Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

radiotv10by radiotv10
04/06/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria
Share on FacebookShare on Twitter

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego zo muri kiriya Gihugu zimwangira kukinjiramo, aho yavuze ko ari ibihano yashyiriweho na we atari azi yamenye akigerayo.

Djabel usanzwe akinira ikipe ya Al-Quwa Al-Jawiya yo muri Iraq, yari mu bakinnyi bahamagawe mu ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yitegura imikino ibiri ya gicuti izakinira muri iki Gihugu n’ikipe yacyo ya Les Fennecs.

Djabel ubwo yari yerecyeje muri iki Gihugu cya Algeria asanze bagenzi be bari baturutse mu Rwanda, yagarukiye ku Kibuga cy’Indege cya Aéroport Algérien d’Alger Houari Boumediene, abwirwa ko yafatiwe icyemezo ko adashobora kwinjira muri iki Gihugu mu gihe cy’imyaka itanu.

Mu kiganiro Djabel yagiranye na RADIOTV10 kuri uyu wa Gatatu, yavuze ko ubwo yabuzwaga kwinjira muri iki Gihugu, na we byamutunguye.

Ati “Kwa kundi bakora controle utanga pasiporo, bambwira ko ntemerewe kwinjira mu Gihugu, mara nk’iminota icumi ntegereje kuko sinari nzi impamvu ntagomba kwinjiramo, bagaruka bambwira ko nabaninzwe [gufatirwa ibihano] ntagomba kwinjira muri Algeria mu gihe cy’imyaka itanu.”

Avuga ko yahise ahamagara bamwe mu bayobozi baherekeje ikipe y’Igihugu y’u Rwanda barimo Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru FERWAFA, akabibamenyesha, ari bwo na bo bahitaga bavugisha Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Algeria, bakababwira ko uyu mukinnyi adashobora kwinjira muri kiriya Gihugu.

Ati “Bavuze ko icyo cyemezo cyafashwe n’Umucamanza w’Ikirenga w’Igihugu, rero ko bigoye ko banyemerera kuko byasaba izindi nzira zo gusubira mu manza ngo icyo gihano wenda kibe cyakurwaho.”

Djabel byose yabitanzeho umucyo

Impamvu y’iki gihano

Djabel Manishimwe wanagarutse ku ntandaro y’ifatwa ry’iki cyemezo kimubuza kwinjira muri Algeria mu gihe cy’imyaka itanu, yavuze ko ubwo yavaga mu ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yerecyeje muri USM Klenchela yo muri Algeria.

Yavuze ko ubwo yageragayo yahawe icyangombwa cyo gutura muri kiriya Gihugu mu gihe cy’amezi atatu, na we agatangira akazi.

Avuga ko amakipe yo muri ibi Bihugu by’Abarabu, adakunze gutanga amafaranga yaguzwe umukinnyi, ahubwo ko bashobora kumuha nk’umushahara w’amezi atatu asa nk’ay’igerageza, ubundi agatangira guhemba bisanzwe nyuma y’ayo mezi.

Ati “Iyo baguhaye ayo mafaranga akenshi bakunze gufata Pasiporo z’abakinnyi kugira ngo utazitahira kuko uba unafite Viza, ushatse wataha ukanabivamo […]”

Djabel avuga ko ubwo ayo mezi atatu yarangiraga yavugishije ubuyobozi bw’iyi kipe kugira ngo yongererwe igihe cyo kuba muri kiriya Gihugu, bukamwizeza ko bwatanze ibyangombwa bye kugira ngo bamuhe visa y’imyaka ibiri.

Ati “Icyo gihe rero narategereje ntekanye kuko naravugaga nti ‘…’ nta gitekerezo cyo kuvuga ko ntayo basabye. Nta gitekerezo nari mfite.’

Avuga ko atigeze abyinjiramo kuko iyi kipe yari yamwizeje ko yatanze ibyo byangombwa ngo ahabwe Visa, we akikomereza akazi, ndetse iyi kipe ikaza guhindura umutoza wanaje agashaka kumuhindura avuga ko yazana undi mukinnyi wakina mu mwanya we, ariko ubuyobozi bw’iyi kipe bubanza kukabyanga, bukemeza ko ayigumamo ariko akagabanyirizwa umushahara, we akabitera utwatsi.

Ibi byatumye bemeranya gutandukana. Ati “Mu kwemeranya ko tugomba gutandukana, ngiye gutaha, ku kibuga cy’Indege cya Algeria nsanga nta Visa mfite, maze amezi atatu ndi kuba mu Gihugu mu buryo buri forode, banyangira gutaha, tike yanjye bayikuraho.”

Ubwo itike ye yakurwagaho, urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Algeria rwahamagaye ubuyobozi bw’ikipe yakiniraga bari bamaze gutandukana, ndetse bikagaragara ko ari bwo bwakoze amakosa bunishyura amafaranga y’amande kugira ngo asohoke mu Gihugu.

Avuga ko amakuru yamenye nyuma ari uko itegeko ry’abinjira n’abasohoka muri Algeria riteganya ko iyo warengeje amezi atatu udafite Visa, wishyuzwa amande y’amadolari 600 bakakureka ugataha ndetse ntihagire indi nkurikizi ku buryo wazasubirayo igihe ubishakiye, cyangwa ukishyura amadolari 150 ariko ugashyirirwaho ibihano.

Ati “Ibyo biganiro byose njye ntabyo nari nzi, ni ikipe yabiganiragaho n’Urwego rushinzwe Abinjira n’abasohoka.”

Djabel avuga ko n’imanza zabayeho nyuma atari we wagombaga kuzijyamo, ahubwo ko zakurikiranywe n’iriya kipe, ari na bwo yacibwaga ayo mande y’amadolari 150, ariko ashyirirwaho ibyo bihano, ariko ko na we atigeze abimenya.

Ati “Ejobundi rero bampamagara nta makuru nari mfite. Amakuru nayamenye ngeze ku kibuga cy’indege, ni na bwo bansobanuriye, bambwira ibyo by’amadolari 600, iby’ayo 150.”

Uyu mukinnyi avuga ko na we ubwe agiye gukurikirana iby’ibi bihano yafatiwe kuko itegeko ribimwerera kugira ngo abikurirweho.

Umukinnyi w’Ikipe y’Igihuhu, Manishimwe Djabel
Yaganiriye na RADIOTV10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − one =

Previous Post

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

Next Post

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Related Posts

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

Imiterere mishya ya Kylian Mbappe iteye impungenge abafana ba Real Madrid, nyuma yo gutakaza ibilo bitanu kubera uburwayi bwa virusi,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

by radiotv10
25/06/2025
0

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC yigeze kubera kapiteni, yavuze ko igihe yazajya mu yindi kipe, bigoye ko yazasubira...

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

by radiotv10
23/06/2025
0

Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika (Continental Cup) mu mukino wa Beach Volleyball rigiye kubera muri Morocco, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.