Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

radiotv10by radiotv10
04/06/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria
Share on FacebookShare on Twitter

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego zo muri kiriya Gihugu zimwangira kukinjiramo, aho yavuze ko ari ibihano yashyiriweho na we atari azi yamenye akigerayo.

Djabel usanzwe akinira ikipe ya Al-Quwa Al-Jawiya yo muri Iraq, yari mu bakinnyi bahamagawe mu ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yitegura imikino ibiri ya gicuti izakinira muri iki Gihugu n’ikipe yacyo ya Les Fennecs.

Djabel ubwo yari yerecyeje muri iki Gihugu cya Algeria asanze bagenzi be bari baturutse mu Rwanda, yagarukiye ku Kibuga cy’Indege cya Aéroport Algérien d’Alger Houari Boumediene, abwirwa ko yafatiwe icyemezo ko adashobora kwinjira muri iki Gihugu mu gihe cy’imyaka itanu.

Mu kiganiro Djabel yagiranye na RADIOTV10 kuri uyu wa Gatatu, yavuze ko ubwo yabuzwaga kwinjira muri iki Gihugu, na we byamutunguye.

Ati “Kwa kundi bakora controle utanga pasiporo, bambwira ko ntemerewe kwinjira mu Gihugu, mara nk’iminota icumi ntegereje kuko sinari nzi impamvu ntagomba kwinjiramo, bagaruka bambwira ko nabaninzwe [gufatirwa ibihano] ntagomba kwinjira muri Algeria mu gihe cy’imyaka itanu.”

Avuga ko yahise ahamagara bamwe mu bayobozi baherekeje ikipe y’Igihugu y’u Rwanda barimo Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru FERWAFA, akabibamenyesha, ari bwo na bo bahitaga bavugisha Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Algeria, bakababwira ko uyu mukinnyi adashobora kwinjira muri kiriya Gihugu.

Ati “Bavuze ko icyo cyemezo cyafashwe n’Umucamanza w’Ikirenga w’Igihugu, rero ko bigoye ko banyemerera kuko byasaba izindi nzira zo gusubira mu manza ngo icyo gihano wenda kibe cyakurwaho.”

Djabel byose yabitanzeho umucyo

Impamvu y’iki gihano

Djabel Manishimwe wanagarutse ku ntandaro y’ifatwa ry’iki cyemezo kimubuza kwinjira muri Algeria mu gihe cy’imyaka itanu, yavuze ko ubwo yavaga mu ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yerecyeje muri USM Klenchela yo muri Algeria.

Yavuze ko ubwo yageragayo yahawe icyangombwa cyo gutura muri kiriya Gihugu mu gihe cy’amezi atatu, na we agatangira akazi.

Avuga ko amakipe yo muri ibi Bihugu by’Abarabu, adakunze gutanga amafaranga yaguzwe umukinnyi, ahubwo ko bashobora kumuha nk’umushahara w’amezi atatu asa nk’ay’igerageza, ubundi agatangira guhemba bisanzwe nyuma y’ayo mezi.

Ati “Iyo baguhaye ayo mafaranga akenshi bakunze gufata Pasiporo z’abakinnyi kugira ngo utazitahira kuko uba unafite Viza, ushatse wataha ukanabivamo […]”

Djabel avuga ko ubwo ayo mezi atatu yarangiraga yavugishije ubuyobozi bw’iyi kipe kugira ngo yongererwe igihe cyo kuba muri kiriya Gihugu, bukamwizeza ko bwatanze ibyangombwa bye kugira ngo bamuhe visa y’imyaka ibiri.

Ati “Icyo gihe rero narategereje ntekanye kuko naravugaga nti ‘…’ nta gitekerezo cyo kuvuga ko ntayo basabye. Nta gitekerezo nari mfite.’

Avuga ko atigeze abyinjiramo kuko iyi kipe yari yamwizeje ko yatanze ibyo byangombwa ngo ahabwe Visa, we akikomereza akazi, ndetse iyi kipe ikaza guhindura umutoza wanaje agashaka kumuhindura avuga ko yazana undi mukinnyi wakina mu mwanya we, ariko ubuyobozi bw’iyi kipe bubanza kukabyanga, bukemeza ko ayigumamo ariko akagabanyirizwa umushahara, we akabitera utwatsi.

Ibi byatumye bemeranya gutandukana. Ati “Mu kwemeranya ko tugomba gutandukana, ngiye gutaha, ku kibuga cy’Indege cya Algeria nsanga nta Visa mfite, maze amezi atatu ndi kuba mu Gihugu mu buryo buri forode, banyangira gutaha, tike yanjye bayikuraho.”

Ubwo itike ye yakurwagaho, urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Algeria rwahamagaye ubuyobozi bw’ikipe yakiniraga bari bamaze gutandukana, ndetse bikagaragara ko ari bwo bwakoze amakosa bunishyura amafaranga y’amande kugira ngo asohoke mu Gihugu.

Avuga ko amakuru yamenye nyuma ari uko itegeko ry’abinjira n’abasohoka muri Algeria riteganya ko iyo warengeje amezi atatu udafite Visa, wishyuzwa amande y’amadolari 600 bakakureka ugataha ndetse ntihagire indi nkurikizi ku buryo wazasubirayo igihe ubishakiye, cyangwa ukishyura amadolari 150 ariko ugashyirirwaho ibihano.

Ati “Ibyo biganiro byose njye ntabyo nari nzi, ni ikipe yabiganiragaho n’Urwego rushinzwe Abinjira n’abasohoka.”

Djabel avuga ko n’imanza zabayeho nyuma atari we wagombaga kuzijyamo, ahubwo ko zakurikiranywe n’iriya kipe, ari na bwo yacibwaga ayo mande y’amadolari 150, ariko ashyirirwaho ibyo bihano, ariko ko na we atigeze abimenya.

Ati “Ejobundi rero bampamagara nta makuru nari mfite. Amakuru nayamenye ngeze ku kibuga cy’indege, ni na bwo bansobanuriye, bambwira ibyo by’amadolari 600, iby’ayo 150.”

Uyu mukinnyi avuga ko na we ubwe agiye gukurikirana iby’ibi bihano yafatiwe kuko itegeko ribimwerera kugira ngo abikurirweho.

Umukinnyi w’Ikipe y’Igihuhu, Manishimwe Djabel
Yaganiriye na RADIOTV10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − fifteen =

Previous Post

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

Next Post

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.