Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi wamamaye muri ruhago yahamijwe gusambanyiriza umugore mu bwiherero bw’akabyiniro

radiotv10by radiotv10
22/02/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi wamamaye muri ruhago yahamijwe gusambanyiriza umugore mu bwiherero bw’akabyiniro
Share on FacebookShare on Twitter

Dani Alves wakiniye ikipe ya Barcelone ndetse n’Ikipe y’Igihugu ya Brazil, yakatiwe gufungwa imyaka ine n’igice nyuma yo guhamywa icyaha cyo gukoresha ku gahato imibonano mpuzabitsina umugore mu kabyiniro.

Ni igihano yafatiwe n’Urukiko rwo muri Espagne, ahabereye iki cyaha, aho ako kabyiniro cyabereyemo ari ako muri Barcelona.

Inteko y’abacamanza batatu b’Urukiko rwo ku rwego rw’Intara muri Barcelona, ni rwo rwakatiye uyu mugabo w’imyaka 40 iki gihano cy’igifungo cy’imyaka ine n’amezi atandatu, ndetse no gutanga indishyi y’akababaro y’ibihumbi 150 Euro azahabwa uwakorewe icyaha.

Uru Rukiko kandi rwategetse ko Dani Alves abujijwe kwegera urugo rw’uwo mugore wahohotewe cyangwa aho akorera ndetse no kuba yagerageza kumuvugisha mu gihe cy’imyaka icyenda.

Iki cyaha cyabaye tariki 31 Ukuboza 2022, ngo cyakorewe mu bwiherero bw’abiyubashye bwo muri ako kabyiniro bari bahuriyemo.

Alves ubwo yasomerwaga iki cyemezo, yari ahari ari kumwe n’umunyamategeko we bakurikiranye imikirize y’urubanza, batuje.

David Sáenz, umwe mu bagize itsinda ry’abunganiraga umugore wahohotewe, yagize ati “Turanyuzwe kuko icyemezo gihamije ibyo twari dusanzwe tuzi ko uwahohotewe yatangaje ukuri kandi yarababaye.”

Mu buhamya bwatanzwe n’uwahohotewe na Dani Alves, yavuze ko ibyo yakorewe byabaye mu gitondo cyo ku ya 31 Ukuboza 2022. Urukiko rukaba rwarabashije kugaragaza ko imibonano yakozwe icyo gihe, itari yumvikanyweho, ndetse rukaba rwaranagaragarijwe ubuhamya bushimangira ko yasambanyijwe.

Muri uru rubanza rwabaye mu minsi itatu muri uku kwezi, Dani Alves yahakanye icyaha, aho yagize ati “Njye ntabwo ndi mu bwoko bw’abo bagabo.”

Ubushinjacyaha bwo bwari bwasabiye uregwa igihano cyo gufungwa imyaka icyenda, mu gihe abamwunganira bo basabaga ko igihe yahamwa n’icyaha yahanishwa umwaka umwe no kwishyura indishyi y’ibihumbi 50 Euro. Iki gihano cy’imyaka ine n’amezi atandatu, ni cyo gito kuri iki cyaha yahamijwe.

Dani Alves ubwo yari mu cyumba cy’Urukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 9 =

Previous Post

Kaminuza y’u Rwanda yumvise ubusabe bw’abanyeshuri bavugaga ko yabatunguje icyemezo

Next Post

Afurika yasabye Congo ibyakunze kugaragazwa n’u Rwanda inagira icyo isaba Ibihugu byombi

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika yasabye Congo ibyakunze kugaragazwa n’u Rwanda inagira icyo isaba Ibihugu byombi

Afurika yasabye Congo ibyakunze kugaragazwa n’u Rwanda inagira icyo isaba Ibihugu byombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.