Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi uri mu bahangwa amaso ku Isi yageneye ubutumwa abafana bwumvikamo kubihenuraho

radiotv10by radiotv10
20/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi uri mu bahangwa amaso ku Isi yageneye ubutumwa abafana bwumvikamo kubihenuraho
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Brazil Neymar Junior Do Santos ukinira ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yemeje ko azaguma muri iyi kipe uko byamera kose yaba akunzwe cyangwa adakunzwe, mu gihe abafana b’iyi kipe bamaze iminsi barakamejeje basaba ko abavira mu ikipe.

Nubwo ahazaza h’uyu mukinnyi hari hakomeje gutera urujijo nyuma y’uko ananiwe kubahesha igikombe cya Champions League mu mwaka w’imikino ushize nanone, ubu we yakuyeho urujijo.

Neymar Jr yongeye kugira imvune ikomeye yatumye umwaka we w’imikino urangira mu kwezi Kwa Gashyantare 2023 bigatuma ikipe ye isezererwa muri Champions League ndetse no muri shampiyona ikagorwa cyane, abafana bamuteye iwe mu rugo bamusaba ko yabavira mu ikipe ndetse banamubwira ko ntacyo abamariye kuko yananiwe kubaha umusaruro uhagije mu kibuga.

Aganira na Televiziyo ya Caze, agaruka ku hazaza he, Neymar yagize ati “Nzakinira PSG umwaka utaha rwose, mfitanye na yo amasezerano kandi kugeza ubu nta n’umwe mu bayobozi b’ikipe wari wagira icyo ambwira. Njye ndatuje meze neza nubwo nta rukundo ruhagije ruri hagati yanjye n’abafana ndetse yewe n’abakinnyi, nzaguma muri Paris Saint Germain haba hari urukundo cyangwa rudahari.”

Mu minsi ishize, ibinyamakuru bitandukanye byo mu Bwongereza byari byatangaje ko Neymar Jr ashobora kwerekeza mu ikipe ya Chelsea FC ariko bisa nk’ibitaragize imbaraga cyane.

Afitanye amasezerano na PSG azarangira muri 2025 ariko harimo n’undi mwaka ushobora kongerwaho.

Kwemeza ibi kwa Neymar bisobanuye ko agiye kongera gukorana n’umutoza Luis Enrique wahawe akazi ko gutoza PSG, bakaba bagiye kongera gukorana nyuma y’uko babanye muri FC Barcelona nabwo amutoza ndetse bakanatwarana buri gikombe cyose bakiniye mu mwaka wa 2015 harimo La Liga, Champions League ndetse n’igikombe cy’umwami.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + two =

Previous Post

S.Africa: Ntiharasobanuka neza icyateye iturika ridasanzwe ryabaye bitunguranye

Next Post

IFOTO Y’IBYISHIMO: Perezida Kagame n’abuzukuru yaberetse urwo abakunda

Related Posts

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO Y’IBYISHIMO: Perezida Kagame n’abuzukuru yaberetse urwo abakunda

IFOTO Y'IBYISHIMO: Perezida Kagame n’abuzukuru yaberetse urwo abakunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.