Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi uri mu bahangwa amaso ku Isi yageneye ubutumwa abafana bwumvikamo kubihenuraho

radiotv10by radiotv10
20/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi uri mu bahangwa amaso ku Isi yageneye ubutumwa abafana bwumvikamo kubihenuraho
Share on FacebookShare on Twitter

Umunya-Brazil Neymar Junior Do Santos ukinira ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, yemeje ko azaguma muri iyi kipe uko byamera kose yaba akunzwe cyangwa adakunzwe, mu gihe abafana b’iyi kipe bamaze iminsi barakamejeje basaba ko abavira mu ikipe.

Nubwo ahazaza h’uyu mukinnyi hari hakomeje gutera urujijo nyuma y’uko ananiwe kubahesha igikombe cya Champions League mu mwaka w’imikino ushize nanone, ubu we yakuyeho urujijo.

Neymar Jr yongeye kugira imvune ikomeye yatumye umwaka we w’imikino urangira mu kwezi Kwa Gashyantare 2023 bigatuma ikipe ye isezererwa muri Champions League ndetse no muri shampiyona ikagorwa cyane, abafana bamuteye iwe mu rugo bamusaba ko yabavira mu ikipe ndetse banamubwira ko ntacyo abamariye kuko yananiwe kubaha umusaruro uhagije mu kibuga.

Aganira na Televiziyo ya Caze, agaruka ku hazaza he, Neymar yagize ati “Nzakinira PSG umwaka utaha rwose, mfitanye na yo amasezerano kandi kugeza ubu nta n’umwe mu bayobozi b’ikipe wari wagira icyo ambwira. Njye ndatuje meze neza nubwo nta rukundo ruhagije ruri hagati yanjye n’abafana ndetse yewe n’abakinnyi, nzaguma muri Paris Saint Germain haba hari urukundo cyangwa rudahari.”

Mu minsi ishize, ibinyamakuru bitandukanye byo mu Bwongereza byari byatangaje ko Neymar Jr ashobora kwerekeza mu ikipe ya Chelsea FC ariko bisa nk’ibitaragize imbaraga cyane.

Afitanye amasezerano na PSG azarangira muri 2025 ariko harimo n’undi mwaka ushobora kongerwaho.

Kwemeza ibi kwa Neymar bisobanuye ko agiye kongera gukorana n’umutoza Luis Enrique wahawe akazi ko gutoza PSG, bakaba bagiye kongera gukorana nyuma y’uko babanye muri FC Barcelona nabwo amutoza ndetse bakanatwarana buri gikombe cyose bakiniye mu mwaka wa 2015 harimo La Liga, Champions League ndetse n’igikombe cy’umwami.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

S.Africa: Ntiharasobanuka neza icyateye iturika ridasanzwe ryabaye bitunguranye

Next Post

IFOTO Y’IBYISHIMO: Perezida Kagame n’abuzukuru yaberetse urwo abakunda

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO Y’IBYISHIMO: Perezida Kagame n’abuzukuru yaberetse urwo abakunda

IFOTO Y'IBYISHIMO: Perezida Kagame n’abuzukuru yaberetse urwo abakunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.