Thursday, November 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi uri mu bahangwa amaso ku Isi yageneye ubutumwa abafana bwumvikamo kubihenuraho

radiotv10by radiotv10
20/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi uri mu bahangwa amaso ku Isi yageneye ubutumwa abafana bwumvikamo kubihenuraho
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Brazil Neymar Junior Do Santos ukinira ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yemeje ko azaguma muri iyi kipe uko byamera kose yaba akunzwe cyangwa adakunzwe, mu gihe abafana b’iyi kipe bamaze iminsi barakamejeje basaba ko abavira mu ikipe.

Nubwo ahazaza h’uyu mukinnyi hari hakomeje gutera urujijo nyuma y’uko ananiwe kubahesha igikombe cya Champions League mu mwaka w’imikino ushize nanone, ubu we yakuyeho urujijo.

Neymar Jr yongeye kugira imvune ikomeye yatumye umwaka we w’imikino urangira mu kwezi Kwa Gashyantare 2023 bigatuma ikipe ye isezererwa muri Champions League ndetse no muri shampiyona ikagorwa cyane, abafana bamuteye iwe mu rugo bamusaba ko yabavira mu ikipe ndetse banamubwira ko ntacyo abamariye kuko yananiwe kubaha umusaruro uhagije mu kibuga.

Aganira na Televiziyo ya Caze, agaruka ku hazaza he, Neymar yagize ati “Nzakinira PSG umwaka utaha rwose, mfitanye na yo amasezerano kandi kugeza ubu nta n’umwe mu bayobozi b’ikipe wari wagira icyo ambwira. Njye ndatuje meze neza nubwo nta rukundo ruhagije ruri hagati yanjye n’abafana ndetse yewe n’abakinnyi, nzaguma muri Paris Saint Germain haba hari urukundo cyangwa rudahari.”

Mu minsi ishize, ibinyamakuru bitandukanye byo mu Bwongereza byari byatangaje ko Neymar Jr ashobora kwerekeza mu ikipe ya Chelsea FC ariko bisa nk’ibitaragize imbaraga cyane.

Afitanye amasezerano na PSG azarangira muri 2025 ariko harimo n’undi mwaka ushobora kongerwaho.

Kwemeza ibi kwa Neymar bisobanuye ko agiye kongera gukorana n’umutoza Luis Enrique wahawe akazi ko gutoza PSG, bakaba bagiye kongera gukorana nyuma y’uko babanye muri FC Barcelona nabwo amutoza ndetse bakanatwarana buri gikombe cyose bakiniye mu mwaka wa 2015 harimo La Liga, Champions League ndetse n’igikombe cy’umwami.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 9 =

Previous Post

S.Africa: Ntiharasobanuka neza icyateye iturika ridasanzwe ryabaye bitunguranye

Next Post

IFOTO Y’IBYISHIMO: Perezida Kagame n’abuzukuru yaberetse urwo abakunda

Related Posts

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

by radiotv10
05/11/2025
0

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yakiriye bamwe mu bakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi mu mupira w’amaguru, bagirana ibiganiro byibanze mu bufatanye...

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya APR FC izakira umukino uzayihuza na mucyeba wayo Rayon Sports, yatangaje ibiciro byo kuwinjiramo, aho itike ya macye...

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

by radiotv10
31/10/2025
0

Abakinnyi b’ikipe ya Manchester United bagaragaye bambaye barimbye mu myambaro inogeye ijisho, ubwo bari bitabiriye imyitozo bitegura umukino bafite muri...

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

by radiotv10
31/10/2025
0

Cristiano Ronaldo Junior, imfura ya rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yerekanye imodoka ye ya mbere atunze ku myaka 15...

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

by radiotv10
31/10/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko iperereza ryakorwaga ku bakinnyi b'iyi kipe, Dauda Yussif na Sy Mamadou ku myitwarire idahwite...

IZIHERUKA

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga
IMIBEREHO MYIZA

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

06/11/2025
Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

05/11/2025
Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO Y’IBYISHIMO: Perezida Kagame n’abuzukuru yaberetse urwo abakunda

IFOTO Y'IBYISHIMO: Perezida Kagame n’abuzukuru yaberetse urwo abakunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.