba yemeye kurekura Walikare izanabikorera ahandi yabohoje

Next Post

Ibiteye amatsiko ku Mu-Dj uri mu bagezweho mu Rwanda uzwiho umwihariko ku Isi

Related Posts

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

by radiotv10
17/10/2025
0

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Bizimana Djihad, yagaragaje ko na bo batishimiye umusaruro babonye mu mikino baherutse gukina, ariko ko basezeranya...

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

by radiotv10
17/10/2025
0

Rutahizamu Fall Ngagne wa Rayon Sports wayifashije mu mwaka w'imikino ushize agashimisha abafana bayo, wari umaze amezi 10 mu mvune,...

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
16/10/2025
0

Ikipe ya Police FC iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda imaze gukinwa iminsi itatu, yatandukanye na Muhadjiri Hakizimana wari...

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

Nyuma yuko Amavubi yongeye gutenguha Abanyarwanda harakurikiraho iki?

by radiotv10
16/10/2025
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yatangaje ko nyuma yuko Ikipe y’Igihugu itsinzwe imikino ibiri yikurikiranya, hagiye gushakwa uburyo hategurwa...

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

Umukinnyi w’umunyempano Djabel utaherukaga kugaragara muri Shampiyona y’u Rwanda agiye kongera kuyikina

by radiotv10
14/10/2025
0

Manishimwe Djabel wanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC yanabereye kapiteni, wari umaze igihe yaragiye...

IZIHERUKA

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta
IBYAMAMARE

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

by radiotv10
18/10/2025
0

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko ku Mu-Dj uri mu bagezweho mu Rwanda uzwiho umwihariko ku Isi

Ibiteye amatsiko ku Mu-Dj uri mu bagezweho mu Rwanda uzwiho umwihariko ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.