• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi w’umuhanga utarakunze guhirwa n’amakipe mu Rwanda aravugwaho amakuru meza

radiotv10by radiotv10
15/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi w’umuhanga utarakunze guhirwa n’amakipe mu Rwanda aravugwaho amakuru meza
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wo hagati Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu wanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda arimo APR FC yavuyemo nabi, biravugwa ko narangiza amasezerano muri AS Kigali akinira ubu, yakwerecyeza mu ikipe ikomeye muri Tanzania.

Niyonzima Olivier Sefu ujya anahamagarwa mu ikipe y’Igihugu Amavubi ariko ikaba yarigeze kumuhagarika mu buryo butavuzweho rumwe, azarangiza amasezerano ye muri AS Kigali muri uyu mwaka.

Amakuru agera kuri RADIOTV10 mu ishami rya Siporo, aravuga ko nyuma yo kurangiza amasezerano muri iyi kipe y’abanyamujyi, yakwerecyeza muri Simba SC yo muri Tanzania.

Uwaduhaye amakuru, avuga ko iyi kipe ikomeye muri Tanzania no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, iri gushaka uburyo bwose yazana uyu mukinnyi w’Umunyarwanda Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu.

Umutoza Robertihno babanye muri Rayon Sports ubu utoza iyi kipe yo muri Tanzania, yifuje Sefu agitoza Vipers ariko baza kunaniranwa ku mafaranga.

Uyu mutoza yamaze gutanga urutonde rw’abakinnyi yifuza muri iyi kipe, ruriho uyu Munyarwanda Sefu uzwiho ubuhanga bwihariye ku mwanya akinaho wo hagati mu kibuga.

Amakuru avuga ko Simba izatanga ibikenewe byose kugira ngo yegukane Niyonzima Olivier Sefu ayifashe mu mwaka w’imikino utaha.

Simba SC ishobora kwerecyezamo Sefu, yanyuzemo abakinnyi batatu bakanyujijeho muri Shampiyona y’u Rwanda, nka Meddie Kagere, Haruna Niyonzima ndetse na nyakwigendera Mafisango Patrick.

Wasili UWIZEYIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + two =

Previous Post

Nyabugogo: Umugabo yapfuye urupfu rutunguranye rwateye urujijo benshi

Next Post

MTN Rwanda yahembye amatsinda atanu y’abagore yo kugurizanya yahawe abarirwa muri za miliyoni

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
MTN Rwanda yahembye amatsinda atanu y’abagore yo kugurizanya yahawe abarirwa muri za miliyoni

MTN Rwanda yahembye amatsinda atanu y’abagore yo kugurizanya yahawe abarirwa muri za miliyoni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.