Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi wamamaye muri ruhago yahamijwe gusambanyiriza umugore mu bwiherero bw’akabyiniro

radiotv10by radiotv10
22/02/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi wamamaye muri ruhago yahamijwe gusambanyiriza umugore mu bwiherero bw’akabyiniro
Share on FacebookShare on Twitter

Dani Alves wakiniye ikipe ya Barcelone ndetse n’Ikipe y’Igihugu ya Brazil, yakatiwe gufungwa imyaka ine n’igice nyuma yo guhamywa icyaha cyo gukoresha ku gahato imibonano mpuzabitsina umugore mu kabyiniro.

Ni igihano yafatiwe n’Urukiko rwo muri Espagne, ahabereye iki cyaha, aho ako kabyiniro cyabereyemo ari ako muri Barcelona.

Inteko y’abacamanza batatu b’Urukiko rwo ku rwego rw’Intara muri Barcelona, ni rwo rwakatiye uyu mugabo w’imyaka 40 iki gihano cy’igifungo cy’imyaka ine n’amezi atandatu, ndetse no gutanga indishyi y’akababaro y’ibihumbi 150 Euro azahabwa uwakorewe icyaha.

Uru Rukiko kandi rwategetse ko Dani Alves abujijwe kwegera urugo rw’uwo mugore wahohotewe cyangwa aho akorera ndetse no kuba yagerageza kumuvugisha mu gihe cy’imyaka icyenda.

Iki cyaha cyabaye tariki 31 Ukuboza 2022, ngo cyakorewe mu bwiherero bw’abiyubashye bwo muri ako kabyiniro bari bahuriyemo.

Alves ubwo yasomerwaga iki cyemezo, yari ahari ari kumwe n’umunyamategeko we bakurikiranye imikirize y’urubanza, batuje.

David Sáenz, umwe mu bagize itsinda ry’abunganiraga umugore wahohotewe, yagize ati “Turanyuzwe kuko icyemezo gihamije ibyo twari dusanzwe tuzi ko uwahohotewe yatangaje ukuri kandi yarababaye.”

Mu buhamya bwatanzwe n’uwahohotewe na Dani Alves, yavuze ko ibyo yakorewe byabaye mu gitondo cyo ku ya 31 Ukuboza 2022. Urukiko rukaba rwarabashije kugaragaza ko imibonano yakozwe icyo gihe, itari yumvikanyweho, ndetse rukaba rwaranagaragarijwe ubuhamya bushimangira ko yasambanyijwe.

Muri uru rubanza rwabaye mu minsi itatu muri uku kwezi, Dani Alves yahakanye icyaha, aho yagize ati “Njye ntabwo ndi mu bwoko bw’abo bagabo.”

Ubushinjacyaha bwo bwari bwasabiye uregwa igihano cyo gufungwa imyaka icyenda, mu gihe abamwunganira bo basabaga ko igihe yahamwa n’icyaha yahanishwa umwaka umwe no kwishyura indishyi y’ibihumbi 50 Euro. Iki gihano cy’imyaka ine n’amezi atandatu, ni cyo gito kuri iki cyaha yahamijwe.

Dani Alves ubwo yari mu cyumba cy’Urukiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Kaminuza y’u Rwanda yumvise ubusabe bw’abanyeshuri bavugaga ko yabatunguje icyemezo

Next Post

Afurika yasabye Congo ibyakunze kugaragazwa n’u Rwanda inagira icyo isaba Ibihugu byombi

Related Posts

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

by radiotv10
13/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwihanganishije umufana w’iyi kipe uherutse guhohoterwa n’umwe mu bari bashinzwe umutekano kuri sitade, wamukubise umutego. Bikubiye...

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

by radiotv10
13/05/2025
0

Bamwe mu bakozi b’ikipe ya Rayon Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona, barataka inzara ibarembeje kubera kumara igihe kinini badahembwa,...

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

by radiotv10
13/05/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko ryababajwe n’igikorwa cyakozwe n’umwe mu bari bashinzwe umutekano ubwo Rayon Sports yahuraga...

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

by radiotv10
13/05/2025
0

Umutaliyani Carlo Ancelloti uri gusoza inshingano ze nk'umutoza wa Real Madrid, byamaze kwemezwa n'Ikipe y'Igihugu ya Brazil ko ari we...

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

by radiotv10
12/05/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi umusekirite wagaragaye atega umutego umwe mu bafana ba Rayon Sports agasa nk’uguye...

IZIHERUKA

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we
MU RWANDA

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

13/05/2025
Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

13/05/2025
Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

13/05/2025
Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

13/05/2025
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

13/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika yasabye Congo ibyakunze kugaragazwa n’u Rwanda inagira icyo isaba Ibihugu byombi

Afurika yasabye Congo ibyakunze kugaragazwa n’u Rwanda inagira icyo isaba Ibihugu byombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.