Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi wamamaye muri ruhago yahamijwe gusambanyiriza umugore mu bwiherero bw’akabyiniro

radiotv10by radiotv10
22/02/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi wamamaye muri ruhago yahamijwe gusambanyiriza umugore mu bwiherero bw’akabyiniro
Share on FacebookShare on Twitter

Dani Alves wakiniye ikipe ya Barcelone ndetse n’Ikipe y’Igihugu ya Brazil, yakatiwe gufungwa imyaka ine n’igice nyuma yo guhamywa icyaha cyo gukoresha ku gahato imibonano mpuzabitsina umugore mu kabyiniro.

Ni igihano yafatiwe n’Urukiko rwo muri Espagne, ahabereye iki cyaha, aho ako kabyiniro cyabereyemo ari ako muri Barcelona.

Inteko y’abacamanza batatu b’Urukiko rwo ku rwego rw’Intara muri Barcelona, ni rwo rwakatiye uyu mugabo w’imyaka 40 iki gihano cy’igifungo cy’imyaka ine n’amezi atandatu, ndetse no gutanga indishyi y’akababaro y’ibihumbi 150 Euro azahabwa uwakorewe icyaha.

Uru Rukiko kandi rwategetse ko Dani Alves abujijwe kwegera urugo rw’uwo mugore wahohotewe cyangwa aho akorera ndetse no kuba yagerageza kumuvugisha mu gihe cy’imyaka icyenda.

Iki cyaha cyabaye tariki 31 Ukuboza 2022, ngo cyakorewe mu bwiherero bw’abiyubashye bwo muri ako kabyiniro bari bahuriyemo.

Alves ubwo yasomerwaga iki cyemezo, yari ahari ari kumwe n’umunyamategeko we bakurikiranye imikirize y’urubanza, batuje.

David Sáenz, umwe mu bagize itsinda ry’abunganiraga umugore wahohotewe, yagize ati “Turanyuzwe kuko icyemezo gihamije ibyo twari dusanzwe tuzi ko uwahohotewe yatangaje ukuri kandi yarababaye.”

Mu buhamya bwatanzwe n’uwahohotewe na Dani Alves, yavuze ko ibyo yakorewe byabaye mu gitondo cyo ku ya 31 Ukuboza 2022. Urukiko rukaba rwarabashije kugaragaza ko imibonano yakozwe icyo gihe, itari yumvikanyweho, ndetse rukaba rwaranagaragarijwe ubuhamya bushimangira ko yasambanyijwe.

Muri uru rubanza rwabaye mu minsi itatu muri uku kwezi, Dani Alves yahakanye icyaha, aho yagize ati “Njye ntabwo ndi mu bwoko bw’abo bagabo.”

Ubushinjacyaha bwo bwari bwasabiye uregwa igihano cyo gufungwa imyaka icyenda, mu gihe abamwunganira bo basabaga ko igihe yahamwa n’icyaha yahanishwa umwaka umwe no kwishyura indishyi y’ibihumbi 50 Euro. Iki gihano cy’imyaka ine n’amezi atandatu, ni cyo gito kuri iki cyaha yahamijwe.

Dani Alves ubwo yari mu cyumba cy’Urukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Kaminuza y’u Rwanda yumvise ubusabe bw’abanyeshuri bavugaga ko yabatunguje icyemezo

Next Post

Afurika yasabye Congo ibyakunze kugaragazwa n’u Rwanda inagira icyo isaba Ibihugu byombi

Related Posts

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika yasabye Congo ibyakunze kugaragazwa n’u Rwanda inagira icyo isaba Ibihugu byombi

Afurika yasabye Congo ibyakunze kugaragazwa n’u Rwanda inagira icyo isaba Ibihugu byombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.